Amasomo yo ku ya 08 Nzeri – Ivuka rya Bikira Mariya Mutagatifu

Isomo ryo mu gitabo cy’Umuhanuzi Mika 5,1-4a

Uhoraho avuze atya: Naho wowe, Betelehemu Efurata, uri mutoya cyane mu miryango ya Yuda, ariko iwawe nzahavana ugomba gutegeka Israheli; inkomoko ye ni iyo hambere, mu bihe bya kera cyane. Nicyo gituma Uhoraho azabatererana kugeza igihe ugomba kubyara azabyarira, maze udusigisigi tw’abavandimwe be dusange Abayisraheli. We rero azemarara, aragire ubushyo bwe, abikesha ububasha bw’Uhoraho n’ubuhangange bw’izina ry’Imana ye. Icyo gihe bazashinga imizi, kuko azakomera, akanategeka kugera ku mpera z’isi. Ni we ubwe uzazana amahoro! 

 

Indirimbo: Izayi  61, 10abcd, 11 ; 62, 1, 2, 3

 

Ndasabagizwa n’ibyishimo muri Uhoraho,

umutima wanjye uhimbajwe n’Imana yanjye,

kuko yanyambitse umwambaro w’umukiro,

akansesuraho umwitero w’ubutungane.

Uko ubutaka bumeza imbuto zabwo,

n’ubusitani bugakuza icyo bwabibwemo,

ni na ko Uhoraho azameza ubutungane n’ibisingizo,

imbere y’amahanga yose.

 

Sinzigera ntererana Siyoni,

sinzareka guhihibikanira Yeruzalemu,

kugeza ubwo ubutungane bwayo butangaje nk’icyezezi,

n’umukiro wayo ukakirana nk’urumuri.

 

Bityo, amahanga azabone ubutungane bwawe,

abami bose babone ikuzo ryawe.

Nuko bazakwite izina rishya, rizatangazwa n’Uhoraho.

 

Uzamera nk’ikamba ribengerana mu kiganza cy’Uhoraho,

nk’igisingo mu ntoki z’Imana yawe.

Publié le