Isomo: Abahebureyi 3,14-17

Isomo ryo mu Ibaruwa yandikiwe Abahebureyi 3,14-17

Ni nk’uko Roho Mutagatifu abihamya, ati «Uyu munsi, nimwumva ijwi rye, ntimunangire imitima yanyu nk’igihe cy’amananiza, nk’uko byabaye ku munsi w’igeragezwa, mu butayu; aho abasekuruza banyu bangeragereje, bashaka kunyinja, n’ubwo bari barabonye ibikorwa byanjye, mu myaka mirongo ine. Ni cyo cyatumye ndakarira iyo nyoko, maze ndavuga nti ‘Iteka ryose umutima wabo urararuka; ntibamenye inzira zanjye!’ None narahije uburakari bwanjye ko batazinjira mu buruhukiro bwanjye!» Muramenye rero, bavandimwe, ntihakabe n’umwe muri mwe wigiramo umutima mubi, ngo yitandukanye n’Imana Nzima abitewe no kubura ukwemera. Ahubwo buri munsi nimuterane inkunga, igihe cyose hakiri «Uyu munsi» Ibyanditswe bivuga, maze ntihagire n’umwe muri mwe unangira umutima, ayobejwe n’icyaha. Twabaye koko umwe na Kristu, niba ariko dukomeje kudahinyuka ku mimerere yacu yo mu ntangiriro.

Publié le