Ivanjili ya Mutagatifu Mariko 5,1-20 – [Ku wa mbere, Icya 4 gis., A]

Nuko bagera hakurya y’inyanja, mu gihugu cy’Abanyagerasa. Yezu akiva mu bwato, umuntu wahanzweho na roho mbi aturuka mu irimbi, aza amusanga. Yiberaga mu marimbi , kandi nta muntu wari ugishobora kumuboha, kabone n’iyo yakoresha umunyururu. Kenshi yari yaraboheshejwe n’ingoyi n’iminyururu, maze agaca iminyururu agacagagura n’ingoyi, kandi nta washoboraga kumufata ngo amuherane. Ijoro n’amanywa yahoraga ari mu marimbi, no mu misozi, avuza induru kandi yishishimuza amabuye. Nuko abona Yezu akiri kure, aza yiruka, aramupfukamira, maze atera hejuru cyane ati «Uranshakaho iki, Yezu, Mwana w’Imana Isumbabyose? Nkurahije Imana, winyica urubozo!» Yezu koko yarayibwiraga ati «Roho mbi, va muri uyu muntu!» Maze arayibaza ati «Izina ryawe ni irihe?» Iramusubiza iti «Nitwa Gitero, kuko turi nyinshi.» Nuko iramwinginga cyane ngo atazirukana muri icyo gihugu. Kuri uwo musozi hari umukumbi munini w’ingurube zarishaga. Nuko roho mbi zinginga Yezu, ziti «Tureke twigire muri ziriya ngurube, tuzituremo.» Arabizemerera. Nuko roho mbi ziva muri uwo muntu, zinjira mu ngurube, maze uwo mukumbi wose ukonkoboka mu manga n’umuriri mwinshi, wiroha mu nyanja; uko zari nk’ibihumbi bibiri, ziroha mu nyanja. Nuko abashumba bazo barahunga, bajya kubimenyesha abari mu mugi n’abari mu cyaro na bo baza kureba ibyabaye. Basanga Yezu, babona na wa muntu wigeze guhangwaho na Gitero, ya roho mbi, yicaye, yambaye, kandi noneho yagaruye ubwenge. Nuko bashya ubwoba. Abari babibonye batekerereza abandi ibyabaye ku uwahanzweho, n’ibyabaye ku ngurube. Binginga Yezu ngo abavire mu gihugu. Ngo ajye mu bwato, wa muntu wigeze guhangwaho na roho mbi aramwinginga ngo bibanire. Yezu ntiyamwemerera, ahubwo aramubwira ati «Taha usange bene wanyu; ubatekerereze ibyo Nyagasani yakugiriye byose, n’ukuntu yakugiriye impuhwe.» Uwo muntu aragenda, atangira kwamamaza mu ntara ya Dekapoli ibyo Yezu yamugiriye byose. Nuko bose bagatangara.

Publié le