Ivanjili ya Mutagatifu Luka 23,35-43 [Ku cyumweru cya 34 C: Kristu Umwami]

Rubanda baguma aho bamurebera, abatware bo bakamunnyega bavuga bati «Yakijije abandi, ngaho na we niyikize, niba ari Kristu Intore y’Imana!» Abasirikare na bo bakamukwena, maze baramwegera bamuhereza divayi irura, bavuga bati «Niba uri umwami w’Abayahudi, ngaho ikize ubwawe!» Hejuru ye hari handitse itangazo ngo «Uyu ni umwami w’Abayahudi.»

Umwe mu bagiranabi bari babambanywe na we yaramutukaga, avuga ati «Harya si wowe Kristu? Ngaho ikize ubwawe, natwe udukize!» Ariko mugenzi we amucyaha avuga ati «Mbese ntutinya Imana, wowe waciriwe rumwe na we! Twebwe turazira ukuri, turaryozwa ibibi twakoze; naho we nta kibi yakoze.» Arongera ati «Yezu, uranyibuke, igihe uzazira kwima Ingoma yawe.» Yezu ni ko kumusubiza ati «Ndakubwira ukuri: uyu munsi uraba uri kumwe nanjye mu ihirwe ry’Imana.»

Publié le