Ukora iby’ukuri ajya ahabona

KU WA GATATU W’ICYUMWERU CYA KABIRI CYA PASIKA,

18 MATA 2012

 

Amasomo:

1º. Intu 5, 17-26

2º. Yh 3, 16-21

 

UKORA IBY’UKURI AJYA AHABONA

 

Kuzirikana amasomo y’uyu munsi biduteye ishema: bakuru bacu (intumwa) bakurikiye YEZU KRISTU watsinze urupfu, babaye indatsimburwa mu kumuhamya mu buzima bwabo bwose. Baduhaye urugero. Bakomeje Kiliziya ya YEZU KRISTU. Natwe dushaka gukomera tugahamya YEZU KRISTU. Ntidushaka guhora tubebera. Turashaka kwakira ukuri kubohora. Turashaka ubugingo buhoraho.

Urufunguzo rwinjiza muri ubwo bugingo, ni ukwemera Umwana w’ikinege w’Imana. Ejo twabwiwe ko ubwenge bwacu budahagije kugira ngo twemere iby’Imana. Ni yo mpamvu dukwiye gupfukama tugasaba imbaraga zizadushoboza kubaho duharanira ubugingo bw’iteka muri twe no mu bantu bose kuko “Imana yatanze Umwana wayo w’ikinege, igira ngo umwemera wese atazacibwa, ahubwo agire ubugingo bw’iteka”.

Nta muntu n’umwe wemera YEZU KRISTU uzacirwa umuriro w’iteka. Iyi nyigisho shitani ikunze kuyitwaza igahuhera mu bwenge bw’abantu ibitekerezo bituzuye: uzumva bamwe bavuga ngo ku bw’impuhwe z’Imana zigeze aho, nta we uzajya mu muriro w’iteka…Nyamara tuzi ko YEZU azagaruka gucira imanza abazaba bakiriho n’abazaba barapfuye. Uzaba yaramwemeye akamwamamaza mu magambo no mu bikorwa, akubahiriza Inkuru Nziza mu mvugo no mu ngiro, uwo ntazabebera ahubwo azicara iburyo bw’Imana Data Ushoborabyose. Tuzi kandi ko muri kameremuntu Imana yanditsemo ibyiza byayo. Bityo umuntu wese yifitemo ubwenge bw’ibyiza. Ariko kubera kwikundira umwijima ni kenshi ahitamo ibimuhitana, agakurikira ibimurembuza bimurimbura. Mu bihe byose, mu isi hagaragaramo ibitekerezo n’ibikorwa bibi birwanya urumuri rw’Ivanjili. Ni ngombwa guhagarara dushize amanga tukamamaza ukuri, tugatsinda amafuti n’ubuhemu bituma mwene muntu agendera mu mwijima.

Uyu munsi dushobora kwibaza iki kibazo: kuki tudakunda urumuri? Kuko ibyo YEZU yavuze, n’uyu munsi ni ko bimeze: “…urumuri rwaje mu isi, abantu bakikundira umwijima kuruta urumuri”. Hari abantu bahinduka bumvise inyigisho z’Ijambo ry’Imana, ariko kandi hari n’abakomeza kunangira. Mu isi yose tuhasanga muri iki gihe abantu bakomeye bafite ingufu nyamara bakwirakwiza ibitekerezo by’ubuyobe ndetse bakabishyigikiza amategeko arwanya ay’Imana.

Twebwe abakristu, nitugira ukwemera gushyitse tuzatsinda. Ni imbaraga z’Imana ubwayo zizadukoreramo. Ni nde wabohoye intumwa kugira ngo zikomeze zamamaze YEZU WAZUTSE? Ni nde wazihaye guhangara ubukana bw’Umuherezabitambo mukuru n’Inama nkuru? Ese twe tubura iki kugira ngo no mu bihe bikomeye tubashe kubaho twumvira Roho Mutagatifu?

Intumwa zidusabire gukomera kuri YEZU KRISTU nkazo bityo ibyo dukora bimurikire abandi.

YEZU ASINGIZWE.

 

Padiri Cyprien Bizimana

Umwana w’umuntu azagomba kumanikwa, kugira umwemera wese agire ubugingo bw’iteka

KU WA KABIRI W’ICYUMWERU CYA KABIRI CYA PASIKA

Kuri 17 Mata 2012

AMASOMO: Intu 4,32-47; Zab 93 (92); Yh 3,5a.7b-15

UMWANA W’UMUNTU AZAGOMBA KUMANIKWA, KUGIRA NGO UMWEMERA WESE AGIRE UBUGINGO BW’ITEKA

Hamwe n’abamarayika n’abatagatifu bose, dukomeje gusabagizwa n’ibyishimo bya Pasika ya Kristu ari na yo yacu. Ejo bundi ku cyumweru twashoje ibirori by’agatangaza by’UMUNSI WA PASIKA uhimbazwa mu minsi isanzwe umunani yose. N’ubusanzwe nta bukwe bukomeye bumara umunsi umwe. Ubukwe bwacu bwo kwishimira Izuka rya Kristu no kumuhimbaza duhimbawe twabumazemo iminsi isanzwe umunani. Nyuma y’uwo munsi, ubu navuga ko guhera ejo twinjiye mu minsi yindi yo gukomeza kwishimira Yezu Kristu wazutse mu bapfuye twakira n’ingabire ze. Iyo minsi yose ya Pasika, cyangwa icyo gihe cya Pasika,tuzagisoza ku munsi mukuru wa Pentekosti Kuri 27 Gicurasi 2012. Uhereye ku Cyumweru cya Pasika ubara icyo cyumweru kizaba ari icya munani, naho umunsi uzaba ari uwa mirono itanu. Dusabwe muri icyo gihe kumva misa kenshi kandi tugahazwa. Nyamara abahazwa kenshi bibuka no gutegura imitego Sekibi atega Yezu mu mutima wacu. Kandi iyo mitego ni ibyaha. Kuyitegura rero bisaba kwitegura Yezu mu Ukaristiya ushaka kenshi penetensiya.

Uyu munsi Yezu Kristu araganiriza Nikodemu ku nzira iganisha abantu mu Ijuru. Iyo nzira ikingurirwa abavutse bundi bushya. Bakemera kuyonborwa na Roho Mutagatifu maze akabajyana aho ashaka. Si ubwenge bwabo bubayobora. Kuko uyobowe na Roho hari byinshi adasobanukirwa. Nk’uko Yezu abwira Nikodemu ko uyobowe na Roho amera nk’umuntu uhuhwaho n’umuyaga ariko we atazi aho uva n’aho ujya. Kwemera kuyoborwa na Roho rero utyo, ntabwo ari ubujiji. Ahubwo ni Ukwemera ari na ko gutanga ubugingo bw’iteka nk’uko Yezu abibwira Nicodemu, ati “…Umwana w’umuntu azagomba kumanikwa, kugira ngo umwemera wese agire ubugingo bw’iteka.” Kwemera si ukujya aho usobanukiwe mu bwenge bwawe. Ahubwo kwemera ni ukwirekurira Uwo wizeye ko ashoboye ibyo udashoboye, maze ukamureka akakujyana aho ubwenge bwawe budashobora no kuguhingutsa. None se ni nde munyabwenge wazindutse kare cyane agatekereeezaa kugeza ubwo ubwenge bwe bumutsindiye gupfa maze bukamuha ubugingo bw’iteka? Ahubwo ikibabaje ni uko bamwe niba atari bose mu bibwiye ko bumva byose maze bagata Ukwemera, abenshi muri bo bapfuye batarasobanukiwe kurushaho nk’uko babyibwiraga. Ahubwo bapfuye ubwenge bwabo nta n’icyo bugishoboye kubafasha cyo muri iyi si isanzwe. Nuko nyine. Ni ibyo. ‹ Basobanukiwe byose› ariko ntibigera bamenya ko umuntu abonera agaciro ke nyako muri Kristu wamanitswe ku musaraba.

Ntibitangaje ko na Nikodemu wari umuhanga w’icyo gihe muri Israheli bimugora gusobanukirwa. Niyo mpamvu Yezu amworohereza akamuyobora inzira y’ukwemera. Nk’aho yabwiye Nikodemu ati “erega Nikodemu rwose kubyumva ntiwabishora. Yemwe nta n’ubigusabye. Icyo usabwa ni ukwemera kugira ngo ugire ubugingo bw’iteka.” Umutego wa Nikodemu wo gushaka gusobanukirwa ibyo atari gushobora, natwe ahari tuwugwamo. Bityo bikabangamira ukwemera kwacu n’uburokorwe bwacu. Nyamara se mu buzima busanzwe ibyo tudasobanukiwe bingana iki? Ko tutaretse se kubikoresha? Abantu bagenda mu mudoka babaye ari abazi uko ikoze gusa n’ibyayo byose, ni bangahe bakongera kuzigendamo? Ubwo ntituvuze telefone , mudasobwa, …mbese uhereye ku kiyiko n’igikombe ukageza ku cyogajuru utibagiwe indege n’inganda. Ese ibyo turabisobanukiwe twese no ku buryo bwose?None kuki tubikoresha? Ese usibye ibyo abantu bikoreye, ibyaremwe bimaze imyaka n’akaka abantu babyifashisha nk’amazi,umwuka ikirere.. hari uwatubwira ko azi neza aho bijya n’aho biva nk’uko byo ubwabyo biteye koko?Ese imyanya y’umubiri wacu uko ikora turabyumva neza? None se tuziyahure ngo ni uko tudasobanukiwe n’uko ingingo izi n’izi zikora? Umuntu se kugira ngo ahumeke ari ukubanza gusobanukirwa iby’imikorere y’ibihaha hari uwakwigera abaho? None rero Sekibi yifashishe ibitekerezo by’ubuhakanyi by’abiyemeje kuyikorera cyangwa binangiye kubera izindi mpamvu, sekibi ibifashishe iduteshe ukwemera ngo ahaha imihango yacu ni uruhererekane rw’amayobera ngo uwo mwijima ntawawugumamo reka tumurikirwe n’ubwenge bwacu? Nubwo mu kwemera kwacu hari byinshi dushobora gusobanukirwa. Ibyo bisobanuro si byo biduha ukwemera. Kandi si nabyo biduha Ubugingo.

Umubyeyi Bikira Mariya, Nyina w’abemera, naduhe uyu munsi ingabire yo gukomeza kwemera ko Yezu Kristu yapfuye akazuka kugira ngo aduhe Ubugingo buhoraho twakirira uyu munsi mu Ukaristiya, mu nyigisho no mu masakaramentu anyuranye duhabwa ma Kiriziya Gatorika Ntagatifu. 

Padiri Jérémie Habyarimana

Ndakubwira ukuri koko: atavutse ku bw’amazi no ku bwa Roho Mutagatifu ntashobora kwinjira mu ngoma y’Imana

KU WA MBERE W’ICYUMWERU CYA KABIRI CYA PASIKA

Ku wa 16 Mata 2012

AMASOMO: Intu 4,23-31; Zab 2; Yh 3,1-8


‹NDAKUBWIRA UKURI KOKO: UMUNTU ATAVUTSE KU BW’AMAZI NO KU BWA ROHO MUTAGATIFU, NTASHOBORA KWINJIRA MU NGOMA Y’IMANA›

Yezu arakira Nikodemu uje amusanga. Nikodemu aratangarira cyane Yezu amugaragariza ko ari umwigisha waturutse ku Mana kuko akora ibimenyetso cyangwa ibitangaza undi muntu wese atashobora gukora. Nyamara Yezu ibyo ntabitindaho kuko atazanywe no kugira ngo abantu batangarire ibyo akora. Ahubwo yazanywe no gukiza isi icyaha n’urupfu maze akaduha ubugingo buhoraho. Niyo mpamvu Yezu yihutira kuyobora Nikodemu muri iyo nzira iha abayinyuzemo kuvuka bundi bushya ku bw’ububasha bwa Roho Mutagatifu. Gusobanurira Nikodemu iby’uko kuvuka bwa kabiri byatumye Yezu aha Nikodemu inyigisho irambuye yerekeye ubuzima bushya muri Roho Mutagatifu.

Duhereye ku magambo ya Yezu, dushobora kuvuga ko uyu munsi Yezu arema Batisimu yacu muri Kiriziya Gatorika. Muri Batisimu twavutse ku bwa Roho Mutagatifu. Ubu ntitukiri abana b’abantu gusa, ahubwo turi abana b’Imana Data muri Yezu Kristu. Turi abagenerwamurage b’Ingoma y’Ijuru. Ibyubahiro byose bya Kristu tubifiteho uburenganzira. Hamwe na we ku bwe no muri we turi abami, abasaseridoti n’abahanuzi. Uko Sekibi idafite ububasha Kuri Kristu, natwe muri we no mu izina rye dushobora kuyinesha no kuyimenesha. Batisimu yacu yaradutagatifuje, iradutaka, iradusiga idukura mu mwijima idushyira mu rumuri ruhoraho. Hehe n’ibikorwa bigayitse by’abana b’umwijima,kuko twe turi abana b’urumuri (Efezi 4-5).

Muri ibyo byose ariko ntacyo tugomba kwiratana. Kuko ntabwo ari ku bwacu. Ni ku bwa Roho Mutagatifu. Niyo mpamvu kugira ngo dukomeze twitwe abana b’Imana kandi tube turibo koko,ni uko twahora twisunga Uwatubyaye. Nikodemu yakoze urugendo aza asanga Yezu ngo baganire ahavana ubuzima bw’abana b’Imana ihoraho. Ese twe aho tujya tumenya kwegera Yezu ngo yongere atuvugurure atuganiriza? Mu yandi magambo, hari ubwo tujya twitabira Inyigisho zadufasha kuguma mu buzima bushya? Akenshi iyo umuntu atangiye gutakaza ubuzima buhoraho ahinduka nk’umwana w’ikirara ntiyongere gutega amatwi ijwi rya Se. Iyo urukundo rw’Ijambo ry’Imana ridutungira ubuzima buhoraho rwadukamutsemo,tujye tumenyeraho ko n’ubwo buzima burimo kuzima muri twe. Twibuke ko Yezu yigeze kubwira abayahudi natwe atubwira uyu munsi ati ‹umuntu w’Imana yumva amagambo y’Imana. Ngaho mwamenya igituma mutumva, ni uko mutari ab’Imana.›(Yh 8,47) Twahera rero aha tuvuga ngo mbwira icyo ukunda kumva, na jye nzakubwira uwo uri we.

Uyu rero ni umunsi Nyagasani aduhaye kugira ngo twisubireho. Hato iyo Batisimu yacu itazahinduka nka ya mbuto nziza yabibwe mu nzira,mu rusekabuye cyangwa mu mahwa. Amasezerano twagiranye n’Imana Data muri Batisimu yacu ariyo: kwanga icyaha, gukurikira Yezu no kumwamamaza tuyakurikize rwose uko Roho Mutagatifu ashaka kubidufashamo. Bityo Batisimu yacu izagere ku ntego yayo : kutugira abana b’Imana ihoraho, kutugira abatagatifu.

Bikira Mariya nasabire buri wese muri twe ingabire yo gukomera ku masezerano ya Batisimu ye kugera ku ndunduro. Bityo Yezu Kristu wapfuye akazuka atubere ibyishimo ubuziraherezo.

Padiri Jérémie Habyarimana

 

 

Nimwakire Roho Mutagatifu. Abo muzakiza ibyaha bazabikizwa

 UMUNSI MUKURU W’IMPUHWE ZA NYAGASANI

Icyumweru cya 2 cya Pasika, Umwaka B, ku wa 15 Mata 2012.

AMASOMO:

Intu 4,32-35; Zab.118 (117); 1Yh 5,1-6; Yh 20,19-31.


‹NIMWAKIRE ROHO MUTAGATIFU. ABO MUZAKIZA IBYAHA BAZABIKIZWA, ABO MUTAZABIKIZA BAZABIGUMANA.›

Yezu Kristu wazutse mu bapfuye abonekera abigishwa be kuri uyu Munsi wa Pasika, abasanze aho bari bifungiraniye kubera ubwoba bwo gutinya abayahudi. Nta mugayo kandi ubwoba bwabo bwari bufite ishingiro. None se ntibari biboneye urupfu rubi bishe Sebuja na Nyagasani? Kandi Yezu yari yarababwiye ko nta mugaragu usumba Sebuja . Ko ibyo bamukoreye na bo bazabibakorera (Yh 15,18). Nk’abantu rero baciye akenge nyamara ariko bakunze Yezu wishwe, babaye bikingiranye ngo barebe uko byagenda. Yezu Kristu wazutse abasanze aho bihindiye bahungabanyijwe n’urupfu rwe, maze abaha amahoro bakesha Izuka rye. Ntabaha amahoro gusa ariko. Arabagira n’abagabuzi bayo. Arabaha na bo ububasha bwe bwo gutanga Amahoro. Arabatuma nk’uko Se yamutumye kandi abibahere ububasha.

Koko rero, Yezu Kristu wapfuye akazuka uyu munsi araha abigishwa be ubutumwa bwo gutanga Amahoro. Kuko Yezu Kristu azi neza ko ikibuza abantu amahoro ari icyaha. Ububasha bwo gukiza abantu ibyaha ni n’ubwo gutanga Amahoro. Kandi ayo mahoro ni Kristu Yezu ubwe mu buzima bw’uwatuwe umutwaro w’ibyaha (Efezi 2,14). Ububasha bwo gukiza abantu ibyaha ni ububasha butanga amahoro. Busenya icyaha n’inkeke zacyo ku mutima maze bukahubaka amahoro( mu mutima). Nuko ufite ayo mahoro akabigaragazanya ibyishimo n’urukundo bimuranga mu bandi. Kubera ko batari bamutereranye mu gihe cy’amahina, abigishwa babonye Nyagasani barikanga. Nyamara ntazanywe no kubacyurira. Azanywe no kubakiza. Amaze kubabwira ati ‹nimugire amahoro› mbese ni nko kubabwira ati ‹mbagiriye impuhwe,ndabababariye›, abigishwa basabwe n’ibyishimo. Yezu amaze kubona ibinezaneza kubabarirwa bizanira bene muntu ni bwo yabwiraga abigishwa be ati‹nimwakire Roho Mutagatifu. Abo muzakiza ibyaha bazabikizwa, abo mutazabikiza bazabigumana.› Nkaho yakababwiye ko Impuhwe bagiriwe na bo ubu bagiye kuzibera abagabuzi. Bityo abazahura na bo bose bakakira izo mpuhwe bakazahorana amahoro kandi buzuye ibyishimo ubuziraherezo.

Kuri uyu Munsi rero, kuri iyi Pasika, Yezu Kristu wapfuye akazuka aremye Isakaramentu ry’Impuhwe ze. Aremye Isakaramentu rya Penetensiya. Abo ahaye kuritanga ni abigishwa yatoye bamuri hafi, bemeye gusiga byose na bose ngo abe ariwe baberaho gusa. Ni Abepiskopi n’abafasha babo abapadiri. Ntibazadukirisha ubwenge bwabo cyangwa ubushishozi bwabo.Si ubutungane bwabo buzadukiza. Bazadukirisha ububasha bwa Roho Mutagatifu.Kubera Impuhwe za Nyagasani z’igisagirane, no mu gihe bazaba bakoze ibyaha bikabije ntibishobora na rimwe kubuza Impuhwe za Nyagasani kudusesekaraho mu gihe twebwe tuzaba twiyemeje kwisubiraho no guhinduka tubikuye ku mutima.

Bikira Mariya Nyirimpuhwe , tumwiyambaze Kuri uyu Munsi maze adufashe kwemera kubabarirwa n’Imana Data muri Yezu Kristu wapfuye akazuka. Twakire Impuhwe tugirirwa muri Penetensiya. Maze tubabarire abandi nk’uko twababariwe muri Kiriziya Gatorika.

 

Padiri Jérémie Habyarimana