Amasomo yo ku munsi w’Ivuka rya Yohani Batisita

[wptab name=’Isomo rya 1: Izayi 49′]

Isomo ryo mu gitabo cy’Umuhanuzi Izayi 49,1-6

Birwa, nimunyumve; bihugu bya kure, muntege amatwi!

Uhoraho yampamagaye ntaravuka;
nkiri mu nda ya mama, izina ryanjye yararivugaga.
Umunwa wanjye yawugize nk’inkota ityaye,
ankinga mu gacucu k’ikiganza cye,
angira nk’umwambi utyaye, ampisha mu mutana we.
Yarambwiye ati «Uri umugaragu wanjye, (Israheli,)
ni wowe nzagaragarizamo ikuzo ryanjye.»
Ariko jye naribwiraga nti «Naruhiye ubusa,
mvunwa n’ibidafite akamaro.»
Nyamara Uhoraho ni we uzandenganura,
igihembo nagiteguriwe iruhande rw’Imana yanjye.
None ngaha, Uhoraho yabyivugiye,
we wandemeye kumubera umugaragu, kuva nkiri mu nda ya mama,
kugira ngo mugarurire Yakobo, mukorakoranyirize Israheli;
guhera ubu rero, mfite ubutoni kuri Uhoraho,
ububasha bwanjye bukaba ari Imana yanjye.
Yarambwiye ati «Gusubiranya imiryango ya Yakobo,
no kugarura abarokotse ba Israheli,
ibyo ntibihagije ku mugaragu wanjye;
ahubwo nakugeneye kuba urumuri rw’amahanga,
kugira ngo umukiro wanjye usakare kugera mu mpera z’isi.»

[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 138 (139)’]

Zaburi ya 138 (139),1-2.3b, 13-14b, 14c-15b

Uhoraho, undeba mu nkebe z’umutima, ukamenya wese;
iyo nicaye n’iyo mpagaze, byose uba ubizi,
imigambi yanjye uyimenya mbere y’igihe;
mu migenzereze yanjye yose nta na kimwe kigusoba.
Ni wowe waremye ingingo zanjye,

umbumbabumbira mu nda ya mama.
Ndagushimira ko wandemye ku buryo buhimbye,
ibikorwa byawe biratangaje:
umutima wanjye urabizi neza rwose.
Amagufwa yanjye ntiyakwikinze,
igihe naremerwaga mu ibanga.

[/wptab]

[wptab name=’Isomo rya 2: Intumwa 13′]

Isomo ryo gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa 13,22-26

Imana imaze kumuhigika, ishyiraho Dawudi ngo ababere umwami, ari na we yatanzeho icyemezo iti ‘Nabonye Dawudi mwene Yese, umuntu unguye ku mutima, uzakora ibyo nshaka byose.’ Mu rubyaro rwe, nk’uko Imana yari yarabimusezeranyije, ni ho yakuye Yezu, Umukiza wa Israheli. Mbere y’ukuza kwe, Yohani yatangarije Abayisraheli bose batisimu yo kwisubiraho. Nuko ajya kurangiza ubutumwa bwe, aravuga ati ‘Nta bwo ndi uwo mukeka! Ahubwo hari ugiye kuza ankurikiye, nkaba ntakwiriye no guhambura udushumi tw’inkweto ze.’ Bavandimwe, mwaba urubyaro rwa Abrahamu cyangwa se mwaba abatinya Imana, iri jambo ry’umukiro ni mwe ryohererejwe.

[/wptab]
[end_wptabset]

Publié le