Amasomo yo ku ya 14 Nzeri – Ikuzwa ry’Umusaraba

[wptab name=’Isomo rya 1: Ibarura 21′]

Isomo ryo mu gitabo cy’Ibarura 21,4b-9

Icyo gihe Abayisraheli bari mu rugendo mu butayu, imbaga iza gucikira intege mu nzira, itangira kugaya Imana na Musa ivuga iti «Mwadukuriye iki mu Misiri? Mwagira ngo tugwe muri ubu butayu butagira amazi ntibubemo n’umugati! Twarambiwe guhora turya iriya ngirwamugati.» Uhoraho aterereza Abayisraheli inzoka zifite ubumara butwika, zirabarya bapfamo abantu benshi cyane. lmbaga iza isanga Musa, iramubwira iti «Twakoze icyaha igihe twakugayaga wowe n’Uhoraho. None twingingire Uhoraho adukize ziriya nzoka!» Musa asabira imbabazi umuryango maze Uhoraho aramubwira ati «Curisha inzoka isa n’izo zabateye, uyimanike ku giti. Uwo zizajya zirya akayireba azajya akira.» Musa acurisha inzoka y’umuringa, ayimanika ku giti. Iyo rero inzoka yaryaga umuntu maze akareba iyo y’umuringa, yahitaga akira.

[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 77(78)’]

Zaburi ya 77(78),3-4ac, 34-35, 36-37, 38ab.39

Ibyo twabwiwe, kandi tumenyereye,

ibyo ba data batugejejeho,

natwe ntituzabihisha abana bacu,

ibyo bazakurizaho gusingiza Uhoraho,

Iyo yabiraragamo, ni bwo bayishakashakaga,

bakisubiraho, bakayigarukira!

Ubwo bakibuka ko Imana ari yo rutare begamiye,

ko Isumbabyose ari yo ibarengera!

Cyakora ntibayibwizaga ukuri,

yari amagambo yo ku rurimi gusa;

umutima wabo wari uyiri kure,

n’Isezerano ryayo bataryizeye.

 Nyamara yo, Nyir’ibambe,

aho kubarimbura, ikabababarira;

Yibuka ko ari abantu gusa,

barimo umwuka ushira vuba, ntugaruke.

[/wptab]

[wptab name=’Isomo rya 2: Abanyafilipi 2′]

Isomo ryo mu Ibaruwa Pawulo Intumwa yandikiye Abanyafilipi 2,6-11

Bavandimwe, Kristu Yezu n’ubwo we yari afite imimerere imwe n’iy’Imana, ntiyagundiriye kureshya na Yo. Ahubwo yihinduye ubusabusa, yigira nk’umugaragu, maze mu migirire ye agaragaza ko ari umuntu. Nuko aho amariye kwishushanya n’abantu, yicisha bugufi kurushaho, yemera kumvira ageza aho gupfa, apfiriye ndetse ku musaraba. Ni cyo cyatumye Imana imukuza, imuha Izina risumbye ayandi yose, kugira ngo nibamara kumva izina rya Yezu, bose bamupfukamire, mu ijuru, ku isi n’ikuzimu, kandi indimi zose zamamaze ko Yezu Kristu ari We Nyagasani, biheshe lmana Se ikuzo.

[/wptab]

[end_wptabset]

Publié le