Amasomo yo ku wa kabiri – [Icya 4, Igisibo]

Isomo ryo mu gitabo cy’Umuhanuzi Ezekiyeli 47,1-9.12

Ubwo aranjyana no ku muryango w’Ingoro, nuko mbona amazi yavubukaga mu nsi y’igitabo cy’umuryango w’Ingoro aherekera mu burasirazuba, kuko Ingoro nyine yarebaga mu burasirazuba. Ayo mazi yatembaga agana iburyo bw’Ingoro, akanyura mu majyepfo y’urutambiro. Uwo muntu aransohokana anyujije mu irembo ryo mu majyaruguru, antambagiza aho hanze kugeza ku irembo ryo hanze ryarebaga mu burasirazuba; ndebye mbona ya mazi atemba agana iburyo. Ubwo wa muntu agenda yerekeje mu burasirazuba, apima imikono igihumbi akoresheje umugozi yari afite mu ntoki; hanyuma aranjyana anyambutsa ya mazi yangeraga ku bugombambari. Arongera apima indi mikono igihumbi, ari na ko anyambutsa ya mazi yangeraga noneho mu mavi. Arakomeza apima indi mikono igihumbi, anyambutsa ya mazi yangeraga mu rukenyerero. Hanyuma apima indi mikono igihumbi, noneho ya mazi aba abaye umugezi ntagishoboye kwambuka, kuko amazi yari yiyongereye aba maremare, aba mbese uruzi rutavogerwa. Nuko arambwira ati «Mwana w’umuntu, urabibonye se?» Hanyuma aranjyana no ku nkombe y’umugezi. Igihe mpindukiye, mbona ku nkombe zombi z’umugezi hari ibiti byinshi cyane. Wa muntu arambwira ati «Ariya mazi aratemba agana mu ntara y’iburasirazuba, akamanukira muri Araba maze akiroha mu nyanja y’Umunyu; yamara kuyirohamo, amazi yayo agahinduka meza. Ikinyabuzima cyose kizaba kiri aho uwo mugezi unyura kizabaho; amafi azaba menshi cyane kuko aho ayo mazi yinjiye ayo ahasanze aba meza, n’ubuzima buzasagambe aho uwo mugezi uzanyura hose. Ku nkombe zombi z’umugezi hazamera amoko yose y’ibiti byera imbuto ziribwa, amababi yabyo ntazigera arabirana n’imbuto zabyo ntizizahundura. Bizajya bihora byera buri kwezi, bibikesha aya mazi avubuka mu Ngoro. Imbuto zabyo bazazirya, naho amababi bayakuremo umuti.»

Zaburi ya  45 (46), 2-3, 5-6, 8-9a.10a

Imana ni yo buhungiro n’imbaraga zacu,

ni yo muvunyi utigera abura mu gihe cy’amage.

Ni cyo gituma tutagira ubwoba, n’aho isi yabirinduka,

cyangwa imisozi igatengukira mu ngeri y’inyanja,

 

Ariko hari uruzi rwagabye amashami,

agahimbaza umurwa w’Imana,

n’Ingoro y’Umusumbabyose irusha izindi ubutagatifu.

Imana iba muri wo rwagati, ntuteze guhungabana;

Imana iwutabara kuva bugicya.

 

Uhoraho, Umugaba w’ingabo, ari kumwe natwe;

Imana ya Yakobo itubereye ubuhungiro bucinyiye!

Nimuze mwirebere ibyo Uhoraho yakoze, 

Ahagarika intambara kugeza ku mpera z’isi.

Publié le