Sinshobora se kugenza uko nshaka mu byanjye?

KU WA GATATU W’ICYUMWERU CYA 20 GISANZWE-B

Ku ya 22 Kanama 2012: Umunsi wibukwa wa Bikira Mariya Umwamikazi (Marie-Reine)

AMASOMO: Ezekiyeli 34,1-11; Matayo 20, 1-16a

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹SINSHOBORA SE KUGENZA UKO NSHAKA MU BYANJYE? CYANGWA SE UNDEBYE NABI KUKO NGIZE NEZA?››

Uyu munsi Yezu aracira abigishwa be umugani werekana ko impuhwe n’ubugiraneza bikorera mu bwigenge busesuye biri mu by’ingenzi biranga Ingoma y’Ijuru. Ibyo arabibumvisha abacira umugani w’umukoresha ubwe wararitse abakozi b’umubyizi ariko ku masaha anyuranye. Umunsi warangiye batakoze amasaha angana. Ariko bose bahabwa igihembo kingana bari basezeranye na we. Ibyo byarakaje abari bahereye mu gitondo bakora. Batumva ukuntu igihembo cyabo cyangana n’abakoze isaha imwe, kandi bo bakoze umunsi wose. Nyamara Umukoresha yaberetse ko ntacyo yabarenganyijeho. Kuko yubahirije isezerano ry’igihembo bari bavuganye. Maze yongeraho amagambo yo kumvisha buri wese muri abo ko afite uburenganzira busesuye bwo kugira neza. Maze abimubwira agira ati ‹‹sinshobora se kugenza uko nshaka mu byanjye? Cyangwa se undebye nabi kuko ngize neza?››

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aratugenderera none aturarikira gukorera Ingoma y’Ijuru atitaye ku masaha turi bukore. Mu Ngoma ye y’Urukundo, Impuhwe n’Ubwigenge busesuye, icya ngombwa si amasaha. Ahubwo icya ngombwa ni ugushaka kwiza umuntu agira ko kwitaba Nyagasani n’umutima mwiza, akaza wese kandi akaza uko ari. Maze agakoresha imbaraga ze zose z’umutima, z’ubwenge cyangwa z’umubiri. Koko rero Ibihembo abandi bahabwa mu Ngoma y’Ijuru uko byaba bimeze kose ntacyo biturebaho. Icyangobwa ni ukureba umugabane wawe kandi ukanyurwa na wo ukakuzuza ibyishimo n’ibisingizo. Nk’uko tubizi kandi iyo Ngoma y’Ijuru itangirira hano munsi (Lk 17, 20-21). Kuko iyo Ngoma y’Ijuru ni Yezu Kristu ubwe wapfuye akazuka twakira akabana natwe, akagumana natwe, agatura muri twe (Yh 1,14; Lk 24,29; Mt 28,20; Mk 16,20).

Kubera iyo mpamvu rero, mu byo dukorera byose Ingoma y’Ijuru n’umuganura tubironkeramo ugizwe ahanini n’amahoro, ibyishimo, urukundo n’ibindi byiza turonka bikomoka ku Mana Data Umubyeyi w’ikitwa ikiza cyose, muri ibyo byiza byose, buri wese agomba kurangwa no gufatanya n’abandi kogeza Nyagasani n’umutima we wose, aho kurangara arebuza ibyo Nyagasani yahaye bagenzi be. Bimwe mu byiza by’Ingoma y’Ijuru ni uko abayirimo basingiriza Nyagasani ibyiza yahaye Kiriziya ye batitaye ku izina ryabihawe. Maze n’uhawe ibyo byiza akumva atabihawe kuko yitwa kanaka. Ahubwo ko yabihawe nk’urugingo rw’umubiri umwe tugize wa Kristu. Bityo iyo mpano y’Ijuru ntayihindure iy’ijoro ayikangisha abandi. Ahubwo ikaba intwaro y’urumuri ikangura abasinziriye ngo bakangukire gukorera Ingoma y’ukuri, ubutabera, urukundo, amahoro, ibyishimo…dukesha Yezu Kristu wapfuye akazuka.

Ariko akenshi usanga tutarinjira muri iryo banga ry’Ingoma y’Ijuru uko bikwiye. Niyo mpamvu Yezu aje adusanga none ngo atwigishe, aduhe urugero, kandi aduhe iyo ngabire. Koko rero turayikeneye. Kuko mu mpano za kamere cyangwa ndengakamere twahawe n’Ijuru ku buntu ngo dukorere Ingoma ya Kristu, usanga akenshi tutabyitwaramo neza. Ku buryo usanga imitima yacu ihora ishengurwa n’ineza Yezu Kristu yagiriye uyu n’uyu akamuha ubutumwa ubu n’ubu. Maze aho kugira ngo dushishikare dukoresha ibyo natwe twahawe twubaka Ingoma y’urukundo. Ugasanga dushishikajwe n’imbaraga zacu zose gusenya ibyo kanaka akorera Kristu Yezu. Ugasanga Ijambo ry’Imana riratwuzurizwaho aho batubwira bati ‹‹ariko niba mu mutima wanyu huzuyemo ishyari rikabije n’ubucabiranya, ntimukirate cyangwa ngo mubeshye muhinyura ukuri. Ubwo buhanga ntibukomoka mu Ijuru; ahubwo ni ubw’isi, bukaba ubw’inyamaswa n’ubwa Sekibi. Koko rero ahari ishyari n’ubucabiranya, haba umuvurungano n’ibikorwa bibi by’amoko yose›› (Yk 3, 14-16).

Mu gihe tukibaza tuti ‹‹ ariko se rwose kuki twitwara gutyo, tukagirira nabi abantu tutabaziza inabi bagize, ahubwo tubaziza ineza yezu yabagiriye?›› Ubwo Roho wa Yezu ahita adusubiza ati ‹‹amakimbirane akomoka he? Cyangwa se intambara muri mwe zituruka he? Aho ibyo byose ntibyaba bituruka ku byifuzo byanyu, birwanira mu myanya y’umubiri wanyu? Murararikira, ariko ntimugire icyo mutunga; muri abicanyi n’abanyeshyari, nyamara nta cyo muronka; murarwana kandi mukavurungana, ariko ntimugire icyo mugeraho kuko mutazi gusaba. Murasaba ariko ntimuronke, kuko ugusaba kwanyu nta kindi kugamije uretse gutagaguza ibyifuzo byanyu. Mwa basambanyi mwe, ntimuzi se ko kuba incuti y’isi ari ukuba umwanzi w’Imana? Ushaka kuba incuti y’isi, aba abaye umwanzi w’Imana.›› (Yk 4, 1-4).

Ingabire yo kuragira intama za Kristu ikaba iri muzirebwa n’iyi ngingo ku buryo bwihariye nk’uko Isomo rya mbere rya none ribivuga. Koko rero, kuba Umusaseridoti ni ibanga rikomeye ry’Ubwitange n’ubwicishe bugufi (Yh 13, 1-20; Mt 20,28; 1 Tes 2,3-8). Iyo uhawe ubwo butumwa atabyumvise atyo, byanze bikunze isomo rya mbere rimwuzurizwaho. Gutwarisha abo ashinzwe igitugu, kutita ku mukiro wa roho z’abo ashinzwe ahubwo ku nyungu ze bwite ari inziza n’imbi. Ndetse akagera aho akora ibyaha n’abapagani batinya. Dusabire abashumba bose kwigana uwabatoye. Kandi Yezu Kristu akomeze atabare Diyosezi ze n’amaparuwasi ye ayaha abashumba banyuze umutima we (Yer 3,15). Ariko na twe abasaseridoti uyu munsi twoye kwibabarira. Ahubwo twibaze mu kuri ibibazo bidufasha kwakira Yezu none: jyewe kanaka ndi ‹‹umushumba›› uteye ute? Izo naragijwe nziragiye nte? Ibyo ari byo byose kwitwara gishimusi mu ntama za Nyagasani ni akaga gakomeye Kiliziya iba igushije. Kuko bikururira amakuba ubikora. Bikanasenya Umuryango w’Abakristu ku buryo bugaragara. Tujye tuzirikana amaraso Yezu yameneye buri wese. Maze duharanire ko buri wese arokoka. Bityo Amaraso ya Kristu twoye kuyapfusha ubusa (Intu 20,28). Amasengesho ya Kiriziya yose agomba kwerekeza muri iyo Nzira y’Umukiro wa bose. Kuko ari byo Data wo mu Ijuru ashaka (1 Tim 2,4).

Niyo mpamvu Nyagasani Yezu wapfuye akazuka aje adusanga none ngo aduhe gukora uko abishaka muri Kiriziya Ntagatifu Gatolika. Arashaka ko dufasha hasi amashyari aturanga kenshi mu butumwa bunyuranye dushingwa na we. Kuko kuri We icy’ingenzi si ugushingwa imirimo y’ikirenga iyi n’iyi. Ahubwo icy’ingenzi ni ugukorana ubwicishe bugufi, ubwitange n’ubudahemuka, nk’uko yabiduhayeho urugero (Fil 2, 5-11; Mt 20, 24-28). Umubyeyi Bikira Mariya nadusabire twese gukorera Kristu twizihiwe. Kandi aduhe gushimishwa n’ibyo Kristu akorerwa muri Kiriziya ye na bagenzi bacu abo ari bo bose. Ibisingizo nibiharirwe Yezu Kristu wapfuye akazuka we wahawe na Se ububasha mu Ijuru no ku isi.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

Ezekiyeli 28,1-10

ISOMO RYO MU GITABO CY’UMUHANUZI EZEKIYELI 28,1-10

Uhoraho ambwira iri jambo, ati “Mwana w’umuntu, bwira icyo gikomangoma cy’i Tiri, uti ‘Dore uko Nyagasani Uhoraho avuze:

Kubera uko umutima wawe wirase, ukaba waravuze ngo: Ndi imana, nganje mu nyanja rwagati; nyamara kandi uri umuntu nturi Imana, n’ubwo wigereranya n’Imana bwose. Wigize umuhanga utambutse Daneli, dore ngo ko nta banga ujya uyoberwa. Kubera ubuhanga n’ubwenge ufite, wagwije umutungo, zahabu na feza ubihunika mu bubiko bwawe. Ubwenge bwawe n’ubucuruzi, byatumye wongera umutungo wawe, maze ubukire bwawe butera umutima wawe kwikuza! Ni yo mpamvu Nyagasani Uhoraho avuze ati ‘Kuko wigereranyije n’Imana, ngiye kuguteza abanyamahanga b’ababisha kurusha abandi. Bazakura inkota barwanye ubwo buhanga bwawe, icyubahiro cyawe bagihindanye. Bazakuroha mu rwobo, maze upfire rubi mu nyanja nyirizina.’ Uzongera se uvuge ngo: Ndi Imana, igihe abishi bawe bazaba bagusatiriye? Oya da! Nturi Imana, ahubwo uri umuntu, ndetse uri mu maboko y’abagusogota. Uzapfa urw’abatagenywe ugwe mu maboko y’abanyamahanga, kuko jyewe Uhoraho ari ko navuze.'”

Matayo 19,23-30

IVANJILI YA MATAYO 19,23-30

Nuko Yezu abwira abigishwa be ati “Ndababwira ukuri: kwinjira mu Ngoma y’ijuru biraruhije ku mukungu! Koko nongere mbibabwire: byoroheye ingamiya guca mu mwenge w’urushinge kurusha uko byoroheye umukungu kwinjira mu Ngoma y’ijuru.” Abigishwa bumvise ayo magambo, baratangara cyane, barabaza bati “Ni nde ubasha kurokoka?” Yezu arabitegereza maze arababwira ati “Ku bantu ntibishoboka, ariko ku Mana byose birashoboka.” Nuko Petero araterura, aramubwira ati “Nkatwe twaretse byose tukagukurikira, tuzamera dute?” Yezu arabasubiza ati “Ndababwira ukuri: mwebwe mwankurikiye, igihe byose bizavugururwa, igihe Umwana w’umuntu azab aganje ku ntebe ye y’ikuzo, namwe muzicara ku ntebe cumi n’ebyiri mutegeke imiryango cumi n’ibiri ya Israheli; n’umuntu wese uzaba yararetse amazu, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa se, cyangwa nyina, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, abitewe n’izina ryanjye, azabisubizwa incuro ijana kandi azatunga ubugingo bw’iteka. Abenshi mu ba mbere bazaba aba nyuma, n’abenshi mu ba nyuma bazaba aba mbere.

Uzagira icyo yigomwa abitewe n’izina ryanjye azatunga ubugingo bw’iteka

KU WA KABIRI W’ICYUMWERU CYA 20 GISANZWE
Ku ya 21 Kanama 2012

AMASOMO: Ezekiyeli 28, 1-10; Zaburi (Ivug 32); Matayo 19, 23-30

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

UZAGIRA ICYO YIGOMWA ABITEWE N’IZINA RYANJYE, AZABISUBIZWA INCURO IJANA, KANDI AZATUNGA UBUGINGO BW’ITEKA.

Kuri uyu munsi Yezu Kristu arasubiza ikibazo gikomereye abigishwa be cyo kumenya uko bizabagendekera bo biyemeje gusiga byose na bose ngo bamukurikire. Nyuma y’uko umusore w’umukungu bimunaniye kwifatanya na bo kubera gukunda ibintu. Yezu aratangariza abigishwa be ko bikomereye umukungu kwinjira mu ngoma y’ijuru. Ku buryo rwose byoroheye ingamiya kwinjira mu mwenge w’urushinge kurusha uko byoroheye umukungu kwinjira mu ngoma y’Ijuru. Abigishwa bumvise ayo magambo bakutse umutima bibaza uzarokoka. Ariko Yezu ababwira ko ku bantu bidashoboka. Ariko ko ku Mana bishoboka. Ni bwo bibarizaga na bo ubwabo uko bizabagendekera. Maze Yezu ababwira ko umuntu wese wasize umuryango we cyangwa ibintu yari atunze akamukurikira, azabihabwa incuro ijana kandi atunge ubugingo bw’iteka.

Natwe rero Yezu aje adusanga ngo atumare impungenge mu byo tumukorera byose. Nta na kimwe atabona. Ntibishobora na rimwe kuba imfabusa. Ahubwo azabidutuburira incuro nyinshi zose nziza zishoboka kandi zikwiriye kandi zidutunganiye. Koko rero nk’uko Yezu yigeze kubyigisha, ushaka kumukurikira wese agomba kugira ibyo yigomwa n’abo yigomwa (Luka 14,25-27). Ibyo umwigishwa wese wa Yezu ahamagarirwa kwigomwa mbere na mbere ni ibyaha n’inyungu zabyo z’isi, ni abanyabyaha n’impano zabo zisenya roho. Uwa Yezu Kristu amuhitamo rwose. Maze agasezerera ibyo Yezu yanga bibi byose. Uwa Kristu icyo agamije ni ugushimisha Kristu wamubambiwe ku musaraba. Maze ibyo bigatuma yigobotora ingoyi y’irari ry’umubiri, abatazi Yezu boramiramo (Gal 5,24; Rom 8,5-6). Ariko Uwa Kristu yigomwa n’ibyiza yahawe ( imbaraga ze, ubwenge, igihe cye, umutungo…) kugira ngo yubake Kiriziya ya Kristu Yezu. Kandi kugira ngo Inkuru Nziza y’Umukiro igere kuri bose (Mt 28,19-20; 2 Kor 9,7-8; Mt 10, 40-42). Uwa Kristu yigomwa incuti ze n’umuryango we iyo bibaye ngombwa, kugira ngo abone uko akorera Kristu. Asiga umugore n’abana mu gihe runaka, maze akajya mu butumwa ubu n’ubu cyangwa akajya mu isengesho iri n’iri. Abo bose Yezu aje kubahumuriza none ngo bumve ko bataruhira ubusa. Bityo niba bari no mu bitotezo babashe kubyiyumanganya. Bumva neza ko Yezu Kristu wapfuye akazuka ari kumwe na bo iminsi yose.

Ariko ku buryo bwihariye Yezu uyu munsi arasanga abamuhaye ubuzima bwabo bwose kugira ngo abahumurize: abihayimana muri rusange, abapadiri, abafurere, ababikira. Abo bose Yezu Kristu wapfuye akazuka aje abasanga none ngo abakomeze mu muhamagaro wabo. Uwibazaga ati ‹‹none naba nararuhiye ubusa cyangwa naba nsaziye ubusa?››, Yezu Kristu aje none kumwibutsa ibyiza by’agatangaza bimuteguriwe. Bityo abonereho kurushaho gukomera ku ibanga ry’ubudahemuka, yizeye ko amasezerano ya Yezu Kristu wapfuye akazuka ari ukuri. Yezu Kristu wapfuye akazuka kandi aratambuka none areshya abandi ngo bahitemo kumwirundurira. Kuko abamukunze urukundo rwihariye, na we abakunda urundi bwikube inshuro nyinshi kandi mu bihe bidashira. Yezu Kristu rero araguhamagara rubyiruko. Akeneye abakenura ubushyo bwe. Akeneye abemera kwereka isi ko ari muzima rwose, kandi ko akwiriye gukundwa kuruta umugore cyangwa umugabo n’abana. Koko iyo uhaye ubuzima bwawe Yezu utamuryarya, na we aguha umunezero uruta uwo umuntu wahitamo na we akaguhitamo ashobora kuguha. Kandi ibanga rikuru ry’Ibyishimo bya Kristu ni uko bihoraho iteka, ni UBUGINGO BW’ITEKA. Nta mukunzi wa hano ku isi ushobora guha uwo akunda ubugingo bw’iteka. Nyamara Yezu Kristu we ni yo mpano nkuru azigamiye abamuha umutima wabo, atari uko banze abandi bakunzi. Ahubwo ari ukugira ngo mu mutima wabo hisanzuremo abakristu bose. Kandi na bo bagire umutima wuje ubwigenge wo gukunda bose urukundo rwa Yezu Kristu rugamije guha bose ubugingo buharaho (1 Kor 7, 33-34).

Yezu Kristu rero aragenderera none Kiriziya ye yose kugira ngo ayikomeze muri iyo ngabire yo kumwiyegurira. Bityo ingoyi zose z’urukundo rw’amaraha n’amarangamutima zari zitangiye kwirema hagati y’abihayimana n’abagore cyangwa abagabo zicibwe uyu munsi n’Umusaraba Mutagatifu wa Yezu. Kandi abagore n’abagabo, abasore n’inkumi b’abakristu bumve ko bagomba gufasha abihayimana gukomeza inzira batangiye. Kwiha Imana ihoraho ni ukwigomwa urukundo rw’umugore n’umugabo kugira ngo Kristu ari we uhabwa uwo mwanya wari ugenewe kanaka cyangwa nyirakanaka. Iyo rero amarangamutima yatangiye gututumba, maze umuntu agatangira kugurumana urukundo rw’umugore cyangwa umugabo kandi ataretse no kwitwa uwihayimana, ubwo ake kaba kashobotse. Imyitwarire nk’iyo yo gutwarwa n’amarangamutima adutandukanya na Alitari Ntagatifu ntizigera ibura mu nsi y’izuba. Nyamara hagowe uwo bizaturukaho (Lk 17,1-2). Yezu Kristu wapfuye akazuka uyu munsi aratwinginga ngo duhe abageni be amahoro. Kandi abo tubona batangiye gutana aho kurushaho kubatakaza. Tubagarurishe urugero rwacu rwiza, inama nziza n’isengesho.

Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe twese kwemera kurekura ibibi byose kubera Kristu. Nadufashe kwemera kwigomwa ibyiza byose bishoboka kubera Kristu. Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe gutandukana n’abadukoresha ibibi bose kubera Kristu. Umubyeyi Bikira Mariya nadufashe kwigomwa abeza bose tugomba kwigomwa kubera Kristu. Bikira Mariya nafashe urubyiruko Kristu ahamagara mu bihayimana kudatinya kumwirekurira. Bikira Mariya nafashe Abihayimana kwishimira umugabane beguriwe. Bityo boye kurarikira gusangira na Sekibi ku meza y’ibyaha bye. Ahubwa bahore bahimbazwa na Yezu Kristu wapfuye akazuka uhora abiha wese mu Ukaristiya. Bityo Kiriziya ya Kristu ihore yizihiwe no kumusingiriza mu bihayimana yamutuyeho ituro. Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.