Amasomo yo ku wa Kane – Icya 14 gisanzwe, A Mbangikane

Isomo ryo mu gitabo cy’umuhanuzi Hozeya 11, 1.3-4.8c-9

Igihe Israheli yari akiri muto, naramukunze,

kandi nahamagaye umwana wanjye ngo ave mu Misiri.

Nyamara Efurayimu, ni jye wamufataga akaboko,

nkamwigisha gutambuka,

ariko ntibigeze bamenya ko ari jye wabitagaho.

Narabiyegerezaga mbigiranye urukundo,

nkabizirikaho nk’uko abantu babigenza;

mbiyegamiza ku musaya nk’umubyeyi uteruye umwana we,

nca bugufi ndabagaburira.

Israheli, nayigabiza nte?

Nakugira se nka Adama,

cyangwa nkakugenza uko nagenje Seboyimu?

Mu mutima wanjye nisubiyeho,

impuhwe zanjye zirangurumanamo.

Sinzakurikiza ubukana bw’uburakari bwanjye,

kandi sinzarimbura ukundi Efurayimu;

kuko ndi Imana simbe umuntu,

nkaba Nyir’ubutagatifu rwagati muri mwe,

sinzongera kugusanga mfite uburakari.

 

Zaburi ya 79 (80), 2ac.3bc, 15bc-16, 19-20

 

Mushumba wa Israheli, tega amatwi,

wowe wicaye hejuru y’Abakerubimu,

garagaza ububasha bwawe, maze udutabare!

urebere mu ijuru, witegereze,

maze utabare uwo muzabibu;

urengere igishyitsi witereye,

n’umucwira ugukesha imbaraga.

Bityo ntituzongera kuguhungaho,

uzatubeshaho, twiyambaze izina ryawe.

Uhoraho, Mugaba w’ingabo, tuzahure,

ubengeranishe uruhanga rwawe, maze dukire.

Publié le