Isomo rya 1: 2 Samweli 7,1-17
Ubwo rero umwami atura mu ngoro ye, kandi Uhoraho amuha ihumure, amukiza abanzi bose bari bamukikije. Bukeye, umwami abwira umuhanuzi Natani, ati «Dore ntuye mu nzu y’ibiti by’amasederi, naho Ubushyinguro bw’Imana bukaba mu ihema!» Natani abwira umwami, ati «Icyo utekereza gukora cyose, genda ugikore, kuko Uhoraho ari kumwe nawe.»
Zaburi ya 88 (89), 4-5, 27-28, 29-30
Ivanjili ya Mutagatifu Mariko 4,1-20
Arongera atangira kwigishiriza ku nkombe y’inyanja. Abantu benshi cyane bamuteranira iruhande, bituma ajya kwicara mu bwato, mu nyanja, naho abantu bose bari imusozi ku nkombe y’inyanja. Yabigishaga byinshi avugira mu migani, maze mu nyigisho ze akababwira ati «Nimutege amatwi! Umubibyi yavuye iwe ajya kubiba. Nuko igihe abiba, imbuto zimwe zigwa iruhande rw’inzira, inyoni ziraza zirazirya. Izindi zigwa mu rubuye, ntizahasanga igitaka cyinshi, nuko zimera vuba, kuko igitaka cyari gike; izuba rivuye zirashya, ziruma kuko zitari zifite imizi. Izindi zigwa mu mahwa, amahwa arakura, arazipfukirana, nuko ntizagira icyo zera. Naho izindi zose zigwa mu gitaka cyiza, zo zirakura ziragara, zera imbuto, imwe ikera mirongo itatu, indi mirongo itandatu, indi ijana.» Nuko Yezu aravuga ati «Ufite amatwi yo kumva, niyumve!»