Amasomo yo kuwa gatatu [33 gisanzwe, giharwe]

Isomo ryo mu gitabo cya kabiri cy’Abamakabe 7,1.20-31

Bukeye, baza gufata na none abavandimwe barindwi hamwe na nyina, umwami abakubitisha imikwege n’imirya y’ibimasa, ashaka kubahatira kurya inyama z’ingurube zabuzwaga n’amategeko. Nyina ubabyara rero aba agatangaza rwose n’intibagirana, we wabonaga abahungu be barindwi bicirwa umunsi umwe, nyamara akiyumanganya gitwari, kuko yari yiringiye Nyagasani. Yashishikazaga buri wese muri bo mu rurimi rw’abasekuruza be. Uko yakuzuye ibitekerezo bitunganye, akanayoborwa n’ubutwari bwa kigabo, uwo mugore yabwiraga abahungu be, ati «Uko nabasamye sinkuzi; si jye wabagabiye umwuka n’ubugingo, si nanjye watunganyije ingingo za buri wese muri mwe. Ni cyo gituma Umuremyi w’isi, we wahanze muntu akaba n’inkomoko y’ibintu byose, azabagirira impuhwe akabasubiza umwuka n’ubugingo, ubwo mwiyanze ubwanyu kubera urukundo mufitiye Amategeko ye.»

Antiyokusi abyumvise, yibwira ko bamusuzuguye, ndetse akeka ko bamututse. Ni ko guhendahenda umuhererezi wari ukiri muzima, ndetse anamusezeranya mu ndahiro ko azamukungahaza, akadamarara, akazamugira incuti kandi akamushinga imirimo ikomeye naramuka aretse imigenzo y’abasekuruza be. Ariko wa musore ntiyabyitaho, umwami ni ko guhamagaza nyina umubyara, amusaba kumugira inama ngo akunde akize ubuzima bwe. Amaze kumwinginga igihe kirekire, yemera kugira umuhungu we inama. Nuko nyina aramwiyegereza, ari na ko ahema wa mugome, amubwira mu rurimi rw’abasekuruza be, ati «Mwana wanjye, mbabarira jye wagutwaye mu nda amezi cyenda yose, nkakonsa imyaka itatu, nkakugaburira kandi nkakurera kugeza uko ungana uku, ari jye ukwitaho. Ndakwinginze, mwana wanjye, ubura amaso witegereze ijuru n’isi, urebe ibihari byose kandi wibuke ko Imana yabikuye mu busa, ndetse n’abantu akaba ari ko baremwe. Witinya uyu mwicanyi, ahubwo emera upfane ubutwari nk’abavandimwe bawe, kugira ngo igihe cy’imbabazi z’Imana nikigera, nzongere kukubona hamwe na bo.»

Nyina yabaye akirangiza kuvuga, uwo musore atera hejuru, ati «Mbese mutegereje iki? Sinteze kumvira amabwiriza y’umwami, ahubwo numvira Amategeko abasekuruza bacu bahawe na Musa. Naho wowe wahimbye uburyo bwinshi bwo kwicisha urubozo Abahebureyi, ntuzarokoka ibiganza by’Imana.

Zaburi ya 16 (17), 1.2b, 5-6, 8.15

Uhoraho, ndenganura!

Nyumva, wite ku maganya yanjye;

tega amatwi isengesho ryanjye,

ridaturutse mu munwa ubeshya.

Ijisho ryawe rirebe aho ukuri guherereye!

mpamya intambwe mu mayira yawe,

ibirenge byanjye ntibyadandabirana.

Mana yanjye, ndakwiyambaza, kuko unyumva;

ntega amatwi, wumve ibyo nkubwira!

Urandinde nk’imboni y’ijisho ryawe,

umpishe mu gicucu cy’amababa yawe,

Naho jyewe birakwiye ko nzareba uruhanga rwawe;

ninkanguka, nzanyurwa n’uburanga bwawe.

Publié le