Yezu yumvise ko Yohani yatanzwe, yigira mu Galileya, yimuka i Nazareti, ajya kuba i Kafarinawumu ku nkuka y’inyanja, mu rugabano rwa Zabuloni na Nefutali, kugira ngo huzuzwe ibyo umuhanuzi Izayi yavuze ati
«Gihugu cya Zabuloni,
nawe gihugu cya Nefutali,
nzira igana inyanja,
hakurya ya Yorudani,
Galileya y’abanyamahanga!
Imbaga yari yigungiye mu mwijima
yabonye urumuri rutangaje;
n’abari batuye mu gihugu
gicuze umwijima w’urupfu,
urumuri rwabarasiyeho.»
Guhera ubwo Yezu atangira kwigisha, agira ati «Nimwisubireho, kuko Ingoma y’ijuru yegereje!» Nuko Yezu azenguruka Galileya yose, yigishiriza mu masengeroyabo, atangaza Inkuru Nziza y’Ingoma, akiza icyitwa indwara n’ubumuga cyose muri rubanda. Ubugiraneza bwe bumenyekana muri Siriya yose, bakajya bamuzanira imbabare zose zifite indwara n’ibyago by’amoko yose: abahanzweho, abanyagicuri, ibimuga, nuko akabakiza. Maze abantu benshi bavuye muri Galileya no muri Dekapoli, iYeruzalemu no muri Yudeya, no hakurya ya Yorudani, bamuhombokaho.