Isomo ryo mu gitabo cy’umuhanuzi Daniyeli 7,2-14
Jyewe Daniyeli, nijoro nariho nitegereza ibyo nabonaga. Nuko mbona imiyaga ine yo mu kirere yahungabanyaga inyanja nini; ibikoko bine nyamunini kandi bidahuje amoko bisohoka mu nyanja. Icya mbere cyasaga nk’intare, kikagira n’amababa nk’aya kagoma. Uko nakakitegereje, mbona kivanyweho amababa yacyo, gihagurutswa ku butaka maze gihagararira ku maguru yacyo nk’umuntu, kandi gihabwa n’umutima nk’uw’umuntu. Ubwo mbona igikoko cya kabiri giteye ukwacyo cyasaga nk’ikirura, cyari gihagarariye ku ruhande rumwe kandi kijinyitse imbavu eshatu mu menyo yacyo. Nuko kirabwirwa ngo «Haguruka uconshomere inyama zitagira ingano!» Hanyuma ngo ndebe mbona ikindi gikoko cyasaga n’ingwe, cyari gifite ku mugongo amababa ane y’igisiga kikagira n’imitwe ine, maze gihabwa ubutegetsi. Nijoro na bwo nariho nitegereza ibyo nabonaga, mbona igikoko cya kane giteye ubwoba kikagira n’imbaraga zihebuje; cyari gifite n’amenyo manini y’ibyuma; kigaconshomera, kikajajanga maze ibisigaye kikabiribata n’ibinono byacyo. Cyari gitandukanye rwose na bya bikoko bya mbere, kikagira n’amahembe cumi.
Indirimbo ya Daniyeli 3,75,76,77,78,79,80,81
Misozi n’imirenge, nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.
Ibimera byose byo ku isi, nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.
Masoko, nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.
Nyanja n’inzuzi, nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.
Mafi manini n’ibyinyagambura mu mazi byose,
nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.
Nyoni zo mu kirere mwese, nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.
Ibikoko n’udusimba twose, nimusingize Nyagasani,
nimumuririmbe kandi mumurate iteka ryose.