Ivanjili ya Mutagatifu Luka 19,11-28 [ku wa gatatu, 33 gisanzwe]

Mu gihe abantu bari bamuteze amatwi, Yezu yongera kubacira umugani, kuko yari ageze hafi ya Yeruzalemu, kandi hakaba hari abibwiraga ko Ingoma y’Imana igiye kwigaragaza ako kanya. Nuko aravuga ati «Umuntu w’igikomangoma yagiye mu gihugu cya kure ajyanywe no kwimikwa, byarangira akagaruka. Nuko ahamagara icumi mu bagaragu be, abaha ibiceri cumi bya feza, arababwira ati ‘Muzabikoreshe neza bizunguke kugeza igihe nzagarukira.’ Ariko abaturage be baramwangaga, maze bamukurikiza intumwa zo kuvuga ngo ‘Ntidushaka ko uriya atubera umwami!’

Amaze rero kwimikwa, aragaruka, ahamagaza abagaragu yari yarahaye feza ze, kugira ngo amenye icyo buri muntu yungutse. Uwa mbere araza, aravuga ati ‘Nyagasani, ifeza yawe yungutse izindi cumi.’ Umwami aramubwira ati ‘Ni uko, ni uko, mugaragu mwiza! Kubera ko wabaye inyangamugayo mu bintu bike, uzatwara imigi cumi.’ N’uwa kabiri araza, ati ‘Nyagasani, ifeza yawe yungutse izindi eshanu.’ N’uwo nguwo umwami aramubwira ati ‘Nawe uzatwara imigi itanu.’

Undi na we araza, ati ‘Nyagasani, dore ifeza yawe, nayibitse neza mu gitambaro. Koko naragutinye, kuko uri umunyamwaga: utwara ibyo utabitse, ugasarura aho utabibye.’ Umwami aramusubiza ati ‘Amagambo yawe umaze kwivugira ni yo ngiye kukuziza, wa mugaragu mubi we! Wari uzi ko ndi umunyamwaga, ntwara ibyo ntabitse, ngasarura ibyo ntabibye. Wabujijwe n’iki gushyira feza yanjye mu isanduku y’ububiko, ngo ningaruka uyimpane n’inyungu yayo?’ Nuko abwira abari aho, ati ‘Nimumwake ifeza ye, maze muyihe uzifite ari icumi.’ Baramubwira bati ‘Nyagasani, ko afite se nyine icumi!’ Umwami arabasubiza ati ‘Ndabibabwiye: ufite wese bazamwongerera, naho ufite ubusa bazamwambura n’utwo yari atunze. Naho abanzi banjye banze ko mbabera umwami, nimubazane hano mubicire imbere yanjye.’»

Yezu amaze kuvuga ibyo abarangaza imbere, azamuka agana i Yeruzalemu.

Publié le