Kubera abandi umunyu

Inyigisho yo kuwa kane w’icyumweru cya 7 gisanzwe, Umwaka A, 2014.

Ku ya 27 Gashyantare 2014  – Abatagatifu: Gabriyeli Adolorata, Leandri, Antigoni, Dasiyani na Honorina

Mwayiteguriwe na Diyakoni Thaddée NKURUNZIZA

AMASOMO : Yak 5,1-6 ; Zab 48(49),17-18,19-20,14-15ab, 15de-16; Mk 9,41-50.

Bavandimwe nshuti z’Imana, Kristu Yezu akuzwe!

Uyu munsi amasomo twateguriwe akomeje kudushishikariza : Gukunda Imana kuruta byose, kutiringira ubukungu bw’isi no kubera abandi umunyu.

Bavandimwe mu isomo rya mbere Yakobo atubwira, aburira abakungu ; arababwira ati : « Ngaho mwebwe bakungu, nimurire, muboroge kubera amakuba abategereje !» Aha twakwibaza tuti : « ese gutunga ibintu muri iyi si ni bibi ? » Oya rwose si bibi, ahubwo Yakobo arashaka kubwira abantu bafite byinshi ariko kandi umutima wabo baranaweguriye ibyo batunze, bakaba batamenya iyo byavuye, ntibamenye ko Nyagasani ariwe utanga byose ahubwo bakumva ko ari amaboko yabo yonyine bakesha ibyo bafite. Nkuko ejo twabyumvise, nanone Yakobo atubwira ko bene ubwo bwirasi ari bubi, kandi umuntu ushaka gukora icyiza ariko ntagikore aba acumuye!

Akomeza ababwira ko ubukungu bwabo bwaboze kubera ko bibagiwe icy’ingenzi, akaba ari nayo mpamvu ababurira agira ati : « Ngaho nimwihunikire ubukungu muri iyi minsi y’indunduro !» Iyo avuze atya, aba agira ngo buri wese yongere yirebe atihenze maze agire icyo akora kugira ngo ubukungu bwe bwoye kuba ubwa hano ku isi, ahubwo yihunikire ubukungu butazashira bwo mu ijuru, aho umujura atagera n’aho imungu itonona ( soma Lk 12,33). Kugira ngo ibi byose bigerweho ni uko buri wese agomba kugaragaza uruhare rwe, maze niba hari icyo tugomba bagenzi bacu tukakibaha kandi tukakibahera ku gihe, ntitugire uwo turenganya cyangwa duhuguza. Niturebe abashonji badukeneye, abatambaye tubambike maze ku munsi wa nyuma Nyagasani azatwakire agira ati : « Nimuze, abahawe umugisha na Data, muhabwe Ingoma mwateguriwe kuva isi ikiremwa ; kuko nashonje mukamfungurira ; nagize inyota mumpa icyo kunywa ; naje ndi umugenzi murancumbikira ; nari nambaye ubusa muranyambika ; nari ndwaye muransura ; nari imbohe muza kundeba » ( soma Mt 25,34-36).

Bavandimwe uyu ni umwitozo tugomba gukora kandi ukomeye, ariko ni ngombwa kugira ngo tuzagire umugabane ku bugongo bw’iteka ! Tugomba kugira uyu muco mwiza wo gusangira n’abandi badafite, tukareka kubaho mu murengwe udashira. Erega n’iyo urebye mu buzima busanzwe urabibona kuko ufite ubukungu bw’isi hari bimwe wabona ariko hari n’ibindi utageraho kandi by’ingenzi cyane ;

Ufite amafaranga wagura :

Uburiri ariko ibitotsi oya, ibiryo ariko kuryoherwa oya, ibikomo ariko ubwiza oya, ibitabo ariko ubwenge oya, imiti ariko ubuzima oya, igisinziriza ariko amahoro oya, ibigushimisha ariko ibyishimo oya, ibikugusha neza ariko umunezero oya, abo mubana ariko inshuti nyazo oya, ubwishingizi bw’ubuzima ariko ubw’urupfu oya, umwanya mu irimbi ariko mu ijuru oya !

Niyo mpamvu dukwiye kwitwararika tugashakashaka icy’ingenzi mu buzima bwacu. Nyagasani uyu munsi aradusaba gutera umugongo ibyo byose biduhihibikanya tukamwemera kugira ngo turonke ubugingo bw’iteka. Umukiro w’iy’isi urangirira hano mu nsi gusa, niyo mpamvu Imana yo itanga ibyiza byose ituzigamiye n’ubugingo bw’iteka, ariko ntagushyira amaboko mu mifuka; tugomba kubuharanira!

Mu Ivanjiri Ntagatifu, Mutagatifu Mariko aratubwira uko Yezu yakira abagize icyo bigomwa bagasangira n’abandi bagiriye ko bemera Imana n’abigishwa ba Yezu. Umuntu nk’uwo afite ibihembo byiza bimuteganyirijwe ; ubugingo bw’iteka !

Ariko kandi hakagorwa bikomeye umuntu ucura umugambi mubisha wo kugusha abandi mu cyaha ! Bavandimwe, dufite itegeko ryo gukunda mugenzi wacu nk’uko twikunda, tugomba rero buri gihe kwifuriza no gukorera mugenzi wacu ibyiza. Iyo ubona ahari umuntu uhora ahekenyera amenyo mugenzi we, yumva adashaka ko yatera imbere, yamuca urwaho akamukorera ibya mfura mbi, ubona biteye agahinda ! Iyo rero bibaye kumushyira kure y’Imana biba umwaku kurushaho kuko aba amucukuriye urwobo rurerure. Nimureke twoye kubabaza Umuremyi wacu tumuhunza abo yaremye, ahubwo twese twifurizanye uwo mukiro uhoraho !

Nyagasani aradusaba kuba abasukurwe. Ni byiza gukora uko dushoboye ngo tubigereho n’ubwo bitoroshye, tugerageza gukoresha neza ingingo z’umubiri wacu. Si byiza ko dukoresha ingingo z’umubiri wacu ibyo twishakiye cyangwa ngo tugende twihishe dukora ibyaha ngo nta muntu utureba nkaho icyaha kiba cyo iyo cyabonywe n’abandi. Oya rwose, tugomba gutinya ureba n’ibyihishe ! Tukababazwa n’icyaha twakoze kandi tukagisabira imbabazi, nta bwirasi tugafata n’umugambi wo kutazagisubira ukundi. Nk’uko Pawulo Mutagatifu abitubwira, imibiri yacu ni ingoro za Roho Mutagatifu. Nitumwemerere dukoreshwe na We kugira ngo ibikorwa byacu bishimishe Data wa twese uri mu ijuru!

Nyagasani aradusaba kandi kwigiramo umunyu. Tuzi neza ko akamaro k’umunyu ari ukuryoshya ibiryo. Niba twigizemo umunyu tuzaryoherwa n’ubuzima kandi turyohereze n’abandi ; abatubona, abo tubana, mbese abantu bose. Nyagasani aradukunda, ntashaka ko hari n’umwe wazimira. Nitumwemerere maze umugambi adufiteho wo kuducungura ukomeze wuzurizwe muri twe no muri bagenzi bacu. Maze twese tubane mu mahoro. Umutima wacu nituwushyire aho ubukungu bwacu nyakuri buri (ubugingo bw’iteka). Dushimishwe no kubona twese duhujwe no gushakashaka n’umugabane udateze kuzatwamburwa.

Umubyeyi Bikira Mariya, Umwamikazi w’amahoro akomeze aduhakirwe kuri Nyagasani Yezu Kristu, ubu n’iteke ryose!

Diyakoni Thaddée NKURUNZIZA

Yezu ni Izina twahawe gukirizwamo

Inyigisho yo ku wa Gatatu w’icyumweru cya 7 gisanzwe, Mbangikane, Umwaka A

Ku ya 26 Gashyantare 2014 – Yateguwe na Padiri François Xavier MPETARUKUNDO

Amasomo: Yak 4,13-17; Zab 48(49),2-3,6-7,8-9,10-11ab; Mk 9, 38-48

(Murebe indi nyigisho ijyanye n’amasomo y’uyu munsi yateguwe na Padiri Charles HAKORIMANA)

Mu izina rya Yezu hari ubuzima bwirukana umwijima. Ese tujya tuzirikana kubyo dukora, tuvuga cyangwa dutekereza ngo turebe niba bihuje n’ugushaka kw’Imana? Mu ivanjiri yo kuri uyu wa gatatu, turumva abigishwa ba Yezu bamaze kubona umuntu wirukana Roho mbi mu izina rya Yezu bagatangazwa no kubona adakurikira Yezu! Ese birashoboka ko umuntu yakwirukana Roho mbi mu izina rya Yezu ariko ntakurikire Yezu? Birashoboka! Kuba Roho mbi igenda ntago ari kubw’imbaraga z’uriya muntu ahubwo ni ku bw’Izina rya Yezu!

Izina rya Yezu rirakiza, izina rya Yezu rikangangaranya Sekibi n’abambari be. Abanyarwanda baca umugani ngo “uhagarikiwe n’ingwe aravoma!” Ubwo se uhagarikiwe n’izina rya Yezu we yakorera ibimeze gute umwanzi w’abantu Sekibi? Muri Yezu Kristu abamwemera bafite ububasha bwo kwirukana Shitani. Ubu turi abana b’Imana n’abagenerwamurage b’ingoma y’Ijuru tubikesha Yezu Kristu umukiza wacu.”Abo yamenye kuva kera,yanabageneye guhabwa isura y’umwana wayo ngo abe umuvukambere mu bavandimwe benshi”(Rom 8,29).
Izina rya Yezu turivuge ni isengesho ryiza ritabara Roho ziri mu isukuriro. Aho bavuga Yezu Sekibi irahunga.

Ngaho rero bavandimwe,”Nimwisubireho, buri muntu muri mwe abatizwe mu izina rya Yezu Kristu kugira ngo ababarirwe ibyaha bye, kandi muhabwe ingabire ya Roho Mutagatifu”(Int 3, 38).
Muri iki gihe turimo dusabe Imana ingabire y’ubushishozi kuko banyamurwanyakristu babaye benshi ndetse bamwe ntibatinya kwiyitirira Yezu Kristu bishakira indonke n’amaramuko. Murabe maso kuko muri iyi minsi na Sekibi yahaye ingaruzwamuheto zayo ububasha bwo gukiza indwara mugihe gito ariko ukize sekibi zikamuturamo atazi iyo zituruka! Murabe maso! Mushengerere Yezu mu kwemera, mwikwirukira ibitangaza mutazi iyo bituruka. Nyagasani Yezu araduhagije tumugane adukize. Nibyo koko ushoboye gukora icyiza ntazareke kugikora kuko natagikora abizi kandi abishaka azaba akoze icyaha nk’uko ibaruwa ya mutagatifu Yakobo ibitubwira(Yak 4,17).

Umubyeyi Bikira Mariya abakikire maze Sekibi ababererekere.
Umunsi mwiza kubitwa Nestori, Faustiniyani na Porfiri.

Padiri François Xavier MPETARUKUNDO

« Niba Nyagasani abishatse tuzabaho, kandi dukore ibi na biriya »

Inyigisho yo ku wa gatatu, icyumweru cya 7 gisanzwe, Umwaka A

Ku ya 26 Gashyantare 2014 – Mwayiteguriwe na Padiri Charles HAKORIMANA

Amasomo: Yak 4,13-17; Z 48(49), 2-3, 6-7, 8-9, 10-11ab; Mk 9, 38-40.

(Murebe indi nyigisho ijyanye n’amasomo y’uyu munsi, yateguwe na Padiri François Xavier MPETARUKUNDO)

Ubutumwa bwa Yakobo bukomeza kuba ubw’igihe cyose. Umuntu akunda kurangwa no guhangayika. Guhera umuntu amenye ubwenge kugeza avuye ku isi, ahorana imishinga n’imigambi myinshi. Bimwe birakunda ibindi bikanga. Hari ibiba uko yabiteganije n’ibindi bigenda ukundi. Hari n’ibiza bimutunguye, byaba byiza byaba bibi. Ikiboneka ni uko muntu afite aho agarukira, hari byinshi bisumbye ubushobozi bwe. Muri uko kwihata hakaba ubwo ayoborwa n’ishyari agirira bagenzi be, ashaka kwiharira umwanya,ahantu n’ibintu.

Imana ni yo Musumbabihe

Yakobo aratugira inama yo kwereka Imana imigambi yacu, yo ibona byose kandi ishobora byose. Uretse rero kuyereka imigambi n’imishinga yacu, twagombye no kwakira imigambi yayo. Kwakira uko yaturemye n’uko yaremye bagenzi bacu n’ibiremwa bidukikije.

Hari abakwihenda bibwira ko umuntu n’ubwenge bwe hari icyo yahindura ku buryo Imana yagennye ibintu. Bashyiraho byinshi, bakora byinshi, ariko ibyo ni ibihu bigaragara mu kanya gato mu kandi bikayoyoka.

Bimwe mu bihangayikisha umuntu rero ni igihe. N’iyo wateka ibuye rigashya, ntushobora kwinjira mu iyobera ry’igihe. Ntawe ushobora kwinjira mu nzagihe n’umunota n’umwe ngo amenye ibizaba. Icyo dukora ni ukubishyira mu ndoto z’imigambi yacu. Tukamara imyaka ijana tukanayirenza mu nzozi ariko, bitari mu kuri. Hari n’abahemukira abandi kubera inzozi. Bakabyita guteganya. Bakirinda, bakabangamira abandi bakabikiza aka wa mugani w’ikirura n’umwana w’intama. Burya ni ikibazo cy’igihe. Kwemeza umwana w’intama ko watobye amazi utaravuka. Ushobora no kubishyira mu nzagihe ukagirira nabi abo ushaka. Nyamara nta n’umwe ufite gihamya ko azaba ahari. Yakobo ati « Nyamara mutazi uko ejo muzamera »

Reka dukore icyiza. Ntitugasibe gukora icyiza cyangwa ngo tugishyire ejo « Umuntu ushobora gukora icyiza, ariko ntagikore, aba acumuye. » (Yak 4,17)

Umwanzi mubi ni uwo munzu

Intumwa imibare yo mu nsi iracyazikurikirana , nyuma yo kujya impaka hagati yazo ziburana imyanya. Aho kuba hagati yazo noneho zigiriye ishyari abashaka gukora nkazo. Umuntu yakeka ko bashaka gukora agatsinda kabo na Yezu. Ntibashaka abandi bagira ubushobozi kuko agaciro kabo kagabanyuka. Zari zishimiye gukora ibitangaza igihe Yezu azohereje (Mk 6,30), ari nayo mpamvu zidashaka ko hari abandi bakora ibitangaza mu izina rya Yezu kandi batabakurikira ngo babagenzure. Yezu yongeye kubibutsa gukunda icyiza n’abakora ibyiza bose.

Ishyari ribyara amacakubiri. Igihe kugaragaza urukundo rw’Imana byaba irushanwa, abavuga Inkuru Nziza bakamera nk’abakinnyi b’umupira, abo babwira bakaba abafana, ubutumwa bw’ibanze buratakara. Ibyo dukora byose tubikore kuberako turi aba Kristu. Mu izina rya Yezu Kristu nta shyari nta rwango. Dusabe kugira ngo abavuga Yezu Kristu bose bashyire hamwe, birinde inyungu zabo zibatanya. Birinde ikuzo bwite , baharanire ingoma ye kuko ari iy’urukundo.

Padiri Charles HAKORIMANA

Nimwegere Imana, na yo izabegera.

Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 7 gisanzwe, Mbangikane, Umwaka A

Ku ya 25 Gashyantare 2014 – Yateguwe na Padiri Charles HAKORIMANA

Amasomo: Yak 4, 1-10 ; Z 54, 7-8, 9-10a, 10b-11a, 23; Mk 9, 30-37.

Nimwegere Imana, na yo izabegera.

Ibaruwa ya Yakobo iratwereka neza imigenzereze y’isi. Iratwereka ibyo tubona mu buzima bwa buri munsi kunzego zinyuranye z’ubuzima. Ibyo umunyarwanda yagize ati « ahari abantu ntihabura urunturuntu ». Uretse n’urunturuntu haka ubwo birenga bikaba ubugome bukabije : kwicana, kugambanirana n’ibindi bitwara ubuzima bw’abantu.

Ubugome hagati y’abantu buva he ?

Twumva henshi hari intambara, twumva henshi abantu bishwe n’abandi. Mbese ikibazo cya Yakobo nta gihe batazakibaza. Ubugome hagati y’abantu buva he ?

Bijya kuba agahoma munwa n’abamenye Kristu bakagwa muri uwo mutego.

Ikibazo imyaka yose yakomeje kwibaza ni inkomoko y’ubwo bugome. Inyamaswa hagati yazo zicana imwe ishaka kurya indi. Abantu bite ? Umuntu arica kubera irari ry’ibintu ry’iby’isi nk’uko Yakobo abivuga, yageraho akica nk’umukino. None se twihebe ? Yakobo ati «  Banyabyaha musukure ibiganza byanyu ». Icyo yakobo agamije si ukugira abo ashinja ahubwo ni ukubasaba kugarukira impuhwe z’Imana ni ukwisubiraho. Bimwe mu byo Sekibi ashoboza abantu ni ukubereka ko byarangiye nta garuriro. Yakobo ati “ Nimuyoboke rero Imana, mwiyime Sekibi maze azabahungire kure” (Yak 4,7). Nta kindi cyavura iyi si uretse kuyoboka Imana.

Ushaka kuba uwa mbere abe umugaragu wa bose.

Ku nshuro ya kabiri Yezu abwiye Intumwa ze iby’urupfu n’izuka rye. Intumwa ze ntizishaka kubyumva zifite ubwoba. Ubwoba bw’iki? Ziratinya ukuntu ibyo Yezu azibwira birimo ingorane nyinshi.

Nyamara ibyo guhura n’ingorane si byo bizishishikaje. Zishishikajwe n’imyanya zumva ko zakoreye mu gukurikira Yezu. Umuntu yagira ati “ zakoze umubare”. Ntabwo Mariko atubwira icyo zashingiragaho muri izo mpaka. Sinzi niba zararebaga ubuhanga , amashuri, abasize ubukungu bwinshi,imyaka bafite, uturere bakomokamo, ubwoko….Ikizwi n’uko bapfaga ubukuru.

Indonke, inyungu z’iby’isi nta gihe zitabangamiye imigambi y’Imana.

Yezu abashyize ukwabo ababwira uko imyanya myiza mu ngoma y’Imana bayigeraho. Mbega ukuntu bihabanye n’ibyo twibwira:

  • Ushaka kuba uwa mbere abe umugaragu wa bose,

  • Ushaka kuba uwa mbere yakira abato n’abaciye bugufi, ntahura n’abakuru n’ibikomerezwa gusa. Ahandi mu ivanjili yanditswe na Matayo bavuga kumera nk’umwana muto ( Mt 8,1-5), ariko hano avuze kumwakira.

Gukomera mu ngoma ya Yezu ni ukwicisha bugufi, kwitangira abandi no kubakorera cyane cyane twakira abato, abaciye bugufi n‘abasuzuguritse. Turangamire Yezu we utaraje kugaragirwa tumwigireho kwicisha bugufi no kwitangira abandi.

Padiri Charles Hakorimana