Namwe rero nimube maso

Inyigisho yo ku cyumweru cya 1 cya Adiventi A

[Ku ya 01 Ukuboza 2013 – Yateguwe na Padiri Charles HAKORIMANA]

 Bakristu bavandimwe , Kristu Yezu akuzwe,
Twinjiye mu gihe cya Adventi . Nta gushidikanya  benshi muri twe tumaze guhimbaza Adventi nyinshi. Tukamara ibyumweru  hafi bine mu gihe cyitwa Adventi. Adventi bikavuga gutegereza. Umubyeyi wacu Kiliziya iduteganyiriza icyo gihe mu mwaka wa Liturujiya ngo tuzirikane ko dutegereje. “Turi abategereje Umukiza“. Uyu munsi  Ivanjili iratubwiriza kuba maso.

Uyu munsi muri Kiliziya yo mu Karere k’Ibiyaga Bigari “ACEAC“ ni ukuvuga u Rwanda, u Burundi, na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo turafatanya dusabe Amahoro, Ubutabera n’ubwiyunge nk’uko byasabwe n’inama y’abepiskopi bo muri ibyo bihugu mu nama yabo yo kuwa  13-18/05/2002

Turi, abategereje 

Dutegereje iki? Hari igihe twihenda tukibwira ko dutegereje Umunsi mukuru wa  Noheli bityo tukaba ntaho twaba dutaniye n’abandi bose yemwe batangiye mbere ya Adventi kwitegura Umunsi Mukuru wa Noheli ku buryo bwabo. 

Amasomo yo ku cyumweru cya 1 cya Adiventi, Umwaka A

Isomo rya 1: Igitabo cy’umuhanuzi Izayi 2,1-5

Ibyo Izayi mwene Amosi yabonye, byerekeye Yuda na Yeruzalemu.

Mu bihe bizaza, hari ubwo umusozi w’Ingoro
uzashyirwa ku kanunga usumbe imisozi yose.
Nuko amahanga yose agende awugana.
Abantu b’ibihugu byinshi bahaguruke, bavuga bati
«Nimuze tuzamuke, tujye ku musozi w’Uhoraho,
ku Ngoro y’Imana ya Yakobo.
Azatwereka inzira ze, tuzikurikire.»
Ni byo koko, amategeko ava i Siyoni,
i Yeruzalemu hagaturuka ijambo ry’Uhoraho.
Azacira amahanga imanza,
akiranure abantu b’ibihugu byinshi.
Inkota zabo bazazicuramo amasuka,
amacumu yabo bayacuremo ibihabuzo.
Ihanga ntirizongera gutera irindi inkota,
ntibazongera ukundi kwiga kurwana.
Nzu ya Yakobo, nimuze,
tugendere mu rumuri rw’Uhoraho.
Zaburi ya 121 (122), 1-2, 3-4ab, 4cd-5, 6-7, 8-9
 

Mbega ibyishimo nagize igihe bambwiye,

bati «Ngwino tujye mu Ngoro y’Uhoraho!»

None urugendo rwacu rutugejeje

ku marembo yawe, Yeruzalemu!