1 Abanyakorinti 8,1-7.10-13

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti 8,1-7.10-13

Bavandimwe, ku byerekeye inyama zatuwe ibigirwamana ni koko: twese tubifitemo ubujijuke (nk’uko mubivuga). Nyamara ubumenyi butera kwirata, naho urukundo rukajijura. Niba hari uwibwira ko hari icyo azi, ntarageza aho kumenya uko bikwiye. Ariko niba hari ukunda Imana, uwo nguwo azwi n’Imana. None se byaba byemewe kurya inyama zatuwe ibigirwamana? Tuzi ko nta kigirwamana kibaho ku isi, kandi ko nta yindi mana iriho, usibye Imana imwe rukumbi. Koko n’ubwo hariho ibyitwa imana byinshi mu ijuru no ku isi – koko kandi ibigirwamana n’ibikomerezwa ntibibarika! – kuri twe habaho Imana imwe, ari yo Mubyeyi byose biturukaho, ari na Yo tugana; hakabaho na Nyagasani umwe Yezu Kristu, ari We ubeshaho byose natwe tukabeshwaho na We. Ariko bose si ko babafitemo ubujijuke. Hariho bamwe bakiva mu by’ibigirwamana, maze baba bariye inyama zabituwe, umutimanama wabo udakomeye ukabemeza ko bahumanye. Koko se umunyantege nke aramutse akubonye urira mu ngoro y’ibigirwamana, kandi witwa ko ujijutse, ntiyaboneraho akarya izo nyama zatuwe ibigirwamana, kandi umutima we utabimwemerera? Bityo rero ubujijuke bwawe buzaba bugushije umunyantege nke, kandi ari umuvandimwe Kristu yapfiriye. Muri uko gucumurira abavandimwe banyu mubakomeretsa ku mutima usanzwe udakomeye, ubwo ni Kristu muba mucumuriye. Kubera iyo mpamvu, niba ibyo kurya bigusha umuvandimwe wanjye, nzazinukwa inyama burundu, aho kugusha umuvandimwe wanjye.

Ivanjili ya Luka 6,27-38

Ivanjili ya Mutagatifu Luka 6,27-38

Muri icyo gihe, Yezu abwira rubanda ati “Mwe munyumva reka mbabwire: nimujye mukunda abanzi banyu, mugirire neza ababanga; mwifurize ineza ababavuma, musabire abababeshyera. Nihagira ugukubita ku itama, umutege n’irindi. Nihagira ukwambura igishura cyawe, ntumwime n’ikanzu yawe. Ugusabye wese ujye umuha, n’ukwambuye icyawe ntukakimwake. Kandi uko mushaka ko abandi babagirira, abe ari na ko namwe mubagirira. “Niba mwikundiye ababakunda gusa mwabishimirwa mute, ko n’abanyabyaha bakunda ababakunda? Bisubiye kandi, niba mugirira neza ababagirira neza namwe, mwabishimirwa mute, ko n’abanyabyaha babigenza batyo? Kandi nimuguriza gusa abo mwizeye ko bazabishyura, mwabishimirwa mute? Abanyabyaha bo ntibaguriza abandi banyabyaha, bizeye ko na bo bazabagenzereza batyo! Ahubwo nimujye mukunda abanzi banyu, mugire neza kandi mutange inguzanyo mutizeye inyiturano. Ubwo rero ingororano yanyu izaba nyishi, kandi muzaba mubaye abana ba Nyir’ijuru, kuko agirira neza indashima n’abagiranabi. “Nimube abanyampuhwe, nk’uko So ari Umunyampuhwe. Ntimugashije abandi, namwe mutazashinjwa ; ntimugacire abandi urubanza, namwe mutazarucirwa; nimubabarire abandi, namwe muzababarirwe. Mujye mutanga, namwe muzahabwa: icyibo gishimishije, gitsindagiye, gicugushije, gisheshekaje ni cyo bazabuzuriza, kuko igipimisho mugeresha ari cyo muzasubirizwamo.”

Nimujye mukunda abanzi banyu, mwifurize ineza ababavuma

Ku wa kane w’icyumweru cya 23 B gisanzwe

Ku ya 13 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 8,1-7.11-13; Zaburi 139 (138), 1-3.13-14.23-24; Luka 6, 27-38

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

‹‹Nimujye mukunda abanzi banyu, mugirire neza ababanga; mwifurize ineza ababavuma, musabire abababeshyera ››

Uyu munsi Yezu araha abigishwa be inyigisho nshya koko. Aravugira mu ruhame rwose amagambo akomeye. Nta muntu n’umwe waturukwamo n’amagambo nk’ayo Yezu avuga none. Gahunda aha abamuteze amatwi si itegeko ry’abantu. Si n’inama y’abantu ye. Kuko nta muntu n’umwe ku isi wagira undi inama nk’iyo Yezu agira abe uyu munsi. Muri makeya inyigisho ya Yezu uyu munsi irakingurira ijuru abamuteze amatwi. Maze barebe uburyo ari ubwiza busa. Abereke n’inzira ihagana. Maze ushaka kubana na We ayikurikire. Yezu arereka abamuteze amatwi ububengerane bw’umutima wa Se Uhoraho. Kugira ngo ushaka kubana na we yemere kwinjira muri uwo mutima utandukanye rwose n’uw’abantu. Bityo abeho ku bundi buryo butandukanye cyane n’uko abantu batazi iryo banga batekereza. Yezu rero n’umutima wuje urukundo arabwira abamuteze amatwi ko bagomba kwigana Se Uhoraho. Bagakora uko ukora. Niba bashaka guturana na we iteka. Arabasaba kurangwa n’impuhwe nka Se. Kuba abanyampuhwe nka Se. Kandi izo mpuhwe zigaragarira mu gukunda abanzi no kubagirira ineza yose ishoboka. Bityo iyo neza igakwira kuri bose nta mupaka uwo ari wo wose.

Koko rero kuva mu Isezerano rya Kera Umwanzi yari umwanzi agomba kugirirwa nabi. Imico y’abantu muri rusanze yuzuye inzika no guhora. Umuntu muzima wese ni ugirira nabi abamugiriye nabi. Mu myumvire y’abantu iyo umugira nabi ahuye n’ibyago bavuza impundu bagacinya umudiho. Umunyabwenge nyawe mu bantu ni urusha ubugome abanzi be. Ku buryo batamutinyira ubuhanga abarusha. Ahubwo bamutinyira ibyago ashobora kubateza. Bityo bakirinda kumwendereza ngo batikururira amakuba. Nta muco n’umwe w’abantu muri rusange wishimira ko umugome yabaho. Ibitutsi bigenewe abagome ni imvugo isanzwe mu bantu. Ndetse iyo apfuye bakora ibirori. Kumushyingura bikaba umunsi mukuru. Ngiyo gahunda ya kimuntu. Yezu rero adusesekayemo none ngo ahindure gahunda dufite ku banzi, ku bagome, ku badusebya. Yezu Kristu wapfuye akazuka uyu munsi aratubwira ati ‹‹ahubwo mwe munyumva reka mbabwire: nimujye mukunda abanzi banyu, mugirire neza ababanga; mwifurize ineza ababavuma, musabire abababeshyera.››

Yezu Kristu wapfuye akazuka aje gusaba abashaka kuba abe guhindura imyumvire. We utaraje kurimbura abanzi be. Ahubwo akaba yaraje kubaranduramo urwango bifitemo akoresheje urukundo rwe rushobora byose. We wivugiye ku musaraba ati ‹‹ Dawe, bababarire, kuko batazi icyo bakora.›› (Luka 23, 34). We wagiriye akaga gakomeye mu ruhame rw’abagome. Ariko agakomeza gukomera ku rukundo nyarwo. Yaratutswe ntiyasubiza igitutsi na kimwe. Mu bubabare bwe ntiyagira uwo akabukira. Ahubwo akiragiza Umucamanza w’intabera (1Pet 2, 19-24). Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aje adusanga none kugira ngo aduhe ingabire yo kumwigana. Kuko ari ryo tegeko yahaye abe ngo ribarange (Yh 13, 34-35). Maze rikabatandukanya n’abapagani bahora bavumagiza abanzi babo. Cyangwa bakabivuna bakoresheje intwaro zose za Sekibi (ikinyoma, ubugome, urwango…).

Umubyeyi Bikira Mariya nahe abitwa aba Kristu bose gusezerera rwose burundu urwango. Maze kuva none Kristu Yezu wapfuye akazuka we Rukundo ruzima ature mu mutima wa buri wese. Nuko mu izina rya Yezu inkuta zose z’inzangano zari zubatse hagati y’umuntu na mugenzi we, y’urugo n’urundi, y’ubwoko n’ubundi, y’igihugu n’ikindi …zisenyuke burundu ubutazongera kubakwa. Maze twese duterurire rimwe amajwi nta rwicyekwe dusingiza Yezu Kristu wapfuye akazuka.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

1 Abanyakorinti 7,25-31

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti 7,25-31

Bavandimwe, ku byerekeye ingaragu n’inkumi nta tegeko rya Nyagasani mbafitiye; ahubwo ndabagira inama y’umuntu wagiriwe impuhwe na Nyagasani kandi ukwiye kwizerwa. Ibyiza ni uko baguma uko bameze, kubera ingorane zo muri iki gihe. Rwose ndabona ko ibyiza ari uko umuntu yakwigumira uko ameze. Mbese usanganywe umugore? Witandukana na we. Mbese nta mugore washatse? Wigira uwo ushaka. Nyamara niba umushatse nta cyaha ukoze ; n’umukobwa aramutse ashyingiwe nta cyaha aba akoze. Ariko abo ngabo bazahura n’ingorane z’urudaca, ari zo nifuzaga kubarinda. Mbibabwire rero bavandimwe, igihe kirabashirana. Aho bigeze, abafite abagore nibabeho nk’aho batabigeze; abarira bamere nk’aho batarira; abanezerewe bamere nk’aho batanezerewe ; n’abacuruza bamere nk’aho nta cyo batunze; n’abakoresha iby’iyi si ntibagatwarwe na byo, kuko imisusire y’iyi si ihita bwangu.