KU MUNSI MUKURU WA ASENSIYO (UMWAKA B) Ku Itariki ya 16/05/2021
Amasomo: Intu 1,1-11; Zab 47(46)2-3.6-9; Ef 4,1-16; Mk 16,15-20
Imbaraga za Roho Mutagatifu zihabwa abiteguye kandi zigatangirwa guhamya mu butumwa.
Bakristu bavandimwe, none ni Umunsi mukuru w’Isubira mu Ijuru rya Nyagasani Yezu. Uyu munsi duhimbaza ku cyumweru cya Karindwi cya Pasika, ushobora no guhimbazwa ku wa kane ukibanziriza kuko ari wo munsi wa Mirongo ine nyuma ya Pasika. Kuba tuwuhimbaza ku cyumweru gikurikiye uwo wa Kane si ukwirengagiza ko Nyagasani Yezu yasubiye mu ijuru nyuma y’Iminsi mirongo ine nk’uko twabibwiwe mu isomo rya mbere (Intu 1,3) ahubwo ni uko Icyumweru kiberanye no guhimbaza uwo munsi kurusha umunsi w’Umubyizi bitewe n’akarere duherereyemo. Ubwo Yezu yari arangije ubutumwa bwe bwo ku isi yakoraga bamubona imbonankubone hari hatangiye igihe cyo kubukomeza mu bundi buryo. Ibi birareba intumwa by’umwihariko n’abazazisimbura nk’uko Yezu yabyivugiye. Mbere yo gutangira ubwo butumwa ku mugaragaro, hari imyiteguro zigomba kuzakora hagati ya Asensiyo na Pentekosti kandi zigahabwa imbaraga zihariye ku munsi wo kwakira Roho Mutagatifu.