Amasomo ya Misa yo ku wa Kane – Icyumweru cya 27 gisanzwe, A

Isomo ryo mu ibaruwa Pawulo intumwa yandikiye Abanyagalati 3,1-5

Mbega ngo muraba abapfu, Banyagalati ! Ni nde wabararuye kandi mwareretswe uko Kristu yabambwe ? Ndifuza ko mumenyesha iki cyonyine: ari ukuzuza amategeko, ari no kwakira ukwemera, icyabahesheje Roho ni ikihe ? Mbese mwabaye abapfu bigejeje aho ? Mwatangiye ibintu mufashijwe na Roho, none mwibwiye ko bizuzurizwa mu ruhu rw’umubiri? Mbega kuruhira ubusa? Ubonye n’iyo biba ku busa nyine! Mbese nyine, Ubaha Roho, akabakoramo ibitangaza, abigirira ko mwujuje amategeko cyangwa ko mwakiriye ukwemera?

Indirimbo: Luka 1,69-70.71-72.73-75

Yatugoboreye ububasha budukiza

mu nzu ya Dawudi umugaragu we,

nk’uko abahanuzi be batagatifu

bari barabitumenyesheje kuva kera

 

ko azadukiza abanzi bacu,

akatugobotora mu nzara z’abatwanga bose.

Yagiriye impuhwe ababyeyi bacu,

maze yibuka isezerano rye ritagatifu,

 

ya ndahiro yarahiye Abrahamu umubyeyi wacu,

avuga ko namara kutugobotora mu maboko y’abanzi bacu,

azaduha kumukorera nta cyo twikanga,

turangwa n’ubuyoboke hamwe n’ubutungane,

iminsi yose y’ukubaho kwacu.

 

Ivanjili ya Mutagatifu Luka 11,5-13

Nuko arababwira ati «Tuvuge ko umwe yaba afite incuti, akagenda ayigana mu gicuku, akayibwira ati ‘Mugenzi wanjye, nguriza imigati itatu; dore incuti yanjye iri mu rugendo intungutseho, none mbuze icyo nyiha’. Hanyuma undi akamusubiriza mu nzu, ati ‘Windushya! Dore nakinze, kandi jye n’abana banjye turaryamye; sinshobora kubyuka ngo nguhe iyo migati.’ Ndabibabwiye: n’aho atabyutswa no kumuhera ko ari incuti ye, yabyutswa n’uko yamubujije uburyo, maze akamuha ibyo akeneye byose.
Nanjye ndabibabwiye nti: musabe, muzahabwa; mushakashake, muzaronka; mukomange, muzakingurirwa. Kuko usaba wese ahabwa, ushakashaka akaronka, n’ukomanga agakingurirwa.
Mbese ni nde mubyeyi muri mwe, umwana we yasaba umugati, akamuhereza ibuye? Cyangwa se yamusaba ifi, aho kuyimuha, akamuhereza inzoka? Cyangwa se yamusaba igi, akamuhereza manyenga? Niba rero, mwebwe n’ububi bwanyu, muzi guha abana banyu ibintu byiza, So uri mu ijuru azarushaho ate guha Roho Mutagatifu abamumusabye?»
Publié le