Yezu yaje kutwigisha kunonosora amategeko

Inyigisho yo ku wa gatatu w’icyumweru cya 3, Igisibo 2014

Ku ya 26 Werurwe 2014 – Mwayiteguriwe na Padiri Fraterne NAHIMANA

Amasomo tuzirikana none turayasanga : Ivug 4,1.5-9 na Mt 5, 17-19

Bavandimwe igihe cy’igisibo ni igihe gikomeye cya kiliziya kitwibutsa kutarangara no kutirara ngo bya bindi dusanzwe dukora turangaye, tutanabishyizeho umutima, twongere tubihugukire, tubigire byiza kurushaho. Kunonosora bivuga mbere na mbere gukora uko bikwiye ibyo dusanzwe dukora igicagate. N’ubundi umuntu mu ntege nke ze haba ubwo yifuza kunoza no kunonosora ibintu ariko ntibigere ku rugero nyarwo rwatuma yumva yishimye. Icyakora Imana mu bwiza bwayo ntiyabura kudushimira uwo mutima ndetse n’imbaraga dukoresha dushaka kunoza ibyo dukora. Mu gisibo twihatire kugira ibyo tunonosora, tuzagere kuri Pasika turi muntu wiyumvamo ubuzima bushya dukesha kuzirikana ku magambo n’imigenzereze bya Kristu. Burya haba ubwo twiyemeza byinshi maze tukazatunganya bicye, aka wa mugani w’ikinyarwanda ngo: “Isuri isambira byinshi igasohoza bicye’’. Ese muri iki gisibo umukristu aramutse yiyemeje kunonosora rimwe mu mategeko y’Imana yaba adakoze ikintu gikomeye? Kristu atubeshaho avuga, koko rero Ijambo rye ni ubuzima. Kristu atubeshaho kandi akora koko rero abazirikana ibyo yakoze babironkeramo ubuzima.

  1. Isezerano rya kera ryacaga amarenga

Mu isezerano rya cyera tubona ukuntu Imana yahaye Musa amategeko n’imigenzo ngo abishyikirize umuryango wa Isiraheli ngo kandi nibabikurikiza bazabone kubaho. Kuba umuryango w’Imana wari uhawe ayo mategeko byari ikimenyetso cy’uko Imana iwufiteho umugambi. Imana yatanze amategeko ikurikije uko yabonaga uwo muryango inakurikije icyo yari iwutegerejeho mu gihe waba wayakurikije wanayitayeho. Nta kindi kitari ubuzima Imana igabira uwari we wese wibanda ku mategeko yayo.Ibyo dusanga mu isezerano rya kera bitwumvishako gukurikiza amategeko n’imigenzo no kubitoza abandi bitanga ubuzima bikanatanga amahirwe ku babyitaho ni inshamarenga. Mu isezerano rishya niho tuzabona uko Yezu yitaye ku mategeko ya Data,akibanda ku gushaka kwe akakugira nk’ifunguro rimutunga bityo akaguma muri bwa bumwe yari afitanye na Se. Natwe abe adutoza kugenza nkuko yagenje ngo tuzasangire nawe ikuzo.

  1. Imana yatanze itegeko ryayo ngo ritubesheho

Mu buzima busanzwe amategeko n’amabwiriza bishyirwaho n’abantu bituma hari byinshi bijya mu buryo. Mu muhanda hari ibyapa bitubwirako ahantu ari sens unique, hakaba ibitwibutsa umuvuduko ntarengwa, ndetse iyo abashinzwe umutekano mu muhanda baduha andi mabwiriza n’inama byo kwambara umukandara mu modoka n’ iyo batwibutsako ikinyabiziga runaka hakurikijwe uko cyakozwe n’imbaraga gifite kitagomba kurenza abantu aba n’aba,…baba bifuriza abantu kubaho.

Niba amategeko y’abantu umuntu ashobora kuyakurikiza akirinda impanuka zamuturukaho agasigara arwana n’izamugwirira ziturutse ku bandi, amategeko y’Imana yo uwayitaho, akayubaha, akayakurikiza yaba yamaze kubaho by’ukuri kuko nta gitunguranye cyamuvutsa ubuzima giturutse ku Mana. Imana ikunda ubuzima maze abayubaha ikabubasendereza.

Si ubuzima gusa turonka mu gukurikiza ayo mategeko y’Imana ahubwo abayakurikiza bagira n’ubwenge. “Muzayakomereho, muyakurikize; ni cyo kizatuma muba abanyabwenge mu maso y’amahanga”(Ivug 4,6). Gukurikiza amategeko y’Imana ari byo bivuga guca ukubiri n’inzira y’ikibi tukigana Imana mu neza yayo, bituma tuvugako umuntu azi guteganya no kureba kure kuko bimurinda za ngaruka z’icyaha zituruka kuri we ubwe ndetse n’ibyamugwirira biturutse ku bandi akabasha kubyiyumanganya bitamutesheje umutwe. Hari uwigeze kugira ati: ‘’icyaha kibirindura ubwenge ‘’. Koko se uwamaze gutera umugongo itegeko ry’Imana akanywana n’icyaha ni icyi kindi kiba kizakurikiraho usibye ibyago n’urupfu? Aho ni naho twahera twemezako uwituriye mu cyaha cyaba gito cyangwa igikomeye aba agenda aba umunyabwenge bucye kuko naho umuntu ataterwa ubwoba n’urubanza Nyagasani azamucira ku bakigira igitinyiro cye, yagombye guterwa ubwoba n’ingaruka zigwa ku babayeho mbere ye bacumura.

Bavandimwe niba dushaka kuba abanyabwenge nitwubahe amategeko ya Nyagasani kuko yashyizweho na Nyagasani we soko y’ubwenge. Imana ntiyashyiriraho abo ikunda amategeko abasubiza inyuma, abahutaza cyangwa abapyinagaza. Yaduhaye amategeko yifitemo ubuzima.

  1. Yezu yaje kunonosora amategeko

Amategeko y’Imana uko yari yarahawe umuryango wa Isiraheli yakomeje kubabera ikimenyetso cy’uko Imana hari icyo ibifuzaho ariko nta muntu n’umwe wari wabashije kwerekana uko akwiye gukurikizwa mu buryo bunonosoye mbere ya Yezu Kristu . Nk’uko mbere ya Yezu ibitambo byari byaratuwe Imana ngo bihongerere ibyaha by’imbaga bitagiraga ingano ariko ntibibashe kuvanaho ibyaha bikaba ngombwa ko Kristu aza akitangaho igitambo kitagira inenge, ni nako amategeko yakomeje kwigwa no gukurikizwa mu buryo bucagase. Uwabashije kuyanonosora mu buryo bunyuze Imana ni Kristu wenyine.

Iyo tuvuga ko Yezu yanonosoye amategeko ntituba twibeshya kuko yose yongeye kutwereka ko akubiye muri rya tegeko ry’urukundo rw’Imana n’urwa mugenzi wacu kandi mu mibereho ye yabayeho aricyo kimushishikaje. Ndetse gukomera kuri ayo mategeko nkuko abitwibwirira byatumaga aguma mu rukundo rwa Se: ‘’Nimwubaha amategeko yanjye muzaguma mu rukundo rwanjye, nkuko nanjye nubaha amategeko ya Data, maze nkaguma mu rukundo rwe”(Yh15,10).

Yezu Kristu yaranzwe no gukomera ku mategeko ya Se maze rwa rukundo ruhatse andi mategeko arugira inkingi y’ubuzima bwe bwose. Ibyo yavugaga n’ibyo yakoraga byose byabaga ariho bishingiye kandi ari naho biganisha.

Yezu Kristu yarakunze by’ukuri: “Yezu Kristu amenyeko igihe cye cyageze cyo kuva kuri iyi si ngo asange Se, uko yagakunze abe bari mu nsi , abakunda byimazeyo’’(Yh13,1). Urupfu rwa Yezu twitegura guhimbaza muri iyi minsi tujye turubonamo ikimenyetso gikomeye ko Kristu atakunze by’igicagate ahubwo ko yakunze ku buryo bwuzuye bunonosoye. Koko rero nta wagira urukundo ruruta urwe We wemeya kwigurana abagome akabaha ubuzima yangako baryozwa ibibi bakoze.

4.Yezu adutoza kuba abatoza, akatwizeza kuzabihemberwa

Yezu,We mukuru mu Ngoma y’ijuru atubwirako uzajya akurikiza ayo mategeko akayatoza abandi, azitwa umuntu ukomeye muri iyo Ngoma. Amagambo nk’aya arongera kuduhwitura ndetse yagombye no kutubera umugambi w’igisibo. Kureba uko twita kuri ariya mategeko n’uburyo tuyatoza abandi cyane cyane abo dukuriye haba mu by’iyobokamana, abo dukuriye mu bukristu, abo tubereye ababyeyi, ndetse no mu mirimo itandukanye umukristu agomba kwibaza urugero aha abo bakorana mu gukurikiza ayo mategeko. Nta byago n’ishyano nko kubaho ntacyo abantu bakwigiraho ngo bagere ku mukiro.

Nkuko ntawe utifuza kubona ingero nziza zamufasha gutera imbere mu mibereho ye ya muntu ni nako mu bukristu abantu bakeneye ingero nziza z’ubutungane, zo kwizirika ku mategeko y’Imana. Dufate umugambi wo kutagira abo tugusha haba mu mvugo n’ingiro yacu, ahubwo twihatire kubera abandi ingero nziza nkuko Kristu yabigenje na n’uyu munsi tukaba tumubonamo umuntu nyamuntu wa wundi, kabone nubwo byatugora, twifuza gusa nawe.

Mbifurije kuba abakurikiza amategeko y’Imana muhanze amaso Kristu we washoboye kuyanonosora, kugirango mugire ubuzima.

Mugire igisibo cyiza, kandi mukomeze kwemerera Yezu Kristu abatoze gukurikiza ayo mategeko atanga ubuzima.

Bikira Mariya Umubyeyi wacu abidusabire.

Padiri Fraterne NAHIMANA

Nuko Jambo yigira umuntu, abana natwe (Lk 1, 26-38)

Inyigisho y’umunsi mukuru wa Bikira Mariya abwirwa na Malayika ko azaba Nyina w’Imana

Ku wa kabiri, 25 Werurwe 2014 – Yateguwe na Padiri Alexandre UWIZEYE

Bavandimwe,

Amezi icyenda mbere y’umunsi mukuru w’ivuka rya Yezu (Noheli), turahimbaza Malayika atumwa n’Imana kuri Mariya n’ukwigira umuntu kwa Jambo. N’ubwo ari umunsi mukuru wa Bikira Mariya, mu by’ukuri Jambo wigize Umuntu akabana natwe niwe duhimbaza. Kwigira umuntu kwa Jambo kugira ngo aducungure bigaragaza urukundo rutagereranywa Imana ikunda abantu.

Mu Misa tumenyereye kumva padiri avuga ati « Nyagasani Yezu nabane namwe ! ». Aya magambo kubera kuyamenyera ntitwumva uburemere bwayo, tukumva ari ibisanzwe. Mariya niwe wayabwiwe bwa mbere aramutungura yibaza icyo iyo ndamutso ivuga.

Koko rero umukobwa w’isugi, Mariya w’i Nazareti mu ntara ya Galileya, yari afite gahunda yo kuzabana na Yozefu. Byari bigeze kure mu miryango no mu mategeko y’igihugu byari byaremewe, hari hasigaye umugisha w’umuherezabitanbo.

Nibwo Imana yohereje Malayika kuri Mariya. Iti « Umushinga ufitanye na Yozefu ndawuzi kandi ni gahunda nziza. Icyakora hari undi mugambi ngufiteho. Ugiye gusama inda, ukazabyara umwana w’umuhungu, maze ukazamwita izina rya Yezu. Azaba umuntu ukomeye, kandi bazamwita mwene Nyir’ijuru. Nyagasani imana azamwegurira ingoma ya se Dawudi, azategeka umuryango wa Yakobo ubuziraherezo, ingoma ye ntizashira ».

Ubwo Mariya yari atuje ateze amatwi. Niko kubaza Malayika kugira ngo arusheho gusobanukirwa. « Ibyo bizashoboka bite, kandi nta mugabo mbana nawe ? »

Malayika ati « Roho Mutagatifu azakumanukiraho, maze ububasha bwa Nyir’ijuru bukubundikire mu gicucu cye, ndetse ugiye kuvuka azaba intungane, kandi azitwa Umwana w’Imana ». Malayika akomeza amuha urugero. Ati « Elizabeti ntumuzi ? Si mwene wanyu ? Ntimwamwitaga ingumba ! Nyamara ku bubasha bw’Imana atwite inda y’amezi atandatu. Ntakinanira Imana ».

Mariya aravuga ati « Ndi umuja wa Nyagasani ; byose bimbeho nk’uko ubivuze ». Ibyakurikiyeho murabizi nk’uko tubivuga muri rya sengesho abakristu bakuru bavuga mu gitondo, saa sita na ni mugoroba ryitwa Indamutso ya Malayika : « Nuko Jambo yigira umuntu, abana natwe ». Ni icyo gihe byabaye. I Nazareti hari Kiliziya y’akataraboneka yanditseho « Aha Jambo yigize umuntu ». Ibyo umwanditsi w’Ivanjili atubwira si umugani cyanga se igitekerezo. Byabayeho, aho byabereye harazwi kandi harasurwa, n’igihe byabereye kirazwi. Ese inyigisho twakuramo ni izihe ?

Ibyo bizashoboka bite kandi nta mugabo tubana?

Mariya ntashidikanya ko ibyo Malayika Gaburiyeli amubwiye bizabaho koko. Ariko arasobanuza kugira ngo arusheho kumenya neza icyo Imana imishakaho n’uburyo kizashyirwa mu bikrwa. Ibi biradusaba gusobanukirwa n’ukwemera kwacu.

Hari abakristu bavuga ngo “Erega ni amayobera matagatifu”. Bityo ntibagerageze gusobanukirwa n’ukwemera kwabo. Bakamera nka wa mukristu babajije bati “Wemera iki?” Ati “Nemera ibyo padiri yemera, mugende mumubaze”. Iyobera ritagatfu si ikidasobanutse, ahubwo ni icyo ubwenge bwa muntu budashobora gusobanukirwa ngo bugikonoze. Mbese ni nk’iriba rifite amazi meza atanga ubugingo, menshi cyane kuburyo udashobora kuyavoma ngo urikamye. Gusobanukirwa n’ukwemera kwacu ni ngombwa. Nibyo Petero intumwa atubwira ati” Nimuhore mwiteguye guha igisubizo umuntu wese uzagira icyo ababaza kubyerekeye ukwizera kwanyu”. (1 Pet 3, 15).

Mu bindi bihugu, usanga abakristu bashishikarira kwiga amasomo ajyane iby’ iyobokamana. Bo ntibayaharire abitegura abapadiri. Mu Rwanda hari kaminuza zirenze imwe gatolika cyangwa zegamiye kuri Kiliziya gatolika. Ni igikorwa dushimira Imana. Icyakora bashyizemo n’amashami yigisha ubuhanga mu by’Iyobokamana (Théologie), baba batanze umusanzu ukomeye mu kubaka Kiliziya ndetse n’igihugu. Nkeka ko ari nabyo bagombye kuba barahereyeho kuko ubutumwa bw’ibanze bwa Kiliziya ari ukwigisha Ijambo ry’Imana, ibindi bigakurikiraho (Mt 28, 19; Lk 16,15). Mu Rwanda hari abakristu batari bake bashaka gusobanukirwa n’ukwemera kwabo, birenze ibyo bize bitegura Ukaristiya ya mbere n’ugukomezwa, ariko bakabura ubibigisha n’aho babyigira. Hari abakateshiste bashaka gucengera inyigisho zabo kuko ngo “ntawe utanga icyo adafite”, ariko bakabura aho bigira. Amashuri y’abakateshiste abapadiri bera badusigiye hafi ya yose yahinduriwe ubutumwa.

Abantu baminuza muri “siyansi” na “tekinoloji” ariko mu mubano wabo n’Imana bagakomeza kugendera ku byo bize muri gatigisimu, nabyo batigishijwe n’umukateshiste wabyigiye, bashobora kumera nka wa muntu ufite urutwe runini ariko igice gisigaye cyaranyunyutse. Mu Rwanda hakenewe “siyansi” na “tekinoloji” ariko bimurikiwe n’Ijambo ry’Imana yo Muremyi wa byose. Bikira Mariya atubere urugero rwo gusobanukirwa n’ukwemera kwacu.

Ububasha bwa Nyir’ijuru bukubundikire mu gicucu cye

Hari ubwo dukeka ko kuri Mariya byose byari urumuri rutamanzuye. Yari mu gicucu cy’urumuri. Kuri Mariya byose ntibizaba bisobanutse neza. Azakora urugendo rw’ukwemera nk’abandi bantu. Azakomeza kuzirikana ijambo ry’Imana mu mutima we kugira ngo arusheho kurisobanukirwa.

Yego” ya Bikira Mariya

Bikira Mariya yemeye kureka umugambi yari afite wo kubakana na Yozefu nk’uko abandi bagabo n’abagore babana. Mu bwiyoroshye, yemeye ko Imana yinjira mu buzima bwe, mu mugambi we ikawuhindura. Atubere urugero rwo kumvira Imana no gukora igihe cyose no muri byose ugushaka kwayo. “Yego” ya Mariya ishingiye ku kwemera.Yizeye Imana yemera kugira uruhare mu mugambi wayo wo gukiza abantu.

Igihe tubatijwe twabwiye Imana “Yego”. Iyo “yego” igomba kuvugururwa buri mu nsi, mu mateka anyuranye y’ubuzima bwacu. Ntibibe uko nshaka ahubwo bibe uko wowe ushaka Dawe!

Jambo wigize umuntu akomeze abane namwe, asendereze urukundo rwe mu mitima yanyu. Nk’uko akuzuye umutima gasesekara ku munwa, abakristu twese tubyarire isi urukundo dukomora kuri Kristu, duhereye mu ngo zacu, aho tuba, mu bo tubana, mu bo dukorana. Umubyeyi Mariya abidushoboze.

Padiri Alexandre UWIZEYE

Uyu si mwene Yozefu ?

Inyigisho yo ku wa mbere w’icyumweru cya 3, Igisibo 2014

Ku ya 24 Werurwe 2014 – Yateguwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

1.Yezu w’i Nazareti, uyu muhungu wa Yozefu na Mariya twese tuzi, niwe uvuga ko aje kugeza Inkuru nziza ku bakene, agahumura impumyi, akabohora imbohe n’abapfukiranwaga, akamamaza umwaka w’impuhwe za Nyagasani ? Ubwo bubasha se arabukurahe ko twese tuzi aho avuka ? « Uriya se si umwana wa wa mubaji ? Nyina ntiyitwa Mariya ? Abavandimwe be se si Yakobo, Yozefu, Simoni na Yuda ? Bashiki be bose ntiduturanye » (Mt 13, 55-56) ? Nonese amagambo amusokamo n’ibitangaza twumva akorera iyo za Kafarinawumu abikura he? Ni ngombwa rero ko akorera ibitangaza hano iwabo i Nazareti tukajya twakwemera ko ariwe mukiza Isiraheli itegereje!

2. Hari mu isengesho ryo ku munsi w’isabato, ubwo Yezu yavugiraga i Nazareti ko ubuhanuzi bwa Izayi, bwahanuraga ukuza kw’umukiza, bumwujurijweho. Ivanjili itubwira ko bamushimye kuri ibyo yari amaze kubabwira. Ariko ngo bahise bavuga bati “uyu se si mwene Yozefu”? Uwagerageza gusobanura iyi mvugo neza ayijyanishije n’umuco wa Kinyarwanda yavuga ati: uyu Yezu ko ari mwene ngofero, ko atavuka mu bakomeye, ko bose tubazi, niwe ushaka kwishyira hejuru se ra ? Aho ga kwa Yozefu baradukiranye ye! Natange ibimenyetso, ibyo yakoreye ahandi abikorere no muri bene wabo! Nibwo tuzamwemera! Yezu rero wagirango yari umunyarwanda kuko yahise yumva iyi mvugo yabo agahita ababwira ko yumvise icyo bashatse kuvuga agira ati : « nta gushidikanya mugiye kuncira wa mugani ngo muganga, banza wivure ubwawe. Twumvise ibyo wakoreye Kafarinawumu byose, ngaho bikorere na hano iwanyu ».

3. Iyi vanjili iratwereka ko bene wacu, abo mu karere kacu, abo mu bwoko bwacu, abo mu gihugu cyacu, abo mu idini ryacu, bashobora kubangamira umurimo wacu wo kwamamaza inkuru nziza ya Yezu Kristu. Inkuru nziza Yezu yatuzaniye ntivangura kuko twese turi abana b’Imana imwe twigishijwe kwita Data. Ingero ivanjili yatanze ku mupfakazi w’i Sareputa wakijijwe inzara n’umuhanuzi Eliya no kuri Nahamani w’Umunyasiriya wakijijwe ibibembe n’umuhanuzi Elisha, zitwereka ko Yezu yaje gukiza isi yose. Inkuru nziya ya Yezu irwanya ivangura iryo ari ryo ryose. Abo bakene Yezu yaje gukenura, izo mpumyi yaje guhumura, izo mfungwa yaje gufungura, ntabwo ari iz’i Nazareti gusa. Abo bose nta n’ubwo ari Abayisiraheli gusa. Ni abo ku isi yose.

4. Ibyo abo mu muryango wa Yezu bamubwiye agitangira umurimo we wa gitumwa wari waramuzanye ku isi, Abanya-Isiraheli n’abasirikare bakoreraga abakoloni b’i Roma yabimusubiriyemo mu gihe bamubambaga ku musaraba. Ubugira gatatu baravuze bati : « yakijije abandi, ngaho nawe niyikize, niba ari Kristu Intore y’Imana ! » (Lk 23, 35) ; « Niba uri umwami w’Abayahudi, ngaho ikize ubwawe ! » (Lk 23, 37) ; « Harya si wowe Kristu ? Ngaho ikize ubwawe, natwe udukize » (Lk 23, 39).

Aya magambo yabwiwe Yezu mu gihe yatangiraga ubutumwa bwe no mu gihe cyo kubusoza, atwereka ibikunze kuranga umutima wa muntu : kwirata, kwikunda, kwikuza, gusuzugura, kwishongora, gushinyagura, kwumvisha, kubabaza abandi, n’ibindi n’ibindi. Ishyari, kwirata no kwiyemera ni isoko y’ibibi byinshi. Byatumye umwana w’Imana abambwa ku musaraba. Ariko we ntabwo yigeze arangwa n’urwango. Yaranzwe n’urukundo no kubabarira. Bavandimwe, twari dukwiye kwitegereza ukuntu Yezu yitwaye muri ibi bibazo byamugwiririye maze tukagerageza kwigana uburyo yabyitwayemo. We ntarangwa n’ubwirasi, ntiyikuza, ashimishwa n’ineza y’undi muntu, ntavangura, amagambo ye ntasenya ahubwo arubaka, yatubwiye ko Imana ari Data wa twese udukunda. Nimucyo dusabe inema yo kumwigana.

Yozefu na Bikira Mariya batube hafi !

Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

Yezu atanga ubuzima butazima

Inyigisho yo ku cyumweru cya 3 cy’igisibo, Ku wa 23 Werurwe 2014

Mwayiteguriwe na Diyakoni Thaddée NKURUNZIZA

AMASOMO : Iyim 17,3-7 ; Zab 94,1-2,6-7b,7d-8a.9; Rom 5,1-2.5-8; Yh 4,5-42.

Bavandimwe nshuti z’Imana, Kristu Yezu akuzwe!

Uyu munsi turashimira Imana Yo yongeye kuduha ijambo ryayo ngo rikomeze ridutunge ryo soko ivubuka ibyiza by’amoko yose. Koko ijambo ry’Imana ni ubuzima.

Imana iduha ibyo dukeneye kandi bidufitiye akamaro

Mu mateka y’icungurwa rya muntu, Imana yabanje kwitoranyiriza umuryango ukomoka kuri Aburahamu. Uyu muryango kandi wagiye waguka ugera n’aho ujya gutura mu gihugu cya Misiri, maze Uhoraho Imana mu buntu bwe awukura muri iki gihugu, awukura no ku ngoyi y’ubucakara bw’abanyamisiri. Mu gutaha, Uhoraho yakoresheje intumwa yayo Musa maze awurangaza imbere ujya mu gihugu cy’isezerano. Mu rugendo rwabo, Imana yakomeje kubaba hafi muri byose kuko yanawugeneraga ibyo kurya ititaye ku buhemu bwawo. Imana koko ni indahemuka kandi ikomera ku Isezerano ryayo. Uyu munsi twumvise ukuntu uyu muryango utitiriza Uhoraho Imana, ukajujubya Musa ngo ukunde ubone amazi. Bavandimwe, ikigaragara ni uko uyu muryango ufite inyota koko kandi nk’uko natwe tubizi ibyo kurya no kunywa biri mu byangombwa dukenera kugira ngo ubuzima bugende neza. Nk’uko rero Nyagasani yishakiye kugaragaza ububasha n’urukundo bye yahaye uyu muryango we amazi yo kunywa abinyujije kuri Musa atitaye ku bicumuro no gushinga ijosi kwawo.

N’ubwo uyu muryango uhawe amazi ntibyabaye iby’ako kanya, kuko waranzwe no kwinubira Imana n’intumwa yayo Musa. Bavandimwe natwe hari ubwo tugera mu bigeragezo bikomeye tukinubira Imana, tukitotomba cyangwa tukumva ko ntacyo itumariye kuko itadukoreye icyo twifuza igihe twari tugikeneye. Hari n’ubwo dusenga Imana tugira ngo ikore vuba vuba icyo dushaka, ariko Imana isubiriza igihe. N’ubwo ari ngombwa rwose kuyigezaho ibyifuzo byacu, Imana niyo ifata iya mbere mu kuduha ibyo dukeneye. Imana rero iradukunda kandi buri gihe iduha ibitugirira akamaro.

Urukundo rw’Imana mu bantu

Imana niyo yafashe iya mbere mu gukunda no kwiyereka muntu. Imana mu rukundo yakunze muntu yiyemeje kumuhora iruhande imugenera ikimukwiriye. Ni yo yayoboye umuryango wayo iwuvana mu gihugu cya Misiri, iwutungisha Manu mu butayu, inyama z’inkware none uyu munsi twumvise ko yanawuhaye amazi ngo unywe kandi ushire inyota. Yakomeje iwugeza mu gihugu cy’isezerano maze uko iminsi igenda isimburana ikawiyereka kandi ikawufasha muri byose, andi mahanga agatinya uyu muryango kuko Imana ya Isiraheli irusha imana zayo ububasha. Imana mu kuba hafi y’umuryango wayo yohereje Umwana wayo Yezu Kristu ngo aze mu nsi awucungure.

Mu ivanjili y’uyu munsi, Yezu Kristu turamubona afite umugambi wo gutanga amazi y’ubugingo bw’iteka ku bo abayisiraheli bita abanyamahanga, abapagani, abatazi Imana. Kuri Yezu kumenya, kwemera no kuronka umukiro Imana itanga ntibigomba kugira umupaka uwo ari wo wose (igihugu cy’amavuko, isura…). Yezu ageze muri Samariya yageze ku iriba rya Yakobo aricara araruhuka ariko ameze nkutegereje umuntu, niko kubona umunyasamariyakazi wari uje kuvoma amazi kuri iryo riba maze bagirana ikiganiro cyiza kandi kirambuye. Yezu niwe ufata iya mbere atangiza ikiganiro, asaba amazi yo kunywa kandi byari bigoye muri iki gihe kubona umunyasamariya aganira n’umuyisiraheli. Ariko Yezu mu kuzuza umugambi we wamuzanye mu nsi wo gukiza abantu yiyemeje kurenga imbibi n’imiziro by’ibi bihugu byombi. Yibwiye uyu mugore, amubwira ko umusaba amazi ari umuntu udasanzwe, aruta na Yakobo wubatse iriba ritanga amazi umuntu anywa akarenga akongera gukenera andi. Yezu we amazi atanga, uyanyoyeho ntiyongera kugira inyota ukundi. Iyi mvugo ya Nyagasani Yezu iri mu byateye uyu munyasamariyakazi kwemera, maze aragira ati: “Nyakubahwa mpa kuri ayo mazi n’ejo ntazongera kugira inyota, nkagaruka hano nje kuvoma”. Ibi kandi bikatwereka ko uyu mugore atumvaga neza imvugo ijimije Yezu yakoreshaga, kuko mu gukomeza ibiganiro uyu mugore yaje kubona ko ari kuvugana n’umuntu udasanzwe koko, maze na we ati “Nyakubahwa, mbonye ko uri umuhanuzi”, niko guhaguruka ajya kubwira umugi wose ibyo n’uwo yiboneye n’amaso ye. Kugira ngo uyu mugore abone ku mukiro Imana yageneye abana bayo yabanje guhura n’uwutanga Nyagasani Yezu Kristu, hanyuma baraganira birambuye kugeza ubwo Yezu amwihishuriye ku bushake bwe.

Uko n’aho duhurira na Nyagasani Yezu

Bavandimwe, nkuko Yezu yategereje uyu munyasamariyakazi ngo na we aronke ku mukiro w’abana b’Imana ni nako natwe adutegereje ngo nituza tumusanga aduhe ku byiza atanga.

Ese wowe hari aho waba warahuriye na Yezu? Ese hari ikiganiro mwaba mwaragiranye? Ese hari abandi waba waramubwiye nk’uyu munyasamariyakazi?

Buri wese afite uburyo n’aho ahurira na Nyagasani Yezu Kristu. Nyagasani Yezu atwigaragariza kandi duhurira: Mu Misa (mu ijambo rye no mu Isakaramentu ritagarifu), mu Isengesho no mu Masakaramentu matagatifu byo bimenyetso bitagatifu akoresha ngo adutagatifurize muri Kiliziya ye. Muri ubu buryo uko ari butatu (3) Nyagasani akoresha ngo atwigaragarize, ni naho adutungira akaduha ubuzima busagambye. Ariko kandi tukamenya neza ko nk’uko tubibona, mu Misa ari ahantu hambere Nyagasani atwigaragariza, akatwiha kandi akanahadutagatifuriza by’umwihariko.

Nk’uko Nyagasani Yezu abitubwiye, igihe ni iki ngo dusenge Imana n’umutima utaryarya, kuko nituyisenga dutya aribwo tuzaronka urukundo rwayo. Ibi bikomeza kutwumvisha ko abakristu dusangiye isano isumba iy’amaraso tutagomba gupfusha ubusa. Kugira ngo tugere kuri uru rwego tugomba kurebera kuri Yezu Kristu, tukamwigana kandi tukanamugenderaho We urenga imbibi z’iy’isi, ntashyire umupaka n’umwe mu bantu. Ese twe nta mipaka twaba dushyira hagati yacu ku mpamvu zinyuranye? Yezu mu kwereka uyu munyasamariyakazi ko ibi byose bitandukanya abantu yabirenze, ko atari nacyo cyamuzanye mu nsi, yaramwihishuriye amubwira ko ari we Kristu, Umukiza bari bategereje maze amubwira n’ibyo yakoze byose. Nyagasani ashishikajwe no kugira ngo isi yose yemere kandi ibone ku mazi atanga ubugingo bw’iteka.

Amazi Nyagasani Yezu atanga

Bavandimwe, amazi Nyagasani Yezu atanga ni ubugingo bw’iteka. Nyagasani Yezu aratwiha, akaduha umubiri n’amaraso bye ngo turonke ubugingo bw’iteka (Soma Yh 6,54). Uyu munyasamariyakazi amaze kumenya uwo bavugana, Nyagasani Yezu, yahise yemera maze ajya mu mugi kuzana abandi bantu ngo nabo birebere umukiro isi yari itegereje. Ikigaragara ni uko uyu mugore yemeye bigoranye kuko byasabye Nyagasani kubanza kumubwira ibyo yakoze byose, n’uburyo abayeho. Ese wowe kugira ngo wemere Nyagasani Yezu bigusaba iki?

Nyagasani aratugendereye natwe ngo tumurebe (aho atuye), tumwumve, tumwemere kandi tumubwire abandi. Icyo Nyagasani ashaka ni umukiro w’abantu bose, kugira ngo bose babone ubugingo bw’iteka. Yezu yaziye abantu bose, kandi nta n’umwe ashaka ko azimira hitwajwe imipaka twe abantu dushyiramo, ubwoko, uturere, ibihugu, uruhu, idini,…..Urinde rero wowe waba ushyira imipaka hagati y’abantu kandi Nyagasani ibyo atabishaka? Nyagasani Yezu adusaba kurangwa n’ubuyoboke buzira amakemwa maze tugahazwa n’ifunguro na we rimutunze; “gukora icyo Imana ishaka”. Nyagasani Yezu arashaka ko tumufasha kurangiza umugambi We wo kogeza Inkuru Nziza y’Ingoma y’Imana mu bantu, maze nk’uko abanyasamariya benshi bemeye, natwe dutere isi yose kwemera uwatwitangiye akaducungura Nyagasani Yezu Kristu; aze aturane natwe kuko ari We Mucunguzi w’isi koko. Kubana na Yezu biduha kugira uruhare ku bugingo bw’iteka.

Yezu atanga ubuzima butazima

Pawulo mutagatifu we, arakomeza atubwira ko uwamenye Nyagasani Yezu arangwa n’ukwemera, ukwizera n’urukundo yo migenzo mbonera Mana kandi igeza ku mukiro Nyagasani Yezu aduha. Umuntu ufite iyi migenzo uko ari itatu ayoborwa na Roho Mutagatifu, akaragwa n’ubwiyoroshye acisha bugufi, bikanamufasha kumenya ko ari umunyabyaha. Uyu ni we wemera by’ukuri ko Nyagasani Yezu yamupfiriye kandi ahora akeneye ubuvunyi bw’Umwami Yezu Kristu.

Pawulo mutagatifu arakomeza atubwira ko nta we ushobora gupfira intungane, bivuga ko niba koko turi abakristu twemera ko Nyagasani Yezu yadupfiriye, turi n’abanyabyaha. Tukaba tugomba kurangwa no kumwemera, kumwizera no kumukunda kugira ngo tugire uruhare kuri uyu mukiro We. Umukiro Nyagasani atanga ni ubuzima bw’iteka, ni ubuzima butazima. Kubera urukundo yadukunze yemeye kudupfira apfira ndetse ku musaraba. Uru ni rwo rwa rukundo rw’uhara amagaraye kubera intama ze. Twagurana iki uru rukundo? Uwahuye na Nyagasani Yezu nk’uko twabibonye, yiyemeza kuvugana na we, akamwumva, akiyemeza no kumubwira abandi arwanya kandi aca ingoyi zibashikamira. Akura imipaka iyo ari yo yose mu bantu, akihatira mu buzima bwe bwose gukora ugushaka kw’Imana. Uyu muntu kandi akunda kumva ijambo ry’Imana, akunda Igitambo cya Misa, akunda Isakaramentu ritagatifu ry’Ukaristiya, akarihabwa kandi agakunda no kurihuriramo na Yezu ashengerera kenshi. Akunda amasakaramentu matagatifu, akayahabwa kandi akayahesha anashimishwa ko n’abandi bayahabwa.

Bavandimwe, muri iki gihe cy’igisibo nidukomeze twihatire kubahiriza imigenzo myiza igomba kuturanga: gusenga, kwicuza no kwigomwa. Maze kandi twemere dutuze nyagasani Yezu mu buzima bwacu na We yiteguye kuza agatura mu buzima bwacu kandi akaduha ubugingo bw’iteka.

Mbifurije kugira icyumweru cyiza!

Nyagasani Yezu nabane namwe!

Diyakoni Thaddée NKURUNZIZA