Amasomo ku cyumweru cya 13

ISOMO RYO MU GITABO CY’UBUHANGA 1, 13-15; 2, 23-24

Imana si yo yaremye urupfu, ntinashimishwa n’ukurimbuka kw’ibiriho. Ahubwo yaremye byose ngo bikomeze kubaho, kandi ibyaremwe byo mu isi bigenerwa gutanga ubuzima. Nta burozi bwica bubirangwamo, n’ububasha bw’ikuzimu ntibutegeka ku isi, kuko ubutabera budashobora gupfa. Koko rero Imana yaremeye muntu kudashanguka, imurema ari ishusho ryayo bwite; nyamara kubera ishyari rya Sekibi, urupfu rwinjiye mu isi, bityo rwigarurira abamuyoboka!

 

ISOMO RYO MU IBARUWA YA KABIRI PAWULO INTUMWA

YANDIKIYE ABANYAKORINTI 8,7.9.13-15

Bavandimwe, ubwo musanganywe ubukungahazwe muri byose, haba mu kwemera no mu kuvuga neza, mu bumenyi n’ishyaka muri byose ndetse no mu rukundo twabatoje, nimukataze no muri iyo ngabire yo kugira ubuntu. Musanzwe muzi ubugiraneza bw’Umwami wacu Yezu Kristu, We mukire , wemeye kwigira umukene ari mwe abigirira, ngo abakungaharishe ubukene bwe. Si ukuvuga ko mugomba kwikokora ngo murarwana ku bandi, ahubwo muharanire kuringaniza. Kuri ubwo buryo icyo akarusho mutunze kizatabarure abari mu bwinazi; maze umunsi umwe icyo na bo bazabarusha kizabatabare mu bukene bwanyu, mukomeze mutyo kuba magirirane. Koko byaranditswe ngo “uwayoye byinshi nta cyo yarengejeho, n’uwayoye bike nta cyo yabuzeho.”