Amasomo ya Misa yo ku wa kane, Icyumweru cya 17 gisanzwe, giharwe

[wptab name=’Isomo: Iyimukamisiri 40′]

Isomo ryo mu gitabo cy’Iyimukamisiri 40,16-21.34-38

Musa arumvira, akora ibyo Uhoraho yari yamutegetse byose. Ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa mbere k’umwaka wa kabiri Ingoro irashingwa. Musa ashinga Ingoro; ashinga ibishyigikizo byayo, ashyiraho imbaho n’imitambiko, ashinga n’imiganda. Arambura ihema hejuru y’Ingoro, maze agerekaho umutwikiro w’ihema, nk’uko Uhoraho yari yarabitegetse Musa. Yenda amabuye y’Isezerano, maze ayashyira mu bushyinguro, asoheka imijishi mu bushyinguro, atereka n’urwicurizo hejuru y’ubushyinguro. Nuko ajyana ubushyinguro mu Ngoro; amanika umubambiko muri yo rwagati, ahisha ubushyinguro bw’Isezerano nk’uko Uhoraho yari yarabitegetse Musa. Ubwo rero agacu kabudika ku ihema ry’ibonaniro, maze ikuzo ry’Uhoraho ryuzura mu Ngoro; Musa ntiyashobora kwinjira mu ihema ry’ibonaniro, kubera ko agacu kari kayigumye hejuru, kandi n’ikuzo ry’Uhoraho ryagumye kuzura mu Ngoro. Iyo agacu kavaga ku Ngoro, kakazamuka hejuru, Abayisraheli barahagurukaga, bagakomeza urugendo rwabo. Naho iyo agacu kabaga katavuye ku Ngoro ngo kazamuke hejuru, ntibahagurukaga, kugeza umunsi kazazamukira. Koko rero, agacu k’Uhoraho kagumaga hejuru y’Ingoro ku manywa, nijoro mu gacu hakakamo umuriro, ukabonwa n’inzu yose ya Israheli. Byagenze bityo igihe cyose, ku ndaro zose bagiye barara.

[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 83 (84)’]

Zaburi ya 83 (84),3,4,5,6;11

Umutima wanjye wahogojwe

no gukumbura inkomane z’Uhoraho;

umutima wanjye n’umubiri wanjye,

biravugiriza impundu, Imana Nyir’ubuzima.

 Ndetse n’igishwi cyibonera inzu,

n’intashya icyari ishyiramo ibyana byayo,

ku ntambiro zawe, Uhoraho, Mugaba w’ingabo,

Mwami wanjye, kandi Mana yanjye!

Hahirwa abatuye mu Ngoro yawe,

bakagusingiza ubudahwema!

 Hahirwa abantu bisunga ububasha bwawe,

bahorana umugambi wo kugana Ingoro yawe.

Kuko umunsi umwe mu nkomane zawe

undutira iyindi igihumbi namara ahandi,

mpisemo kwigumira mu irebe ry’Ingoro y’Imana yanjye,

aho gutura mu mahema y’abagiranabi.

[/wptab]

[end_wptabset]

Publié le