Ivanjili ya Yohani 16,20-23a – Ku wa Gatanu – Icya 6 cya Pasika

Muri icyo gihe, Yezu agiye kuva kuri iyi si ngo asange Se, abwira abigishwa be ati «Ndababwira ukuri koko: mwe muzarira ndetse muganye, ariko isi yo izishima. Mwe muzagira ishavu, ariko ishavu ryanyu rizabaviramo ibyishimo. Umugore iyo agiye kubyara arababara, kuko igihe cye kiba kigeze, ariko yamara kubyara umwana ntabe akibuka bwa bubabare, kubera ibyishimo by’uko havutse umuntu ku isi. Namwe ubu koko mufite ishavu, ariko nzongera mbabone maze imitima yanyu inezerwe ; kandi ibyishimo byanyu he kugira ubibavutsa. Uwo munsi kandi ntimuzongera kugira icyo mumbaza. »

Publié le