Ububasha bwavaga muri Yezu bwabakizaga bose

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 23 B gisanzwe

Ku ya 11 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 6, 1-11; Zaburi 149, 1-6; Luka 4, 31-37

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Ububasha bwavaga muri Yezu bwabakizaga bose

Kuri uyu munsi Yezu Kristu aratora Intumwa ze mu bigishwa be. Si igikorwa ahutiraho. Yari yabanje kurara ijoro yambaza Se ngo amumurikire. Kugira ngo gutora kwe bitaba gutoragura. Abo yavanye mu bandi ngo bamugende iruhande si abandi bandi. Ni Simoni yise Petero, Andereya, Yakobo na Yohani bene Zebedeyi, Filipo, Barutoromayo (Natanayeri), Matayo, Tomasi, Yakobo mwene Alufeyi, Simoni w’i Kana (Murwanashyaka), Tadeyo (Yuda mwene Yakobo) na Yuda Isikariyoti. Ubwo amaze kubatora Yezu yagiye ahagaragara hamwe n’abigishwa be benshi baturutse impande zose. Bari baje kumwumva no gukizwa na we. Ngetse n’abarimo amashitani yayabameneshagamo. Rubanda rwose rwaharaniraga gukora kuri Yezu. Kuko ububasha bwamuvagamo bwabakizaga bose.

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero akomeje gushaka uburyo abantu bose bakwakira Umukiro w’iteka yaturonkeye ku Musaraba. Niyo mpamvu aje none yuje ubushishozi n’ububasha. Kugira ngo muri twe atoremo abagendana na we bakaberaho we. Kugira ngo abatume gutangariza isi badasusumira ko Yezu Kristu wapfuye akazuka, Imana Se yamugize Umutegetsi n’Umukiza rukumbi w’abantu bose. Bityo begereze abantu bose Umukiza Yezu Kristu. Bityo bose bamukoreho. Kandi abamukozeho abakize bose. Ngaho rero Umwami Yezu Kristu wapfuye akazuka nadutambagiremo none. Nagende ibibaya n’imirambi n’ibitwa. Niyambuke imigezi, inzuzi, ibiyaga n’inyanja. Naterere utununga, imisozi n’ibirunga. Ntatinye izuba, imbeho, ubushyuhe bukabije, amahindu cyangwa urubura. Ntatinye inkubi y’umuyaga, inkuba n’ibiza nk’imitingito.

Ntatinye ahari indwara z’ibyorezo nka ebola cyangwa SIDA. Ntatinye ahari inzara, amapfa cyangwa intambara. Ntakangwe aho bajya ku kwezi bagatembereza n’ibyuma byabo ku yindi mibumbe ijindirije ijuru yaremye. Ntatinye aho bicira abana mu nda n’aho abadamu babiri bashinga urugo. Ntatinye aho batakikoza akenda bagira ngo bubahirize umubiri wabo. Ntakangwe aho kuvuga ukuri ari ukwigabanyiriza iminsi yo kubaho. Ntakangwe n’aho kwitwa uwe bitemewe n‘Itegekonshinga ryaho. Ntakangwe n’aho kwica abe bifatwa nk’ubutwari bukomeye. Ntakangwe aho izuba rirasa ntirirenge cyangwa rikamara ighe nta ryo babona. Ntakangwe aho bihebye bumva ko basigaranye gusa igihe kibaze cyo kwitegura urupfu. Yezu Kristu wapfuye akazuka Umwami w’Ubuzima buhoraho nadutambagiremo nta ntambamyi maze hose ahatore abatangaza izina rye kandi bagatanga amasakaramentu mu izina rye. Kugira ngo abamukozeho bose bakire icyaha n’urupfu. Kandi Sekibi ntazabahindukize ngo bongere batikizwe n’ubukozi bw’ikibi bakize.

Koko rero dukeneye rwose izo ntumwa zituzanira Inkuru Nziza ya Yezu Kristu wapfuye akazuka. Nk’uko Izayi Umuhanuzi abivuga, Pawulo Intumwa akabisubiramo ‹‹mbega ngo biraba byiza kurabukwa mu mpinga y’imisozi, ibirenge by’intumwa izanye Inkuru Nziza, ivuga amahoro igatangaza amahirwe!›› (Iz 52,7; Rom 10,15). Mbega amahirwe kubona utumwe na Kristu Yezu wapfuye akazuka aje kutubibamo urukundo rwa Kristu n’amahoro ye ngo natwe tubikwize mu bandi! Ngabo abo Yezu Kristu wapfuye akazuka adutoramo none ku isi yose kugira ngo bakomeze ubutumwa bwa Petero Intumwa na bagenzi be baherekejwe n’amasengesho yabo. Ese aho none Yezu Kristu ntiyaba akurarika none, ngo utere benshi kubona ihirwe rihoraho, ariko wowe ukaba urimo gutinya? Humura! Uraterwa ubwoba n’iki na nde ko Yezu Kristu uduhamagara ntawe umurusha imbaraga? Aha! N’urupfu yararutsinze nkanswe muntu uzapfa? Wigira ubwoba bwo kwirekura ngo umuhamye udahumagira. Ugutora ntazagutererana. Yarabisezeranye kandi ntateze kwisubiraho (Mt 28, 16-20).

Umubyeyi Bikira Mariya Umwamikazi w’Intumwa nadusabire none twese kumva ko Batisimu yacu yatugize intumwa za Kristu ku buryo bwa rusange. Bityo no muri twe habonekemo abiyegurira burundu ubwo butumwa bwose mu budahemuka nk’ubwa Yohani Intumwa. Bikira Mariya narinde Kiliziya ya Kristu gutorwamo ba Yuda Isikariyoti bo muri iki gihe. Bikira Mariya Umwamikazi w’Intumwa nasubize ubudahemuka n’ubuziranenge abatumwe na Kristu bose ariko bakamuhemukira. Nabahe kwisubiraho barira nka Petero (Mt 26,75) aho kugira ngo bihebe bakomeze kwiyahura mu byaha nka Yuda bibeshya ko ibyabo byarangiye (Mt 27, 5). Kandi Impuhwe za Yezu Kristu wapfuye akazuka zifite ububasha bwo kurema bundi bushya imitima yisubiyeho nta buryarya (Lk 22, 31-32).

Umubyeyi Bikira Mariya nafashe Kiliziya ya Kristu na buri wese ku giti cye gukoresha ububasha yahawe akiza abantu bose. Aho kugira ngo bukoreshwe burengera bamwe burenganya abandi. Umubyeyi Bikira Mariya nahe Kiliziya Gatolika imbaraga nshyashya zo kuganza ibinyoma byose byamamazwa n’amadini yose ayisebya. Maze ukuri gutsinde ikinyoma. Urukundo n’impuhwe bitsinde inzika, inzigo no kutababarira. Yezu Kristu wapfuye akazuka akuzwe na bose ubu n’iteka ryose.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.

1 Abanyakorinti 5,1-8

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyakorinti 5,1-8

Bavandimwe, inkuru yaramamaye hose y’uko muri mwe hari ubusambanyi, ndetse ubusambanyi bukabije butaraboneka no mu banyamahanga: baravuga ko umwe muri mwe atunze muka se! None mwe muritera hejuru! Aho kuba mwaragize ishavu ngo nyir’ugukora ibyo abirukanwemo! Jyewe rero n’ubwo ku bw’amaso mbari kure, ku mutima turi kumwe, nkaba nararangije gucira urubanza uwakoze ayo mahano nk’aho nahibereye. Ngaho rero nimukoranire mu izina rya Nyagasani Yezu Kristu, maze ku bubasha bwe, nanjye mbashyigikiye, uwo muntu yegurirwe Sekibi ngo ababazwe muri ubu buzima, maze ahazaza azarokoke ku munsi wa Nyagasani. Ibyo mwiratana nta byo! Mbese ntimuzi ko agasemburo gake gatutumbya ifu yose? Nimwiyunyuguzemo rero umusemburo wose ushaje, kugira ngo mubone kuba nk’umugati mushya udasembuye. Kuko Kristu, ari we Ntama ya Pasika yacu yishweho igitambo. Niduhimbaze rero uwo munsi mukuru, tudakoresheje umusemburo ushaje ari wo w’ubugiranabi n’ubukozi bw’ibibi, ahubwo dukoresheje imigati idasembuye, ari yo ubumanzi n’ukuri.

Ivanjili ya Luka 6,6-11

Ivanjili ya Mutagatifu Luka 6,6-11

Muri icyo gihe, ku wundi munsi w’isabato Yezu yinjira mu isengero arigisha. Ubwo bakaba umuntu ufite ikiganza cy’iburyo cyumiranye. Abigishamategeko n’Abafarizayi baramugenzura ngo barebe ko amukiza ku munsi w’isabato, maze babone icyo bamurega. We rero amenya ibitekerezo byabo, abwira uwo muntu wari ufite ikiganza cyumiranye ati “Haguruka uhagarare hano hagati!” Arahaguruka, arahagarara. Nuko Yezu arababwira ati “Reka mbabaze: icyemewe ku munsi w’isabato ni ikihe? Ari ukugira neza, cyangwa ari ukugira nabi? Ari ugukiza umuntu, cyangwa se kumwica?” Nuko abararanganyamo amaso, maze abwira wa muntu ati “Rambura ikiganza cyawe.” Abigenza atyo, ikiganza cye giherako kirakira. Ariko bo barabisha, basigara bashaka uko bagenza Yezu.

Haguruka uhagarare hano hagati maze urambure ikiganza cyawe

Ku wa mbere w’icyumweru cya 23 B gisanzwe

Ku ya 10 Nzeri 2012

AMASOMO: 1 Korinti 5, 1-8; Zaburi 5, 5-7.12-13; Luka 6, 6-11

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Haguruka uhagarare hano hagati maze urambure ikiganza cyawe

Kuri uyu munsi Nyagasani Yezu arakiza umuntu waremaye ikiganza. Aramukiza ari ku munsi w’isabato. Abigishamategeko n’abafarizayi ntibashakaga ko Yezu hari umuntu agirira neza ku isabato. Kuri bo ntibyari byemewe kugira neza ku isabato. Ubwo Yezu yinjiye mu isengero arigisha. Maze abonye umuntu wari ufite ikiganza cyahinamiranye amugirira impuhwe. Maze amuhagarika hagati yabo. Amukiza bose bareba. Ubwa mbere yabanje kumubwira ati ‹‹haguruka uhagarare hano hagati.›› Ubundi aramubwira ati ‹‹rambura ikiganza cyawe.›› Nubwo abafarizayi n’abigishamategeko bari bahari. Ntako batagize ngo barebe Yezu igitsure. Bagira ngo bamubuze kugira neza ngo ni uko ari ku isabato. Yezu ntiyitaye ku magambo yabo no ku migambi yabo mibisha. Ahubwo yakoze icyo yagombaga gukora: kwigisha no gukiza. Yatanze inyigisho mu bwisanzure. Kandi akiza mu bwisanzure.

Uyu munsi rero Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga ngo natwe atubohore ku bintu byose bitubuza gukorera mu bwisanzure bw’abana b’Imana Data. Atubohore ku bintu bituma tudashobora guhaguruka ngo duhagarare hagati y’abandi. Maze babone ibyiza dukora basingize Data uri mu ijuru (Mt 5,16). Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga none kugira ngo abohore ibiganza byacu byahinamiranye maze bikanga kurekura ibibi bicigatiye. Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga ngo abohore ibiganza byacu byahinamiranye tukaba tudashobora gukora. Dushaka kurya ibyo tutavunikiye. Dukoresheje amanyanga, uburaya, ruswa cyangwa ubutekamutwe. Yezu Kristu aje adusanga none kugira ngo ibiganza byacu abirambure maze birekure umusemburo ushaje ari wo w’ubugiranabi n’ubukozi bw’ibibi. Ahubwo dukoreshe imigati idasembuye, ari yo y’ubumanzi n’ukuri.

Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga kugira ngo abohore ibiganza byose byanze kurekura abagore , abagabo cyangwa abakobwa b’abandi. Yezu Kristu aje adusanga ngo ahagurutse abo bose mu mwijima w’ubusambanyi biberamo. Maze abashyire ahagaragara. Aho gushaka guhisha ibikorwa byabo n’amakuru yabo kuko ari ubusambanyi bukabije butaravugwa no mu banyamahanga (abapagani). Kuva none noneho bishimire guhagarara aho bose bareba bahamya Inkuru Nziza y’ukubohoka ku bikorwa by’umwijima babikesha Yezu Kristu wapfuye akazuka. We kandi uje adusanga none kugira ngo arambure ibiganza byacu maze tureke kugundira ibyo twita ibyacu. Ahubwo tubisangire n’abo Nyagasani atwereka ko babikeneye. Bityo dukire indwara yo kuba gito yashegeshe imitima y’abantu bose basehera Bintu aho gusenga Nyirubuntu.

Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga none kugira ngo abohore ibiganza byacu. Maze dushobore gutegera izina rye amaboko tumwiyambaza. Tumere nk’abantu bahaze ibinure n’imisokoro. Ibitwenge biduhore ku munwa kubera ibyishimo dukesha Uzura n’abapfuye. Maze turirimbe tunezerewe kubera ibisingizo bye (Zab 63(62), 5-6). Kuko abafite ubuhungiro muri Yezu Kristu wapfuye akazuka bose bazanezerwa bakazahora basabagizwa n’ibyishimo. Naho abagome, abanyagasuzuguro, abagizi ba nabi, abanyakinyoma, abahendanyi, abicanyi bakazavuza induru ubutazatabarwa. Mu gihe intungane Uhoraho aha umugisha zizaba zimuvugiriza impundu ubuziraherezo nk’uko Zaburi ya none ibihimbaza.

Umubyeyi wacu Bikira Mariya naduhe none amahirwe aruta ayandi yo guhura na Yezu Kristu wapfuye akazuka. We uje kutubohora ngo tubeho twishimiye kuba abe no kumuhamiriza abandi tutitaye ku bo bitera kubisha. Umubyeyi Bikira Mariya naronkere buri wese muri twe na Kiliziya yose muri rusange ubwigenge bwo kurata icyiza no kwamagana ikibi mu izina rya Yezu nta gutinya amaso y’abanzi b’ukuri n’ubukana bw’inkozi z’ibibi. Umubyeyi Bikira Mariya nasabire buri wese muri twe na Kiliziya yose muri rusange ubwigenge bw’abana b’Imana Data bwo kwanga gukora ikibi icyo ari cyo cyose no gukora icyiza icyo ari cyo cyose muri Kristu tudakanzwe n’abarwanya ukuri bambariye gukora amahano. Bityo kuva none dusingize Kristu mu kuri, we Byishimo byacu ubu n’iteka ryose.

Singizwa Yezu Kristu wapfuye ukazuka.