Amasomo ya Misa ku wa gatatu [Icyumweru cya 20 gisanzwe, giharwe]

[wptab name=’Isomo: Abacamanza 9′]

Isomo ryo mu gitabo cy’Abacamanza 9,6-15

Abanyacyubahiro b’i Sikemu n’ab’i Betimilo bose barakorana, bajya i Sikemu mu nsi y’igiti cy’umushishi, iruhande rw’ibuye rishinze bukingi ryari rihari, maze bimika Abimeleki aba umwami. Nuko bamenyesha Yotamu ibyabaye, aherako ajya mu mpinga y’umusozi wa Garizimu; arangurura ijwi maze arababwira ati «Nimunyumve, bantu b’i Sikemu, namwe kandi Imana ibumve! Umunsi umwe, ibiti byafashe inzira bijya kwimika uzabibera umwami. Bibwira igiti cy’umuzeti, biti ‘Tubere umwami!’ Umuzeti urasubiza uti ‘Ndeke gutanga amavuta yanjye ahesha icyubahiro imana n’abantu, ngo ngiye kwinaniza ntegeka ibindi biti?’ Ibiti bibwira umutini, biti ‘Ngwino utubere umwami!’ Umutini urasubiza uti ‘Ndeke gutanga uburyohe bwanjye n’imbuto zanjye nziza, ngo ngiye kwinaniza ntegeka ibindi biti?’ Noneho ibiti bibwira umuzabibu, biti ‘Ngwino utubere umwami!’ Umuzabibu urasubiza uti ‘Ndeke gutanga divayi yanjye ishimisha imana n’abantu, ngo ngiye kwinaniza ntegeka ibindi biti?’ Nuko ibiti byose bibwira igihuru cy’amahwa, biti ‘Ngwino utubere umwami!’ Ariko igihuru cy’amahwa kirabibwira kiti ‘Niba koko munyimitse mubishaka kugira ngo mbabere umwami, nimuze mwugame mu gicucu cyanjye. Ariko niba bitabaye ibyo, umuriro uzasohoka mu gihuru cy’amahwa, maze utsembe amasederi yose ya Libani.’»

[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 20 (21)’]

Zaburi ya 20 (21),2-3, 4-5, 6-7

Uhoraho, umwami wacu anejejwe n’ububasha bwawe;

mbega ngo arishimira ubuvunyi bwawe!

Wamuhaye icyo umutima we wifuzaga,

ntiwamwima icyo isengesho rye ryasabaga.

 

Kuko wamusanganije imigisha n’ihirwe,

maze ukamwambika ikamba rya zahabu inoze.

Ubugingo yagusabaga, warabumuhaye,

umuha kuzaramba ubuziraherezo.

 

Ubuvunyi bwawe bwamuhesheje ikuzo ryinshi,

umwungikanyaho icyubahiro n’ishema.

Wamugize Ruhabwamigisha iteka ryose,

iruhande rwawe ahabonera ibyishimo.

[/wptab]

[end_wptabset]

Publié le