Dusabe Nyir’imyaka yohereze abakozi mu murima we

Inyigisho yo ku wa gatandatu, icyumweru cya I, Adiventi, 2013

Ku ya 07 Ukuboza 2013 – Mutagatifu Ambrozi, Umwalimu wa Kiliziya

Yateguwe na Padiri Charles HAKORIMANA

Igihe Yezu aje yasanze umuryango w’Imana utegereje, Umukiza wari warahanuwe kuva igihe kirekire. Guhera ku myaka cumi n’ibiri umuyahudi (igitsina gabo), yatangiraga kwimenyereza gusoma Ibyanditswe bitagatifu no kwitoza kubaho akurikije ibyo asoma. Ibyanditswe btagatifu ni byo byatangaga umurongo n’icyerekezo cy’imibereho y’umuryango wa Israheli, ugendeye cyane cyane ku bisobanuro byatangwaga n’abahanga banyuranye. Kimwe n’ubu ntibyari bihagije gusoma gusa ngo wumve icyo Ibyanditswe bitagatifu bivuga, byasabaga abasobanura, akenshi bakabikorera mu nsengero zari hirya no hino mu nsinsiro.Ibi bikerekana ko uyu wari umuryango wubakiye cyane ku iyobokamana.

Umuryango w’Imana wari utegereje ariko wari unashonje. Wari usonzeye iyobokamana risobanutse niho ivanjili y’uyu munsi itubwira ko Yezu ngo “ abonye iyo mbaga y’abantu abagirira impuhwe, kuko bari barushye kandi bameze nk’intama zitagira umushumba” ( Mt 9,36).

Bari barushye

Nyuma yo kwigarurirwa no gukoronizwa n’amahanga anyuranye, umuryango wa Isareheli wakomeje kwizera no gutegereza Umukiza, gusa kubera kurambirwa igitugu cy’abandi bari barambiwe. Ku gihe cya Yezu bategekwaga n’Abaromani baje nyuma y’Abagereki. Uretse kuba bari barushye kubera kuza biruka baturutse hirya no hino mu nsinsiro bagana Yezu , aha biranashushanya umunaniro wo gutegereza bahangayitse.

Bameze nk’intama zitagira umushumba

Kubera kuyoborwa n’amahanga anyuranye iyobokamana ry’Umuryango wa Isaraheli ntiryari rikirongorotse. Hari haragiye hivangamo imyumvire n’imyemerere yo mu yandi mahanga. Ibi byatumye haba amatsinda anyuranye rimwe na rimwe ahanganye yo gusobanura iyobokamana: abafarizayi, abasaduseyi, abaherodiyani n’abandi. Hiyongeragaho kandi abahanuzi banyuranye bagendaga baduka na bo bagakurikirwa n’abantu benshi. Ibi byatumaga abantu bagana aha na hariya bashakisha icyabafasha mu iyobokamana. Uku kujya hirya no hino nibyo Yezu agereranije n’intama ziatagira umushumba zijya aho zishake zishakisha ibizitunga akenshi zigafata ibyo zitagenewe bishobora no kuzica.

Yezu ati : “imyaka yeze ni myinshi, ariko abakozi ni bakeya” : nk’uko tumaze kubibona abakozi ntibari babuze icyari kibuze ni abakozi b’ukuri, abashumba b’ukuri bamara umukeno. Abakozi benshi batazi ibyo bakora banyuka imyaka bakayangiza. Nyirimyaka, Imana niwe uzi kureba abakozi bakwiye niwe wohereza abakozi b’ukuri batanyuranye n’abandi bashobora kuba benshi bafite izindi nyungu. Aha ubuke ntibivuga ku mubare ( quantity), biravuga ku kamaro n’agaciro (quality). Iyo dusaba nyirimyaka rero dusabe cyane cyane abakozi bafite akamaro (quality) bitangira ubutumwa bashinzwe aho kureba ibindi.

Yezu Umushumba w’impuhwe ni we umenya abakozi beza tumusabe ngo aduhe abatwitaho batwerekeza ku Mana, kuko kuri ubu abasonzeye ubutangane, abakeneye guhura n’Imana ni benshi. Bigaragazwa n’uburyo abantu biruka bajya aha na hariya mu dutsinda (amadini) avuka buri munsi. Iki ni ikimenyetso cy’inyota y’Imana bababafite bakabura uyibamara.

Dusabe Nyir’imyaka yohereze abakozi mu murima we.

Publié le
Catégorisé comme Inyigisho