Musengere muri Roho Mutagatifu

Ku wa gatandatu w’icyumweru cya 8-B,

2 Kamena2012 

AMASOMO: 1º. Yuda 17.20b-25

2º. Mk 11, 27-33

Musengere muri Roho Mutagatifu 

Uyu munsi, Kiliziya ya YEZU KRISTU yaduteguriye inyigisho yatanzwe n’umukristu witwa YUDA mu ibaruwa yanditse agamije gukomeza abavandimwe be mu kwemera no kubarinda inyigisho z’ubuyobe. Uwo YUDA si umwe mu ntumwa cumi n’ebyiri za YEZU. Dushingiye kuri Mt 13, 55 na Mk 6, 3, twemeza ko uwo muvandimwe yari mubyara wa YEZU. Yanditse ibaruwa ngufi cyane igizwe n’imirongo 25 gusa. Umuntu ashobora kuyisoma mu minota mike cyane akaba ayirangije. Inyigisho ye iratyaye. Igamije guhamagarira abemera kutayobywa n’abayobe biha gukwiza igigisho z’amatagaragasi.

Arahamagarira bose gusengera muri Roho Mutagatifu. Nta muntu n’umwe ushobora kuyoba cyangwa kuyobywa asengera muri Roho Mutagatifu. Tuzi kandi twemera ko YEZU KRISTU yatoje itsinda ry’intumwa 12 inzira y’Ingoma y’Imana. Nta matsinda yandi tuzi yigeze atangiza. Tuzi ko yabasabiye ubumwe. Kumvikana no kunga ubumwe mu kwemera, ni ikimenyetso cy’ubuvandimwe bushingiye ku KURI kwa YEZU KRISTU. Tuzi neza ko YEZU yasezeranyije izo ntumwa ze Roho Mutagatifu wagombaga kuzikomeza mu butumwa. Uwo Roho Mutagatifu yamanukiye ku ntumwa ku munsi wa Pentekositi. Uwo munsi, ni wo wabaye intangiriro ya Kiliziya yogeye ku isi hose ku buryo bugaragara. Intumwa 12, ni zo zahawe umurimo mutagatifu wo gukomeza kumenyesha ku isi inzira y’ Umukiro. YEZU ariko yakomeje kuziba hafi nk’uko yari yarabizisezeranyije agira ati: “Nuko rero, nimugende mwigishe amahanga yose, mubabatize ku izina ry’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, mubatoze gukurikiza ibyo nabategetse byose. Dore kandi ndi kumwe namwe iminsi yose, kugeza igihe isi izashirira” (Mt 28, 19-20). Inyigisho intumwa zatanze ni zo zagiye zitangiza amakoraniro y’abemera KRISTU hirya no hino. Aho zanyuraga hose, zahatangizaga ikoraniro rihire ry’abatagatifujwe muri Batisimu ya YEZU KRISTU. Zarasengaga zikiyambaza Roho Mutagatifu kugira ngo haboneke abayobozi bazifasha mu butumwa. Nta kintu na kimwe intumwa n’abigishwa bakoraga badapfukamye ngo biyambaze Roho Mutagatifu. Ni yo mpamvu ibyo bakoraga byose, “Nyagasani yabibafashagamo, kandi ijambo ryabo akarikomeresha ibimenyetso byariherekezaga” (Mk 16, 20b).

Mu mateka ya Kiliziya ariko, hakomeje kugaragara abantu baranzwe n’urunturuntu gusa maze bagakora byose batumvira Roho Mutagatifu. Abo ni abantu bose bagiye bayoba mu kwemera bagatandukira bakitandukanya n’inyigisho za YEZU mu Ivanjili ye. Intumwa n’abazisimbuye, ntibahwemye gukomeza kwigisha UKURI. Kwitandukanya n’ukuri kw’Ivanjili, gusuzugura abayobozi ba Kiliziya, ibyo ni ibimenyetso simusiga byo kuyoba no gukurikira ubushukanyi bwa sebyaha. Ahagiye hagaragara abayobozi b’amakoraniro bahumishijwe n’iby’isi, abayoboke bagiye bahagorerwa kuko ibibazo byabaga urudubi iyo umwera wabaga uturutse i bukuru. N’aho byagiye bigaragara bityo ariko, Kiliziya ntiyabuze gukomeza umurimo wayo wo kwamamaza UKURI kwa YEZU KRISTU. Icyo ni kimwe mu bimenyetso bitwibutsa kwa KURI YEZU yatangarije intumwa ze agira ati: “Urahirwa Simoni mwene Yonasi…nkubwiye ko uri Urutare, kandi kuri urwo rutare nzubakahoKiliziya yanjye, n’ububasha bwo mu kuzimu ntibuzayitsinda. Nzaguha imfunguzo z’Ingoma y’ijuru: icyo uzaba waboshye mu nsi, kizabohwa no mu ijuru; n’icyo uzaba wabohoye mu nsi, kizabohorwa no mu ijuru” (Mt 16,17-19).

Umuntu wese wagize amahirwe yo kumenya YEZU KRISTU muri Kiliziya ye ishingiye ku Ntumwa kandi yogeye ku isi yose, akwiye buri munsi, mu bwiyoroshye, kwiyambaza Roho Mutagatifu kugira ngo amumurikire mu KURI amurinde ubuyobe ubwo ari bwo bwose. Bamwe biga amashuri menshi bakavanga iby’ubumenyi bw’isi n’iby’ubuyobokamana bikababera uruvangitirane mu mutwe. Kwiyambaza Roho Mutagatifu mu bwiyoroshye, ni yo nzira iboneye yo kuba indahemuka ku KURI kwa KRISTU. Hari bamwe bayobywa na sebyaha maze bagakwiza impuha bavuga ko muri Kiliziya batigishijwe. Abo ngabo bazenguruka amadini yose y’ibyaduka bakazarinda bagwa buguni bataramenya UKURI. Ni ngombwa cyane kwitoza muri Kiliziya no mu ngo zacu gusenga muri Roho Mutagatifu kugira ngo atwiyoborere.

Abayobozi bose ba Kiliziya ku nzego zose, bagomba mbere ya byose gutega amatwi Roho Mutagatifu kugira ngo bayobore neza roho z’abayoboke bashinzwe. Inyigisho z’ukuri ni zo abantu bakirizwamo. Hariho inyigisho zitabohora abantu. Izo ni inyigisho zitanganywe ubwoba, amasoni n’amanyanga akomoka kuri sebyaha iduhumisha kugeza aho tutabona ukuri kw’ibintu dukwiye kumurikira twifashishije Ijambo rya KRISTU. YUDA we yahagurukiye kwigisha ashize amanga agamije guhugura abayoboke. Mu gihe cye, hari abantu bayobejwe n’amaraha yo ku isi maze bakanga inyigisho zihamagarira guhinduka. Umuntu wese uyobowe na Roho Mutagatifu yiyumvisha akamaro ko kunga ubumwe n’intumwa za YEZU KRISTU. YUDA ashishikaza bose agira ati: “Naho rero nkoramutima zanjye, nimwibuke amagambo mwabwiwe kera n’intumwa z’Umwami wacu YEZU KRISTU. Barababwiye bati ‘Mu bihe bya nyuma hazaduka abantu b’abaneguranyi bazabaho bakurikije ingeso mbi z’ubugomeramana’” (Yuda 17-18). Abo bantu avuga, ngo “Ni abantu bijimye, bahora bijujuta; bakabaho bakurikije irari ryabo bwite, bakavuga amagambo y’ubwirasi kandi bagacacura abantu babigirira gusa kuronka inyungu yabo” (Yuda 16). Abantu bayobeshwa n’ibitekerezo bya runturuntu, akenshi bagisha impaka Ibyanditswe Bitagatifu bibwira ko bashobora kuvuguruza UKURI YEZU yadutangarije dusanga mu Ivanjili Ntagatifu. Abo nta ho bataniye na bariya bayahudi bagishaga impaka YEZU bamubaza aho avana ububasha butuma akora ibikorwa bidasanzwe biboneraga. Gukunda YEZU KRISTU kuruta byose, kwiyoroshya no kwemera, kumvira inyigisho z’abayobozi ba Kiliziya, gukomera ku bumwe bwa Kiliziya, ibyo ni ibimenyetso biranga umuntu usengera muri Roho Mutagatifu.

Dusabire abantu bose bashinzwe kwigisha iby’Ingoma y’Imana muri Kiliziya ya YEZU KRISTU, tubasabire kumvira Roho Mutagatifu kugira ngo babashe gutangaza UKURI kubohora kugakiza abayoboke bose. Dusabire abayobagurika mu by’ukwemera, tubasabire kuzirikana ku mateka ya YEZU n’intumwa ze n’abazisimbuye, tubasabire Roho Mutagatifu yinjire mu mitima no mu mitwe yabo yeyure igihu cy’ubujiji n’urujijo cyabagose. Dusabirane twese kwiyambaza Roho Mutagatifu koko, kugira ngo dukomeze guharanira Umukiro twunze ubumwe n’umusimbura wa Petero n’abepisikopi bose.

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Mbere ya byose mugirirane iteka urukundo nyarwo

Ku wa gatanu w’icyumweru cya 8 gisanzwe-B,

1 Kamena 2012 

AMASOMO: 1º. 1 Pet 4, 7-13

2º. Mk 11, 11-26 

Mbere ya byose mugirirane iteka urukundo nyarwo

Hari abantu bigiramo iyi ntego: Urukundo mbere ya byose. Njya mbona abasaveri basuhuzanya bashyize intoki zabo ku mutima bamwe bagira bati: Urukundo! Abandi na bo, bati: Iteka! Iyo iyo ntego ishyigikiwe kandi ikigishwa muntu akiri uruhinja, imbuto z’urukundo ziba igisagirane. Mu miryango yose ya Agisiyo Gatolika, birihutirwa kwibanda kuri iyo ntego y’ubuzima nyakuri. Ubuzima budashingiye ku Rukundo nyakuri burazima. Abagira aho bigira urwo Rukundo, bafite amahirwe. Bambaye ikirezi kandi bazamenya ko cyera buhoro buhoro. Abo ni abanyuze mu muryango w’ukwemera, rya riba rya Batisimu. Binjiye mu muryango w’abakijijwe ari wo Kiliziya ya YEZU KRISTU. Binjiye muri uwo muryango ariko bashishikarizwa gukomeza inzira ibageza mu cyumba cy’Urukundo. Icyo cyumba cyuzuyemo ibya ngombwa byose bitunga ubugingo bwabo. Kugeza igihe bazagerera ku muryango w’ijuru, ntibazicwa n’umudari na rimwe kuko Urukundo rubumbye ibibatunga byuzuye intungamubiri zihagije. 

Icyazanye YEZU mu isi, ni ukwereka muntu inzira y’Urukundo. Ivanjili y’uyu munsi iduhishuriye hamwe mu ho YEZU ashaka ko tuvoma Urukundo. Aho ni imbere y’Imana mu Ngoro yayo. Ntitujya mu Ngoro y’Imana tujyanywe n’ubucuruzi cyangwa izindi nduruburi. Tujya mu Ngoro y’Imana tugiye gusenga no gushyikirana na yo ku buryo bw’umwihariko. Yego, aho turi hose dushobora kuhasengera. Ariko tumenye ko ingoro y’Imana ifite icyo ivuze cyisumbuye. Ni aho abayoboke bahurira maze bagahuza umutima n’ubuvandimwe mu gutaramira Umubyeyi wabo bahuriyeho. Ntibikwiye rero kwinjira mu Ngoro y’Imana dusakabaka. Ni ngombwa kuyubaha. Uko twubaha Ingoro y’amabuye iriho nk’ikimenyetso cy’uko Imana iri rwagati muri twe, ni na ko twubaha ingoro itagaragara ishinze imizi mu mutima wacu. Umutima wacu uhinduka isibaniro ry’uburangare, ugucuragana, ibinyoma, ubugome n’ubwambuzi, iyo tutazirikana ko Imana ubwayo idutuyemo ireba mu mutima wa buri wese ikamenya icyo ahatse. Muri za Kiliziya z’i Burayi, aho nabashije kugera, nabonye uwo mutima usenga dukwiye kwinjirana mu Ngoro y’Imana basa n’aho bawutaye. Biba agahomamunwa iyo ubonye umuntu yivugira kuri telefone kabone n’iyo mwaba mugeze muri cya gice gikomeye cya misa ari cyo konsekarasiyo. Uburere bw’ubuyoboke bwitaweho bugomba kongera gutangwa na Kiliziya. Muri Afrika, nabonye bakigerageza kubaha Ingoro y’Imana, Nyagasani abisingirizwe. 

Urukundo YEZU yaje kutwigisha, ntiruhera gusa mu kwinjira mu Ngoro yubatswe n’ibiganza by’abantu igamije kuba ikimenyetso cy’uko Imana ubwayo ituye rwagati muri bo. Ikimenyetso cy’uko twakiriye urwo Rukundo, ni uko twera imbuto z’ubutungane. Iyo tutera izo mbuto tumera nka wa mutini w’inganzamarumbu ariko utifitemo urubuto na rumwe. Icyo gihe, ubuzima bwacu buhinduka umwaku cyangwa igisebo gikomeye ku muryango w’abakristu. Imbuto y’ingenzi y’Urukundo rwa KRISTU, ni ubuvandimwe nyakuri. Bwa buvandimwe butuma dufashanya muri byose: gucumbikirana mu ngo zacu nta kwinuba, gufashanya dukurikije icyo buri wese yifitemo. Uwifitemo umwuka w’Urukundo nyarwo, abaho mu buzima bwuzuye impumuro y’ubutagatifu: ari ibyo avuga, ari ibyo akora arangwa n’ubushishozi n’ubwizige. Ibyo akora byose, abikora nk’aho akoreshwa n’imbaraga ahabwa n’Imana. Muri we, Imana irasingizwa ku buryo bwuzuye. Muri we, YEZU KRISTU ahabwa ikuzo. Impumuro y’Urukundo nyakuri iyobora ubuzima bwose kuva mu gitondo kugera ajya kuryama. Nta muntu wuzuye Urukundo nyakuri ugenda nka sebyaha, ntashobora kwambara biteye isoni, yigiramo ikinyabupfura aho anyuze hose.

Nta n’umwe muri twe ushobora kwirata yemeza ko iyo mpumuro y’ubutagatifu buva ku Rukundo nyarwo yayishyikiriye. Twese turataguza tuganya kuko tukira ahantu h’amarira menshi. Petero intumwa araduhumuriza agira ati: “Ntimutangazwe no kuba muri mu muriro w’amagorwa nk’aho ari ikintu kidasanzwe kibagwiririye, ahubwo mwishimire uruhare mufite ku bubabare bwa KRISTU kugira ngo muzasabagizwe n’ibyishimo igihe ikuzo rye rizisesurira”. Mu isi tubabajwe na byinshi. Ibikwiye kuduhangayikisha ariko, ni ibishaka kudutandukanya n’Urukundo rugeza mu ijuru. Ni byo bidushengura umutima ariko bikanatuma turushaho kunga ubumwe na YEZU wababaye cyane. Ibitotezo dushobora guterwa n’isi y’umwijima, byo ntibikatugamburuze kuko dusangiye umurage na KRISTU we watotejwe mbere yacu. Tunasangiye umurage n’intumwa n’abatagatifu bose batotejwe mbere yacu ariko ubu bakaba baganje ijabiro aho natwe twizeye kuzatura ubuzira herezo mu ikuzo rya Data Ushoborabyose hamwe n’abamalayika n’abatagatifu bose. Ibyo ni ukuri. Dusabe ukwemera gukomeye kugira ngo tubyumve neza kandi tubyumvishe n’abandi bose twifuriza umukiro w’iteka.

Dusabirane gukomera ku ntego Urukundo mbere ya byose. Dusabire abana bavuka ubu kubona abantu babatoza Urukundo nyarwo. Dusabire abasore n’inkumi bitegura kurushinga, tubasabire kubaka ku Rukundo nyarwo. Ntibagasangire byose usibye Urukundo rwa KRISTU. Tuzi ko kimwe mu gisenya ingo z’abashakanye, ari ukubaka ku musenyi bibwira ko bubatse ku Rukundo. Akenshi urukundo biyumvamo, ni urw’umubiri n’amarangamutima yawo. Bibeshya ko ari rwo Ruzima. Bubaka ku musenyi maze imivu yaza urugo rwabo rugahinduka ubushingwe. Dusabire abiyeguriye Imana cyane cyane abadiyakoni bitegura ubupadiri muri iyi mpeshyi, tubasabire kumenya Urukundo nyarwo no kurubaho indahemuka. Barindwe agatima gahora karehareha kabaganisha ku byo biyemeje gusiga kubera Ingoma ya YEZU KRISTU. Dusabire abantu bose bakomerekejwe mu nzira z’urukundo, YEZU KRISTU yomore ibikomere byabo. 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU AKUZWE ITEKA MU MITIMA YACU. 

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Ushaka kuba mukuru ajye yigira umugaragu

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 8 gisanzwe-B,

30 GICURASI 2012 

AMASOMO: 1º. 1 Pet 1, 18-25

2º. Mk 10, 32-45 

Ushaka kuba mukuru ajye yigira umugaragu 

Ababatijwe mu izina ry’Imana Data na Mwana na Roho Mutagatifu, twitwa ABA-KRISTU. Ni ukuvuga ko uwo dukurikiza mu buzima bwacu ari YEZU KRISTU. Uburyo yabayeho turabuzi kuko ntiduhwema kubuzirikanaho. Imyaka irashira indi igataha, abapadiri bigisha kumenya gukurikira no gukurikiza YEZU KRISTU. Nta yindi nzira izatugeza mu ijuru. Nta rundi rugero Kiliziya yereka abayoboke: twese- abakuru n’abato, abayobozi n’abayoborwa-ni YEZU KRISTU dushaka kugenderaho mu buzima bwacu bwa buri munsi. Ni We Nyagasani nk’uko Roho Mutagatifu atubwiriza guhamya. Amasomo y’uyu munsi, nta kindi agamije kutwibutsa kitari ukwivugurura mu myumvire dufite mu nzira twahisemo yo kuba abakristu. Ese dushingiye ku bintu bizashanguka? Oya! Petero yatumaze amazeze, agira ati: “…muzi y’uko atari ibintu bishanguka nka zahabu cyangwa feza byabarokoye mu migenzereze mibi mwarazwe n’abakurambere banyu; ahubwo ko mwarokowe n’amaraso y’agaciro gakomeye ya KRISTU, nk’ay’intama itagira inenge cyangwa ubwandure”. YEZU na we, yagaragarije bene Zebedeyi ko atari ikuzo ryo ku isi bakwiye guharanira. Koko rero ashaka kumvisha ko Ingoma ye, Ubwami bwe, budashobora kwitiranywa n’ingoma zo ku isi zirangwa n’igitugu no kwikanyiza: “Muzi ko abahawe kugenga amahanga, bayagenga uko bashatse, kandi ko abatware bayo bayategekesha agahato. Kuri mwebwe rero si ko bimeze. Ahubwo ushaka kuba mukuru muri mwe, ajye yigira umugaragu wanyu, maze ushaka kuba uwa mbere, yihindure umucakara wa bose”.

Ikibazo gikomereye Kiliziya, ni uko abayigize dukunze gutwarwa n’imigenzereze ya runturuntu maze ibyo gusobanura ubuzima bwa YEZU tukabikorana ubuhanga bw’isi gusa. Iyo Musenyeri yigize umunyacyubahiro wo mu rwego rwo hejuru, iyo Padiri yigize ikigirwamana, ibintu biba byacitse! Ikibazo cy’ingutu, ni uko tuvuga ariko kwemera kurebera kuri YEZU tukabyangira. Umukristu wese uvuga YEZU ariko akanyuranya na We (nkana) mu mico no mu myifatire, nta rugero rwiza ashobora gutanga. Ahubwo akenshi atuma abamuzi barushaho kuzinukwa no gusebya iby’Imana. Turamenye rero, tuzirikane bihagije amasomo ya none. Ni twe abwira. Si abandi bantu ba kera cyangwa b’ahandi hantu. Ni twebwe uyu munsi tubwirwa. Ni twe dushobora gukurikira YEZU, kumukurikiza no kumwemeza muri rubanda. Tuzabishobora nitwirinda kwishyira hejuru. Nitumenya guca bugufi no kumvira Ijambo ry’uwiyoroheje kugera ku musaraba, tuzashobora kubwira bose ibyiza YEZU yadukoreye. Tuzashobora kuba abahamya be batabeshyabeshya. Iyo rero umuntu yitwa ko ahagarara imbere y’abandi ashinzwe kubayobora mu by’ubukristu, agomba kwitonda by’umwihariko. Burya muri rusange haracyari benshi bakiri mu bujiji, batazi ko uwo tureba mbere na mbere ari YEZU KRISTU. Hari benshi banga iby’ubukristu bitewe n’intege nke z’abasaseridoti runaka bazi. Wowe usoma iyi nyigisho, ndakwinginze, mu izina ry’Imana Data Ushoborabyose, ntukarangazwe n’imitego sebyaha ashandikira abahamagariwe mbere y’abandi guhara magara yabo kubera Inkuru Nziza. Banza utekereze ku ntege nkeya zawe maze wibuke ko na Padiri ari mu isi kandi yambaye umubiri. Irinde kumuyobya. Irinde kuyobywa na we. Rebera byose kuri KRISTU. Uzarushaho kudusabira no kudufasha uko ushoboye. Niba usoma iyi nyigisho uri Padiri cyangwa uri mu nzira igana ubusaseridoti, ihatire kuzirikana ko washyiriweho kuba umuhamya w’Umutsindo wa YEZU KRISTU. Zirikana ko, niba umukunda kuruta byose, azagusangiza buri munsi umutsindo we. Ba maso umenye ko ari wowe ushakishwa na sebyaha mbere y’abandi bose. Ese wari uzi ko uramutse uguye, sebyaha yakwishima kuko hari abandi b’umutima woroheje bazahitandwa n’ukuzindara kwawe? Iyo mu ishyamba igiti kinini kirandutse gihitana ubuti buto bwinshi bugikikije. Ni uko ibintu biteye. Twumvire YEZU KRISTU uduhamagarira kwemera kunywera ku nkongoro yanywereyeho. Tureke inkongoro z’ibyubahiro n’amakuzo. Tureke kwishyira mu rwego rwo hejuru kandi uwaduhamagaye yarabayeho mu bwizige. Tureke gushaka amakuzo no kuba abaryohe by’iyi si. 

Uyu munsi dusabire abayoboke ba KRISTU bari mu bigeragezo bitagira ingano. Dusabire abasaseridoti kuba abagabo mu muhamagaro bihitiyemo nta gahato. Dusabire abantu batsikamiwe n’abanyagitugu hirya no hino ku isi. Dusabire abiyumvamo ubukristu koko, cyane cyane abayobozi ba Kiliziya, guhora batanga ijambo rihumuriza, ryomora kandi rikiza abafite umutima watsikamiwe. 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU. 

Padiri Sipriyani BIZIMANA

Mureke gukurikiza irari mwari mufite kera mukiri mu bujiji

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 8 gisanzwe-B

29 GICURASI 2012

AMASOMO: 1º. 1 Pet 1, 10-16

2º. Mk 10, 28-31 

Mureke gukurikiza irari mwari mufite kera mukiri mu bujiji.

YEZU KRISTU akomeje kutwumvisha akamaro ko kumukurikira tutizigamye. Tuzi neza ko yavuze ko abakungu bizabagora kumukurikira. Inama atugira, ni ukudakurikira amarari y’ibyo isi idushukisha. N’ubwo hari benshi bagiye bagwa mu mutego w’isi ikababoha ikabaherana rwose, hari n’abandi bagiye bibohora bagakurikira YEZU basize byose. Umwe mu b’ikubitiro, ni Petero ugira ati: “Dore twebwe twasize byose turagukurikira”. 

Mperutse guhura n’umusore w’i Madrid muri Espagne. Ni umwe mu barimu ba gatigisimu. Afite igitekerezo cyo kwiyegurira Imana akaba umusaseridoti. Ariko aracyashidikanya cyane bitewe n’inzu ye ihenze yaguze. Yibaza ukuntu azayisiga. Ikindi kandi aribaza niba niyinjira mu iseminari, iyo nzu izakomeza kuba iye ! Afite utubazo twinshi yibaza ariko dushingiye ahanini ku by’isi. Ndasaba Roho w’Imana kugira ngo uyu munsi yumve iri Jambo YEZU atubwiye : « Ndababwira ukuri, nta we uzaba yarasize urugo, cyangwa abavandimwe be, cyangwa bashiki be, cyangwa nyina, cyangwa se, cyangwa abana, cyangwa isambu ye, ari jye abigirira n’Inkuru Nziza, ngo abure kwiturwa karijana muri iki gihe, ari amazu,…kandi no mu gihe kizaza akaziturwa ubugingo bw’iteka ». Uyu munsi, niyumva kandi inama Petero atugira, ashobora gufata icyemezo cyo kutizirika ku nzu ye no ku yindi mitungo afite. 

Hari benshi bumva umuhamagaro wo gukurikira YEZU, ariko kubera ubujiji, bakigumira mu by’isi. Uwo muhamagaro si uwo kwiha Imana gusa mu buryo dusanzwe tuzi. Ni umuhamagaro uduhamagarira guhagara mu isi ku buryo butandukanye na mbere yo kumenya YEZU KRISTU. Ni ubushake bwo gushyira byose ku murongo wa nyuma tukemera ko YEZU KRISTU aba umugenga w’imibereho yacu yose. Umuntu ashobora kuba mu buzima busanzwe, ariko bikagaragara ko mu by’ukuri abereyeho Ingoma y’Imana. Ubuzima bwe bwuzuye Roho Mutagatifu, buryohera bagenzi be bifitemo gushakashaka Ukuri nyakuri. Ariko kandi, nta muntu n’umwe ku isi wegukira YEZU ngo abure ibitotezo. N’ubwo twemeje ko uwegukiye YEZU KRISTU akwiza uburyohe muri bagenzi be, ntazabura no guhangana cyangwa kwangwa n’abiziritse ku misusire y’iyi si. Ni na yo mpamvu YEZU avuga ko uzasiga byose akamukurikira aziturwa karijana muri iki gihe kandi ko no mu kizaza aziturwa ubugingo bw’iteka ariko n’ibitotezo bitabuze

Ibimenyetso byose byo gushidikanya bigeza aho duheza umutima wacu mu bucakara bw’ iby’isi, biterwa n’ubujiji. Petero aratugira inama nziza: “Nimube nk’abana bumvira, mureke gukurikiza irari mwari mufite kera, mukiri mu bujiji”. Imitekerereze ishingiye gusa ku by’isi, ni ikimenyetso cy’ubujiji mu byerekeye ubukristu. Isi igenda itwinjizamo amatwara yayo ku buryo tugera aho bidukomerera kugira imitekerereze ishingiye ku Ivanjili igihe cyose. Kwibohora ku isi n’imigirire yayo igihe cyose no muri byose, ni urugendo rukomeye. 

Dusabire abafashe iya mbere bagakurikira YEZU basize iby’isi. Tubasabire kudasubira inyuma ngo babyizirikeho. Utubiri twotsa amatama! Ngo bamwe mu ba mbere bazaba aba nyuma! Ntibikabe muri twe tutazavaho tugusha abafite umutima woroshye. Dusabirane kumurikirwa na Roho w’Imana kugira ngo igihe cyose tugire amatwara yo gukurikirana YEZU ubwizige tudatewe ubwoba n’amaronko isi idutambika imbere. Dusabe izo mbaraga ziduhe guhora dutsinda bidasubirwaho amarari yose sebyaha aheraho atugusha. 

BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE

YEZU KRISTU ASINGIZWE ITEKA MU MITIMA YACU.

Padiri Sipriyani BIZIMANA