Amasomo yo ku wa kabiri [Icyumweru cya 21 giharwe, gisanzwe]

[wptab name=’Isomo: 1 Tesaloniki 2′]

Isomo ryo mu ibaruwa ya mbere Pawulo Intumwa yandikiye Abanyatesaloniki 2,1-8

Bavandimwe, namwe ubwanyu, bavandimwe, muzi ukuntu twaje iwanyu, kandi ntibibapfire ubusa. N’ubwo i Filipi twari tumaze kuhabonera imibabaro no kuhatukirwa cyane, nk’uko musanzwe mubizi, ntibyatubujije kubasanga namwe, twiringiye Imana yacu, ngo tubagezeho Inkuru Nziza yayo mu ngorane nyinshi. Inyigisho zacu ntizishingiye ku buyobe cyangwa ku migambi idahwitse, cyangwa se ku mayeri. Ariko kubera ko yabanje kutugerageza kugira ngo idushinge Inkuru Nziza yayo, bituma tuyamamaza kuri ubu buryo: ntituvugira gushimisha abantu, ahubwo gushimisha Imana, Yo igenzura imitima yacu.

Ntitwigeze na rimwe tubabwira amagambo yo kubaryoshya, ibyo murabizi; nta n’ubwo twigeze dushaka kubungukiraho, Imana irabibere umuhamya; nta na rimwe twigeze duharanira icyubahiro mu bantu, haba muri mwe cyangwa se mu bandi, n’ubwo twashoboraga kwitwaza ko turi intumwa za Kristu, tukabagora. Ahubwo twicishije bugufi cyane hagati yanyu, mbese nk’uko umubyeyi ashyashyanira abana be. Bityo, kubera ubwuzu twari tubafitiye, uretse kubagezaho Inkuru Nziza y’Imana, twari twiteguye no guhara amagara yacu, bitewe n’urukundo twabakundaga.

[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 138 (139)’]

Zaburi ya 138 (139),1-2.5a, 3-4

Uhoraho, undeba mu nkebe z’umutima, ukamenya wese;

iyo nicaye n’iyo mpagaze, byose uba ubizi,

imigambi yanjye uyimenya mbere y’igihe;

Ari imbere, ari n’inyuma yanjye, hose uba uhari,

iyo ngenda n’iyo ndyamye, byose uba ubiruzi neza,

mu migenzereze yanjye yose nta na kimwe kigusoba.

 Ijambo riba ritarangera ku rurimi,

woweho, Uhoraho, ukaba warimenye kare ryose.

[/wptab]

[end_wptabset]

Publié le