Amasomo yo ku wa mbere – [Icya 4 gisanzwe, A]

Isomo ryo mu gitabo cya 2 samweli 15,13-14.30.16,5-13a.

Umuntu araza abwira Dawudi, ati «Imitima y’Abayisraheli yagarukiye Abusalomu.» Dawudi ni ko kubwira abagaragu be bose bari kumwe na we i Yeruzalemu, ati «Nimuhaguruke duhunge; kuko Abusalomu atazatureka. Nimuhaguruke bwangu, bitabaye ibyo, aradufata maze atugirire nabi kandi arimbuze umugi inkota.» Dawudi azamuka mu nzira ijya ku musozi w’imizeti, yazamukaga arira, apfutse mu mutwe kandi agenza ibirenge bisa. Abantu bari bamuherekeje na bo barariraga kandi bapfutse mu mutwe, bazamuka barira. Umwami Dawudi ageze i Bahurimu, hasohoka umugabo wo mu nzu ya Sawuli, witwaga Shimeyi mwene Gera. Uko yasohokaga ni ko yagendaga avumana. Atera Dawudi n’abagaragu b’umwami bose amabuye, nyamara imbaga yose n’ab’intwari bose bakikiza Dawudi. Dore ibyo Shimeyi yavugaga muri iyo mivumo ye «Genda, genda, wa mugome we umena amaraso! Uhoraho yakugaruyeho amaraso yose y’inzu ya Sawuli, wakuye ku ngoma. None Uhoraho yashubije ubwami mu biganza by’umuhungu wawe Abusalomu, naho wowe uri mu byago, kuko uri umuntu w’amaraso.» Nuko Abishayi mwene Seruya abwira umwami, ati «Ni kuki iriya mbwa yaboze yatuka umwami umutegetsi wanjye? Reka ntambuke, maze muce umutwe.» Umwami aravuga ati «Mpuriye he namwe, bene Seruya? Niba amvuma kandi akaba ari Uhoraho wamubwiye ati ’Genda uvume Dawudi’, ni nde wakubahuka kumubwira ati ’Kuki ukora ibyo ngibyo?’»
Dawudi abwira Abishayi n’abagaragu be bose, ati «Niba umuhungu wanjye, uwo nibyariye, ashaka kunyica, uriya Mubenyamini we ntiyagombye kurushaho? Nimumureke avumane, niba Uhoraho yabimubwiye. Ahari Uhoraho yazareba umubabaro wanjye, maze akansubiza ibyishimo mu mwanya w’imivumo y’uyu munsi.» Nuko Dawudi n’abantu be bakomeza inzira.

Zaburi 3,2-3.4-5.6-7.

Uhoraho, mbega ngo abandwanya baraba benshi!
Ni benshi bampagurukiye,
ni benshi bamvugiraho
ngo «Nta gakiza ateze ku Mana!»

Nyamara wowe, Uhoraho, uri ingabo inkingira;
ni wowe shema ryanjye,
ni wowe nkesha kwegura umutwe.
Ndangurura ijwi ngatabaza Uhoraho,
maze akansubiriza ku musozi we mutagatifu.

Ndaryama ngasinzira, nageraho ngakanguka:
igihe cyose Uhoraho ni we unshyigikiye.
Sintinya icyo gitero cy’abantu
bangose impande zose.

Publié le