Abahabwa imbaraga za Roho Mutagatifu

KU MUNSI MUKURU WA ASENSIYO (UMWAKA B) Ku Itariki ya 16/05/2021

Amasomo: Intu 1,1-11; Zab 47(46)2-3.6-9; Ef 4,1-16; Mk 16,15-20

Imbaraga za Roho Mutagatifu zihabwa abiteguye kandi zigatangirwa guhamya mu butumwa.

Bakristu bavandimwe, none ni Umunsi mukuru  w’Isubira mu Ijuru rya Nyagasani Yezu. Uyu munsi duhimbaza ku cyumweru cya Karindwi cya Pasika, ushobora no guhimbazwa ku wa kane ukibanziriza kuko ari wo munsi wa Mirongo ine nyuma ya Pasika. Kuba tuwuhimbaza ku cyumweru gikurikiye uwo wa Kane si ukwirengagiza ko Nyagasani Yezu yasubiye mu ijuru nyuma y’Iminsi mirongo ine nk’uko twabibwiwe mu isomo rya mbere (Intu 1,3) ahubwo ni uko Icyumweru kiberanye no guhimbaza uwo munsi kurusha umunsi w’Umubyizi bitewe n’akarere duherereyemo. Ubwo Yezu yari arangije ubutumwa bwe bwo ku isi yakoraga bamubona imbonankubone hari hatangiye igihe cyo kubukomeza mu bundi buryo. Ibi birareba intumwa by’umwihariko n’abazazisimbura nk’uko Yezu yabyivugiye. Mbere yo gutangira ubwo butumwa ku mugaragaro, hari imyiteguro zigomba kuzakora hagati ya Asensiyo na Pentekosti kandi zigahabwa imbaraga zihariye ku munsi wo kwakira Roho Mutagatifu.

“Uko Data yankunze, ni ko nanjye nabakunze”

Inyigisho ku masomo matagatifu y’Icyumweru cya VI cya Pasika

Amasomo: Intu 10, 25-26. 34-35. 44-48

       Zab 98 (97), 1, 2-3ab, 3c-4a, 6b

       1 Yh 4, 7-10

        Yh 15,9-17

Yezu Kristu yakunze cyane abe bari mu isi, abakunda byimazeyo kugeza ubwo abapfiriye kandi azukira kubakiza. Gupfira abo ukunda no kubemerera kugira uruhare ku bugingo bw’iteka ni yo ndunduro y’urukundo. Uru rukundo rwuzuye ni rwo Yezu yahishuriye abigishwa be. Ni rukundo ki? Urukundo Yezu ahishurira abe, si urukundo nk’uru rwa mpa nguhe twe abantu twihimbira! Si urukundo ruhita cyangwa rw’igicagate. Yezu ati: «Uko Data yankunze, ni ko nanjye nabakunze”. Twahishuriwe urukundo-Mana ni ukuvuga urukundo ndanga-kamere y’Imana kuko ari urukundo Data na Mwana bakundana. Uru rukundo rwahozeho, ntirugira intangiriro n’iherezo, ruriho kandi ruzahoraho. Nta gihe kigeze kibaho, ntibinashoboka ko cyabaho ko Imana Data yabaho idakunda Umwana wayo Yezu Kristu, ntibinashoboka ko Yezu yabaho adakunda Imana Se.

Kristu, Pasika yacu yatwinjije muri Kamere Mana

  1. Inyigisho ku masomo matagatifu y’Icyumweru cya V cya Pasika, 02 Gicurasi 2021.

Amasomo: Intu 9,26-31; Zab 22 (21), 26-27b, 28-29,31-32; 1 Yh 3, 18-24; Yh 15, 1-8

Kristu, Pasika yacu yaduhaye kugira uruhare ku ikuzo rye

Ivanjili ntagatifu y’iki cyumweru cya V cya Pasika iratwereka impuhwe z’ikirenga twagiriwe: Imana Data yemeye ko tugira uruhare kuri kamere-mana yayo tubikesha kunga ubumwe na Kristu. Aha ni ho hashingiye umukiro wacu abantu kuko nitwunga ubumwe na Kristu mu kwemera, mu kwizera no mu rukundo, ibyo Data atungisha iteka Mwana, natwe ni byo bizatubeshaho. Muri make, ubuzima bw’Imana Data butemba iteka muri Mwana, Yezu Kristu bukamuha kamere, kuba no kubaho nibwo natwe buzadutembamo, butubesheho neza neza nk’uko bubeshejeho iteka Mwana. Ni byo Yezu atubwira mu Ivanjili agira ati:

Umushumba mwiza

Ku cya kane cya Pasika, Umwaka B, Tariki ya 25 Mata 2021

Amasomo: Intu 4, 8-12; Zab 117; 1 Yh 3, 1-4; Yh 10, 11-18

Bavandimwe Kristu Yezu akuzwe.

1.Tugeze ku Cyumweru cya kane cya Pasika. Muzi ko iki cyumweru cyitwa Icyumweru cy’Umushumba mwiza. Turarangamira Yezu Kristu, Umushumba mwiza w’ubushyo bwe. Amasomo matagatifu, cyane cyane Ivanjili arabidufashamo. Ni n’icyumweru kandi duhimbazaho umunsi mpuzamahanga w’ihamagarirwabutumwa muri Kiliziya.