Isomo ryo mu ibaruwa ya 1 Pawulo intumwa yandikiye Abanyakorinti 4,1-5
Bavandimwe, buri wese rero natubonemo abagaragu ba Kristu n’abagabuzi b’amabanga y’Imana. Kandi icyo abagabuzi batezweho si ikindi kindi atari ukuba indahemuka. Jyeweho, sintewe inkeke n’uko mwancira urubanza, cyangwa ko narucirwa n’urukiko rw’abantu, ndetse nanjye ubwanjye sindwicira. Nyamara n’ubwo nta kibi niyumva mu mutima, ibyo si byo bingira umwere; Nyagasani wenyine ni we uncira urubanza. Namwe rero ntimugace imanza igihe kitaragera, mutegereze ko Nyagasani azaza, agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, akanatangaza ibyo umutima ubundikiye. Ubwo ni bwo Imana izaha buri wese ishimwe rimukwiye.
Zaburi ya 36(37) 3-4, 5-6, 27-28ab, 39-40ac
Iringire Uhoraho, kandi ugenze neza,