Amasomo yo ku wa kabiri, Icya 2 cya Pasika

Isomo rya 1: Ibyakozwe n’Intumwa 4, 32-37

Imbaga y’abemera yari ifite umutima umwe n’amatwara amwe, kandi nta n’umwe wibwiraga ko icyo atunze cyose ari icye bwite, ahubwo byose byari rusange kuri bo. Nuko Intumwa zikomeza guhamya izuka rya Nyagasani Yezu n’ububasha bukomeye, kandi ubugwaneza bwinshi bwari bubuzuyemo bose. Koko rero nta mukene wababagamo, kuko ababaga bafite amasambu cyangwa amazu babigurishaga, bakazana ikiguzi cyabyobakagishyikiriza Intumwa. Nuko bakabisaranganya bakurikije ibyo buri muntu akeneye.Bityo na Yozefu, uwo Intumwa zari zarahimbye Barinaba – ari byo kuvuga Imaragahinda -, wari n’umulevi ukomoka i Shipure, akaba yari afite umurima. Agurisha uwo murima, maze ikiguzi cyawo agishyikiriza Intumwa.

Zaburi ya92(93), 1ab, 1c-2, 5

R/ Yezu Kristu ni Nyagasani, aganje mu ikuzo. Alleluya.

Uhoraho ni Umwami, yisesuyeho ubuhangare,

Uhoraho yambaye ububasha, yarabukindikije.

 

Isi yarayishinze arayikomeza ;

intebe yawe y’ubwami yashinzwe ubutajegajega,

uriho kuva kera na kare !

 

Ibyo waduhishuriye ni amanyakuri ;

Ingoro yawe ikwiranye n’ubutungane,

Uhoraho, uko ibihe bizahora bisimburana.

Ivanjili ya Mutagatifu Yohani 3,7-15

Ntutangazwe n’uko nkubwiye ngo ugomba kongera kuvuka ubwa kabiri. Umuyaga uhuha werekeza aho ushaka, ukawumva uhuha, ariko ntumenye aho uturuka cyangwa aho werekeza; nguko uko bimerera umuntu wese wavutse kuri Roho.» Nikodemu aramubaza ati «Ese ibyo bishobora kubaho bite?» Yezu aramusubiza ati «Ukaba umwigisha muri Israheli, maze ibyo ntubimenye? Ndakubwira ukuri koko: tuvuga ibyo tuzi, tugahamya n’ibyo twabonye, ariko ntimwemere ibyo duhamya. Niba mutemera mbabwira ibintu byo mu isi, muzemera mute nimbabwira ibyo mu ijuru? Nta wigeze azamuka ajya mu ijuru, uretse Umwana w’umuntu wamanutse aturutse mu ijuru. Mbese nk’uko Musa yamanitse inzoka mu butayu, ni ko n’Umwana w’umuntu azagomba kumanikwa, kugira ngo umwemera wese agire ubugingo bw’iteka.»

Publié le