Isomo: Izayi 42,1-7

[wptab name=’Isomo: Izayi 42′]

Isomo ryo mu gitabo cy’Umuhanuzi Izayi 42,1-7

Dore umugaragu wanjye nshyigikiye, intore yanjye inyizihira. Namushyizeho umwuka wanjye; azagaragariza amahanga ubutabera, ntazasakuza kandi ntazatera ijwi hejuru, ntazumvikanisha ijwi rye mu mayira. Ntazavuna urubingo rwarabiranye, ntazazimya ifumba igicumbeka, kandi nta kabuza, azagaragaza ubutabera. We ntazigera acogora, cyangwa ngo acike intege, kugeza ubwo azaba yamaze gukwiza ubutabera ku isi, n’ibirwa bitegereje amategeko ye. Nguko uko avuze Uhoraho, Imana, we waremye ijuru akaribambika, akarambura isi n’ibiyiriho byose, ibiyimeraho akabiha guhumeka, agaha n’umwuka abayigendaho bose. Ni jye Uhoraho, wakwihamagariye, nkurikije umugambi wanjye, ngufata ikiganza, ndakwizigamira, nkugenera kwemararira isezerano ry’imbaga, no kuba urumuri rw’amahanga, kugira ngo uhumure amaso y’impumyi, uvane imfungwa mu nzu y’imbohe, kandi ukure mu munyururu abari mu mwijima. 

[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 26(27)’]

Zaburi ya 26 (27), 1, 2, 3, 13-14

R/ Uhoraho ni urumuri rwanjye n’agakiza kanjye.

Uhoraho ni urumuri rwanjye n’agakiza kanjye,

ni nde wantera ubwoba?

Uhoraho ni urugerero rw’ubugingo bwanjye,

ni nde wankangaranya?

 

Igihe abagiranabi bampagurukiye,

kugira ngo bandye mbona,

abo banzi banjye bandwanya,

ni bo ahubwo badandabirana bakitura hasi!

 

Kabone n’aho igitero cyose cyaza,

kigashinga ingando kinyibasiye,

umutima wanjye nta bwoba wagira na busa;

n’aho intambara yarota, nakomeza kwizera.

 

Nyamara jye nizeye kuzabona ubugiraneza bw’Uhoraho,

mu gihugu cy’abazima.

Ihangane, wizigire Uhoraho,

ukomeze umutima, ube intwari!

rwose wiringire Uharaho!

[/wptab]

[end_wptabset]

Publié le