Amasomo yo ku wa gatanu, Icya 4 C gisanzwe

Isomo ryo mu gitabo cya Mwene Siraki 47,2-11

Nk’uko ibinure bikurwa ku gitambo cy’ubuhoro,
ni ko Dawudi yatoranijwe mu bana ba Israheli.
Yakinishaga intare nk’aho zabaye abana b’ihene,
n’ibirura akabikinisha nk’abana b’intama.
Mu busore bwe se ntiyishe umuntu w’igihanyaswa,
maze umuryango akawukiza atyo ikimwaro,
igihe yazunguzaga ibuye mu muhumetso,
agatsemba ubwirasi bwa Goliyati?
Koko rero, yatakambiye Uhoraho Umusumbabyose,
nuko akaboko ke k’iburyo karakomera,
maze atsemba umurwanyi ukomeye,
kandi umuryango we usubirana ububasha.
Ni yo mpamvu bamuratiye ko yishe ibihumbi n’ibihumbagiza,
bakamushimira imigisha Uhoraho amuhunze,
bamutamiriza ikamba ry’ikuzo.
Koko rero, yatsembye abanzi bari babakikije,
arimbura ababisha be b’Abafilisiti,
kugeza na n’ubu yarabaganje uruhenu.
Mu bikorwa bye byose, yashimiraga Nyir’ubutungane,
akarata Umusumbabyose mu magambo amusingiza;
yaririmbaga n’umutima we wose,
abitewe n’urukundo afitiye Uwamuremye.
Yashyizeho umutwe w’abaririmbyi imbere y’urutambiro,
kugira ngo batere indirimbo zinogeye amatwi.
Iminsi mikuru yarayubahirije bitangaje,
ibirori birushaho guhimbazwa,
bagasingiza izina ritagatifu ry’Uhoraho,
kuva mu museso urusengero rukarangira.
Uhoraho yamukijije ibyaha bye,
amukomereza ububasha ubuziraherezo,
amuha isezerano rya cyami,
n’intebe y’ikuzo muri Israheli.

Zaburi 18(17),31.33a.47.50.32a.51.

Inzira y’Imana ntihinyurwa na gato,
ijambo ry’Uhoraho ntirikemangwa;
ni we ngabo ikingira abamuhungiraho bose.

Iyo Mana ni yo intera imbaraga,
ikantunganyiriza inzira nyuramo,
Uhoraho arakabaho! We Rutare nisunga, aragasingizwa!

Imana nkesha umukiro niharirwe umutsindo,
Ni cyo gituma ngushimira, Uhoraho, rwagati mu mahanga,
maze nkaririmba nshimagiza izina ryawe,
None se, ni nde Mana uretse Uhoraho?

Ni nde Rutare twisunga usibye Imana yacu?
mvuga nti «Agwiriza imitsindo umwami yimitse,
agatonesha uwo yasize amavuta y’ubutore,
ari we Dawudi n’abamukomokaho iteka ryose.»

Ivanjili ya Mutagatifu Mariko 6,14-29

Nuko umwami Herodi yumva bavuga ibya Yezu, kuko izina rye ryari rimaze kwamamara, bavuga ngo «Yohani Batisita yazutse mu bapfuye! Ni cyo gituma yifitemo ububasha bwo gukora ibitangaza.» Abandi bakavuga ngo «Ni Eliya.» Abandi kandi ngo «Ni umuhanuzi nk’abandi bahanuzi ba kera.» Herodi abyumvise aravuga ati «Ni Yohani, umwe naciye umutwe, none akaba yarazutse!»
Koko rero Herodi yari yatumye abantu bo gufata Yohani no kumubohera mu buroko, abitewe na Herodiya, umugore wa murumuna we Filipo, Herodi yari yaracyuye. Kuko Yohani yari yarabwiye Herodi ati «Ubujijwe gutunga umugore wa murumuna wawe.» Herodiya na we yahoraga ahigira Yohani agashaka no kumwicisha, ariko ntabishobore, kubera ko Herodi yatinyaga Yohani bigatuma amurengera, abitewe n’uko yari azi ko ari umuntu w’intabera kandi w’intungane. Iyo yabaga yamwumvise yabunzaga imitima cyane, nyamara yakundaga kumwumva.
Nuko haza kuba umunsi mukuru, ubwo Herodi yari yahimbaje isabukuru y’ivuka rye, maze atumira abatware be, n’abakuru b’ingabo ze hamwe n’abanyacyubahiro bo mu Galileya. Umukobwa wa Herodiya araza arabyina, ashimisha Herodi n’abatumirwa be. Nuko umwami abwira umukobwa ati «Nsaba icyo ushaka cyose, ndakiguha.» Aramurahira ati «Icyo unsaba cyose ndakiguha, kabone n’iyo cyaba icya kabiri cy’igihugu cyanjye.» Umukobwa arasohoka abaza nyina ati «Nsabe iki?» Undi aramusubiza ati «Saba umutwe wa Yohani Batisita.» Umukobwa agaruka bwangu asanga umwami, amusaba avuga ati «Ndashaka ko umpa nonaha umutwe wa Yohani Batisita ku mbehe.» Umwami biramushavuza cyane, ariko kubera indahiro ye n’abo yari yatumiye, yanga kwivuguruza. Ako kanya umwami yohereza umwe mu ngabo ze, amutegeka kuzana umutwe wa Yohani. Uwo mugabo aragenda, amucira umutwe mu buroko. Nuko azana umutwe ku mbehe, maze awuha uwo mukobwa, umukobwa na we awuha nyina. Abigishwa ba Yohani babyumvise, baraza bajyana umurambo we, baramuhamba.

Publié le