Amasomo yo ku wa kabiri – Nyuma y’Ukwigaragaza

Isomo ryo mu Ibaruwa ya mbere ya Yohani 4,7-10

Nkoramutima zanjye, nidukundane, kuko urukundo rukomoka ku Mana, kandi umuntu wese ukunda aba yarabyawe n’Imana, akanayimenya. Naho udakunda, uwo ntiyamenye Imana, kuko Imana ari urukundo. Dore uko urukundo rw’Imana rwigaragaje muri twe: Imana yohereje Umwana wayo w’ikinege ku isi, kugira ngo tubeshweho na We. Nguko uko urukundo ruteye: si twebwe twabanje gukunda Imana, ahubwo ni Yo yadukunze mbere, maze yohereza Umwana wayo ngo abe igitambo cyo guhongerera ibyaha byacu.

Zaburi ya 72 (72) ,1-2, 3-4, 7-8

R/Nimuze mwese muramye Imana yanyu!

Mana, umwami umwegurire ubucamanza bwawe,

uwo mwana w’umwami, umutoze ubutabera bwawe ;

acire umuryango wawe imanza ziboneye,

kandi arengere n’ingorwa zawe.

Imisozi nikwize rubanda amahoro,

n’imirenge ibazanire ubutabera.

Azarenganura rubanda rugufi,

arokore abatindahare,

kandi aribate uwabakandamizaga.

Mu gihe cye, ubutabera buzasagamba,

n’amahoro asesure mu mezi atabarika.

Azategeka kuva ku nyanja kugera ku yindi,

avane ku Ruzi ageze ku mipaka y’isi.

Publié le