Ishema ryacu ni Umusaraba wa Yezu ?

Inyigisho yo ku wa kane, 20 Gashyantare 2014, Umwaka A

Yateguwe na Padiri Charles HAKORIMANA

Yak 2, 1-9 ; Z 33, 2-3, 4-5, 6-7 ;Mk 8, 27-33. 

« Uzakunde mugenzi wawe nkawe ubwawe »

Mu musozo w’ibaruwa ye Yakobo intumwa atwereka uko tugomba kubaho mu kwemera kugaragazwa n’ibikorwa. Mu by’ukuri ingingo nyamukuru y’umutwe wa kabiri w’ibaruwa ya Yakobo waba : ukwemera kutagira ibikorwa kuba kwarapfuye. Yakobo aradushishikariza kubaho dukurikije imigenzo ya gikristu. Uyu munsi akatubwira urukundo tugomba kugirira abakene.

Aha naho hakaba ingorane zo guhunga ukuri twibaza umukene uwo ari we . Bamwe bakibwira bati “ubanze abakene ari babandi basabiriza”. Abandi bati “ abakene ni abambaye nabi, abambaye ibidafite isuku”. Ibisubizo twiha ni byinshi. Hakaba ubwo tureba paruwasi yacu umuryango remezo wacu cyangwa irindi tsinda duhuriramo nk’abakristu tukabona ari imbaga y’abakene. Twese dukeneye gufashwa,t wihereyeho kuko “ ijya kurisha ihera ku rugo”.

Yakobo intumwa akatubwiza ukuri gufatika ati “ ntimukitiranye kwikundira abantu bamwe n’ukwemera mufite muri Nyagasani Yezu Kristu.” Ubukristu bugomba gusumba imyumvire isanzwe y’abantu. Umukene ni uriya wese ukeneye urukundo rwawe. Ntabwo ari uwo wanagira igiceri utanamureba, cyangwa kuko bakikugaruriye. Si uwo waha ibyo utagikeneye. Si uwo waha imyambaro kuko ishaje cyangwa itakigukwira. Ni ukeneye urukundo rwawe.

Turi abanyamyenda

Uburyo rero bwo kugaragaza ukwemera ni urukundo tugirira mugenzi wacu. Ni ugukurikiza amategeko mu rukundo rwa mugenzi wacu uko Pawulo intumwa abitubwira ati “ ntihakagire uwo mubamo umwenda, atari uwo gukundana. Kuko ukunda undi, aba yujuje amategeko” (Rom 13,8); agakomeza ati “ Ukunda ntiyagirira mugenzi we inabi. Urukundo rero ni rwo rubumbye amategeko” (Rom 13,10).

Ubuzima bwose bw’umukristu bwagombye kwerekeza kuri iyi ntego: urukundo rw’Imana n’urwa mugenzi wacu. Amasengesho yacu, n’ibitambo byacu ntacyo byaba bivuze bituzurizwa mu gukunda mugenzi wacu: “ Niba ntafite urukundo, ntacyo ndicyo”(1Kor 13,2).

Yakobo aratubuza gucira abandi imanza no kubavangura tugendeye ku misusire cyangwa ku marangamutima. Atubujije ivangura no kwironda bishobora kudushyikira.

Ishema ryacu ni Umusaraba wa Yezu ?

Ibyo bose twabishobozwa no kumenya Yezu.

Mbere y’uko Yezu abwira intumwa ze iby’ibabara rye, ababajije uwo ariwe. Bakuriki ye nde? Mu gisubizo Petero yatanze abibwirijwe na Roho Mutagatifu turabonamo uwo intumwa zakurikiye: Umukiza. Gusa amagambo yakurikijeho atwereka uko zumvaga uwo Mukiza, n’uko zimushaka.

Amagambo Yezu abwiye Petero ntawe adatungura. Petero wari umaze gusubiza mu izina ry’abandi abwirijwe na Roho Mutagatifu, Sekibi amubwirije n’ibye.

Aha tuhakura isomo rikomeye ryo kutirara. Rwose hari ubwo dufashwa tukayoborwa na Roho Mutagatifu mu bikorwa no mu magambo yacu. Gusa Sekibi ashobora ku byivangamo mu kanya gato, cyane iyo dutinya Umusaraba wa Yezu.

Umusaraba wa Yezu ujyana n’Izuka . Sekibi yeretse Petero umusaraba utagira izuka, umwijima w’icura burindi ukurikira urupfu agira ubwoba abwira Yezu ariya magambo.

Imbere y’ibidusumbya ubushobozi, imbere y’umwijima w’icura burindi dushobora gucanganyikirwa tukibagirwa Yezu uwo ariwe kandi twari dusanzwe tumuzi.

Abakristu bahora barangamiye Umusaraba ujyana n’Izuka niwo ubatera imbaraga n’amizero ukabarinda gucanganyikirwa. Roho wa Nyagasani ahore atubwiriza kumenya Yezu uwo ari we cyane cyane muri mugenzi wacu

Padiri Charles HAKORIMANA

Dusabe inema yo guhumuka

Inyigisho yo ku wa gatatu, Icyumweru cya 6 gisanzwe, Umwaka A, 2014

Ku ya 19 Gashyantare 2014 – Mwayiteguriwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

Amasomo: Yakobo 1, 19-27 ; Mk 8, 22-26

1. Ivanjili itubwira ko Yezu ari we Kristu, ni ukuvuga Umukiza. Ni nayo vanjili tuzumva ku munsi w’ejo. Kugira ngo Yezu asohoze ubutumwa bwe bwo gukiza isi, yarwanye intambara ikomeye. Urugamba rugeze aho ruhinanye, Herodi wakoranaga n’ingoma y’abakoloni b’Abanyaroma atangiye kumugirira ubwoba, abafarizayi n’abigishamategeko batangiye gushaka kumwica, Yezu yatangiye kwigishiriza mu migani. Yatangiye abwira abamutegaga amatwi ko ubuhanuzi bwa Izayi buzabuzurizwaho ababwira ati : “kumva muzumva ariko ntimuzasobanukirwa; kureba muzareba ariko ntimuzabona” (Mt 13, 14). Nyamara abigishwa be bo yafataga umwanya munini wo kubasobanurira inyigisho ze zo mu migani. Ubwo yabigishirizaga mu bwiherero, yarababwiye ati : “Mwebweho, amaso yanyu arahirwa kuko abona, n’amatwi yanyu arahirwa kuko yumva. Ndababwira ukuri : abahanuzi benshi n’intungane nyinshi bifuje kubona ibyo muruzi ntibabibona, kumva ibyo mwumva ntibabyumva” (Mt 13, 16-17). Bavandimwe, amasomo y’uyu munsi araduhamagarira gufungura amatwi tukumva no gufungura amaso tukabona ko igihe cy’agakiza cyegereje.

2. Mu ivanjili ya Mariko y’uyu munsi baratubwira uko Yezu yakijije impumyi. Ariko kugirango dusobanukirwe neza n’uburemere bw’iyi nyigisho, ni byiza kumenya igihe iki gitangaza cyabereye. Yezu yageze i Betsayida akubutse mu ngendo yagiriye mu turere tw’abapagani, aho yagendaga akiza abantu. Ni muri urwo rugendo yakijije igipfamatwi kidedemanga (Mk 7, 31-37). Ivanjili y’uyu itubwira ko abantu bazaniye Yezu impumyi, bamwingingira ko ayikoraho. Nyamara we yanze kwiyamamaza, arayifata ayikura mu rusisiro, ayijyana ahiherereye, mu rwangamazimwe, aba ariho ayikiriza. Yakoze nk’uko abandi bavuzi ba gakondo bakoraga muri icyo gihe, ayisiga amacandwe ku maso, ayiramburiraho ibiganza, maze uwari impumyi atangira kubona buke buke. Niko kuvuga ati “Ndabona abantu, barasa n’ibiti, ariko baragenda”. Ngo Yezu yarongeye ashyira ibiganza bye ku maso ye, noneho uwari impumyi abona neza ibintu byose uko biri. Nyamara Yezu yahise amwohereza iwe, umubuza kwiyamamaza, amwihanangiriza amubwira ati “ntiwinjire no mu rusisiro” (Mk 8, 26). Kuki se gukiza iyi mpumyi Yezu yabikoze ubugira kabiri, kandi akaba adashaka ko ibitangaza bye byamamazwa ?

3. Kugirango twumve iyi myitwarire ya Yezu ni ngombwa nanone kwibuka ko mu rugendo yari akubutsemo, atahwemye kwita abigishwa be impumyi. Ngo bari mu rugendo baje gusanga bibagiwe kwitwaza imigati, noneho batangira kujya impaka z’uko nta migati bafite. Ivanjili itubwira ko Yezu yabacyashye ababwira ati : “kuki mujya impaka ngo nta migati mufite? Ntimurumva kandi ntimurasobanukirwa ? Mbese umutima wanyu uracyanangiye ? Mufite amaso ntimubone, mukagira n’amatwi ntimwumve ? Kandi ntimwibuka, igihe manyuriye imigati itanu abantu ibihumbi bitanu, mwahakuye inkangara zingahe zuzuye ibisate?” Ubuhumyi bw’aba bigishwa ni ukutamenya Yezu bari kumwe uwo ari we, n’imiterere y’ubutumwa bwe. Yezu rero byamutwaye igihe kugirango abahumure, maze bajye basobanukirwa n’ibyo babonye. Inyigisho ikomeye duhabwa n’iyi vanjili ni iyi ngiyi : kugirango muntu agere ku kwemera gushyitse kandi kutajegajega, kugirango amenye ko Yezu ari umwana w’Imana wigize umuntu kugirango akize bene muntu, bitwara igihe. Yezu akomeza kwihanganira ukurandaga kwacu mu nzira y’ukwemera. Ivanjili y’ejo izatubwira ko buhoro buhoro abigishwa ba Yezu baje gusobanukirwa n’uwo ariwe, maze mu izina ryabo Petero agahamya kandi akemeza ko Yezu ari Kristu Mukiza.

4. Banyarwanda bavandimwe, aho natwe ntitujya tugaragaza ubuhumyi n’ubupfamatwi ? Tukareba ntitubone, twabwira ntituwumve ? Mu gihe Abanyarwanda twibuka ubugira makumyabiri amakuba yagwiririye U Rwanda, dukeneye ko umukiza yigaragaza. Nyamara ariko ni uko tubwirwa ntitwumve, twareba ntitubone, nta gihe tutabwiwe ko U Rwanda rweguriwe Kristu Umwami. Kristu Umwami, cyangwa Kristu umukiza ntabwo yagaragaje ububasha bwe nk’uko rubanda yari ibyiteze. Ni nayo mpamvu, iyo Yezu yakoraga ibitangaza yirindaga ko byamamazwa kugirango abari bategereje umwami umeze nka Dawudi batazamufata nk’abandi bami bayobora isi bayicayeko, wa mugani w’Abarundi. Mu gihe abakristu dutegereje agakiza kuri Kristu Umwami, ni ngombwa kumenya ko ubwami bwa Kristu Umukiza ntaho buhuriye n’ubwo twamenye mu Rwanda rwo hambere. Abami b’iyi si barangwa n’ibyo umukambwe Muswayire yitaga “ikotaniraburyamirane”. Muri ibi bihe byo kwibuka amakuba yabaye mu Rwanda, ivanjili nitwereke uburyo bwiza bwo kwibuka. Natwe Yezu aratubwira ati “Mufite amaso ntimubone, mukagira n’amatwi ntimwumve? Kandi ntimwibuka, igihe manyuriye imigati itanu abantu ibihumbi bitanu, mwahakuye inkangara zingahe zuzuye ibisate?” Burya kwibuka kwiza ni ukwibuka icyiza n’ineza wagiriwe. Kwibuka icyiza nibyo bidukomereza ukwemera. Nituramuka tugize ukwemera gushyitse tuzabwirwa twumve, nitureba tubone.

5. Bavandimwe, muri ibi bihe byo kwibuka akaga U Rwanda rwaguyemo, mu isomo rya mbere Mutagatifu Yakobo araduha inama zatugirira akamaro kugirango “twivugurure tubane mu mahoro”.

  • Nimucyo tubangukirwe no gutega amatwi, ariko nta guhubuka mu kuvuga;

  • Nimucyo twirinde kurakara , kuko uburakari bw’umuntu budakora igihuje n’ubutungane bw’Imana;

  • Nimucyo twitandukanye n’icyitwa ubwandure, n’icyitwa agasigisigi k’ubugira nabi kose;

  • Maze Ijambo ry’Imana turigaragaze mu bikorwa.

Amateka y’igihugu cyacu atwereka ko kudatega amatwi, guhubuka, kurakara, kutitandukanya n’ugira nabi,… bishobora kudukururira akaga katavugwa. Iyi nyigisho ya mutagatifu Yakobo itumurikire uyu munsi wose : “Iyobokamana risukuye kandi ritagira amakemwa mu maso y’Imana Data ni iri ngiri: ni ugusura imfubyi n’abapfakazi mu magorwa yabo, kwirinda ubwandu bwose bwo kuri iyi si, kugirango ube umuziranenge”.

Mubyeyi Bikira Mariya, bidufashemo !

Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

Mufite amaso ntimubone, mukagira n’amatwi ntimwumve!

Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 6 gisanzwe, A, 2014

Ku ya 18 Gashyantare 2014 – Abatagatifu Bernadeta, Flaviyani, Simewo

Mwayiteguriwe na Padiri Théoneste NZAYISENGA

AMASOMO: 1º. Yakobo 1,12-18;2º. Mk 8,14-21

Bavandimwe, mu Ivanjili y’ejo, Mariko yashoje adutekerereza ukuntu Yezu amaze kumva uko Abafarizayi bamusaba ikimenyetso bagamije kumwinja no kumwiyenzaho yatangajwe n’uko batemera, ntibanahinduke. Ibyo byaramubabaje maze abasiga aho arongera ajya mu bwato agana ku yindi nkombe y’inyanja. Uyu munsi ibyo Mariko adutekerereza bibabaje kurushaho: noneho n’abigishwa ba Yezu ntibari basobanukirwa n’icyo ababwira.

Murabe maso kandi mwirinde umusemburo w’Abafarizayi n’uwa Herodi.

Bavandimwe, kwirinda umusemburo w’Abafarizayi n’uwa Herodi bivuga kwirinda imigirire n’ingeso z’abakora nabi. Zimwe muri izo ngeso ni nk’uburyarya bw’Abafarizayi n’ubwirasi bwa Herodi. Ko rero Abafarizayi barangwaga n’uburyarya bukabije, biyerekanaga uko batari, bakabeshya ndetse bakabeshyera n’abandi cyane cyane Yezu. Batsimbararaga ku bitekerezo byabo kandi bakumva iteka ari bo bafite ukuri. Ubwirasi bwa Herodi na we, bwagiye bwigaragaza kenshi cyane cyane mu guharanira ikuzo, kutava ku izima, yakundaga cyane ibyubahiro bikamutera kwikanga undi mwami wamusimbura, yaranzwe n’uburyarya yiyerekana uko atari imbere y’abanyabwenge, ababeshyako yifuza nawe kujya kuramya YEZU. Herodi yari umuntu utemera gukosorwa no kugirwa inama, mbese umuntu udashobora kwisubiraho ngo areke umugambi mubi yari afite. Ntiyashoboye kwemera amakosa ye ngo ayasabire imbabazi kugeza igihe ategetse guca Yohani umutwe ndetse na nyuma yaho akumva ko atewe impagarara n’intugunda n’uwo yishe.

Bavandimwe, burya koko umugezi w’isuri urisiba ariko uciye bugufi ahinga itongo ry’inkuba. Nimucyo rero twirinde uburyarya nk’ubw’Abafarizayi, ubwirasi nk’ubwa Herodi n’izindi ngeso mbi zose twigira ku bandi.

Bo rero batangira kujya impaka ngo nta migati bafite.

Bavandimwe, uku kutumva icyo Yezu ashaka kuvuga kw’abigishwa be, kuragaragaza ko batari basobanukirwa, ko batari bagera ku bwenge nyabwo Yezu yifuza kubatoza, ko batari bamenya kuvangura ibya Yezu n’ibya Shitani, iby’abantu n’iby’ijuru, ibya roho n’iby’umubiri. Mu gihe Yezu yifuza kubarinda ubwandavure n’ubuyobe nk’ubw’Abafarizayi na Herodi, bo baracyihambiriye ku bitekerezo n’ibyifuzo by’umubiri. Barakiziritse ku biribwa no kunda zabo. Ntabwo bari bamenya ko uwo bari kumwe(Yezu) ashobora byose. Byongeye, bavandimwe tumenye neza ko iki ari cyo gishuko cy’ibanze Yezu yahuriye na cyo mu butayu: Niba uri umwana w’Imana, tegeka iri buye rihinduke umugati. Bavandimwe, ni bangahe ibishuko by’inda, imihibibikano y’ubukungu n’irari ry’imari bimaze gukingiriza ijuru? Aho ntiwaba uri umwe muri bo? Burya rero bavandimwe, inda igira iti: “munyibire”, bwacya iti: “munsabire” kandi na none inda yanga amagara bizajyana, kimwe n’uko inda nyango itera amazinda. Bavandimwe, dusabe Imana kutitiranya ibyo Yezu Kristu atubwira, atwigisha, kandi adusaba n’ibyifuzo by’umubiri.

Mufite amaso ntimubone, mukagira n’amatwi ntimwumve!

Bavandimwe, abigishwa ba Yezu na bo bari bagihumye, bagikeneye kumva byinshi kuri Yezu. Nyamara bari baramubonye kenshi akora ibitangaza ndetse bimwe muri byo arabibasubiriramo mu Ivanjili twumvise none. Cyane cyane akibanda ku gitangaza cy’imanyura cyangwa itubura ry’imigati ryagenuraga igitambo cya Misa, aho dutega amatwi ijambo ry’Imana kandi tugatura igitambo cy’Ukaristiya. Tunibuke ko abigishwa ba Emawusi bamenyeye Yezu mu imanyura ry’umugati. Aha ni ho natwe tugomba kurangamira Yezu ngo aduhumure amaso kandi atuzibure amatwi ngo tubashe kumubona, tumwumve kandi dusobanukirwe. Nibwo tuzaba intwari mu bigeragezo, tugatsinda amoshya maze tukazahabwa ikamba ry’ubugingo Imana yasezeranije abayikunda.

Bikira Mariya, Umubyeyi w’abakene aduhakirwe, abatagatifu Bernadeta, Flaviyani na Simewo duhimbaza none badusabire!

Padiri Théoneste NZAYISENGA

Ibintu ni bibiri: UBUZIMA cyangwa URUPFU: HITAMO

Inyigisho yo ku cyumweru cya 6 gisanzwe, mbangikane, Umwaka A, 2014

Ku ya 16 Gashyantare 2014 – Mwayiteguriwe na Padiri Théophile NIYONSENGA

Bakristu bavandimwe, kuri iki cyumweru cya gatandatu gisanzwe, amasomo matagatifu aradusaba guhitamo hagati y’ibintu bibiri: UBUZIMA cyangwa URUPFU, UBUHANGA n’INEMA bitangwa n’Imana Data cyangwa se UMUKIRO iyi si itanga ibifashijwemo n’ubukorikori bwa muntu. Si uguhitamo byo kurangiza umuhango. Buri hitamo rijyana n’ibyaryo ugomba kubahiriza. Niba uhisemo ubuzima butangwa n’Imana Data muri Yezu Kristu, hari ibyo uzagenda usabwa kugira ngo ubuhabwe ku buryo busendereye; niba uhisemo urupfu, hari ibyo usabwa kugira ngo urupfu ruguhe ubupfu bwabwo runakwakire mu muryango w’abapfu.

Imana yaturemanye ubwigenge

Muntu si ikiremwa Imana iyoboresha nka ka gakoresho gacana televiziyo cyangwa kakayizimya. Muntu si ikiremwa Imana isunika nk’uko dusunika ingorofani tukayinyuza, tukayijyana aho dushaka. Muntu ni ikiremwa cyigenga (libre). Aratekereza, agashungura, agashishoza, agahitamo, agafata umwanzuro, ndeste akaba agomba kwakira inkurikizi nziza cyangwa mbi ziturutse ku mahitamo ye. Ubu bwigenge butuma natwe abantu hari ibyo dushobora kwiremera bikabaho, ndetse bikanadukiza igihe twumviye Roho Mutagatifu, utwongorera igikwiye mu mutima wacu. Hari n’ubwo tumwima amatwi, maze bwa bwigenge bwacu aho kuturemera ubuzima, bukaturemera urupfu: ibi nibyo byabaye Kuri Adamu na Eva, maze natwe bitugeraho. Bikuye mu butungane bari kujya bororokeramo, bahitamo kororokera hanze y’aho Imana yagennye. Maze twese bene Adamu na Eva, tukavukira iyo hanze. Byatumye Yezu aturemera Isakramentu rya Batisimu ngo ritugarure aho twagombaga kuvukira h’ukuri n’ubutungane iyo Adamu na Eva badacumura. Harakabaho Batisimu n’abayihisemo.

Twumvise kwa Mwene Siraki, batuburira: imbere yawe hari hari umuriro n’amazi, urupfu n’ubugingo, hitamo aho werekeza ikiganza. Wiba mu keragati cyangwa ikirumira-habiri. Ubuzima ni uguhitamo, kandi guhitamo ni ukuzinukwa.

Guhitamo ntibivuga kwifata cyangwa kuyorera, ni ugufata icyemezo no kuyobora ubuzima mu murongo w’icyo cyemezo wafashe

Hari abantu amahitamo agora. Imbere y’ibiryo, y’ibinyobwa agashaka kuvangavanga byose. Imbere y’umushinga w’ubuzima bikamugora agasazira mu rusabo, aka wa muhungu wasaziye mu rusabo ngo yabuze umukobwa yibonamo. Gukunda ni uguhitamo ukiyegurira ibyo wahisemo kandi guhitamo ni ukuzinukwa ibyo utahisemo. Ingero: hari umukobwa umwe gusa mu Rwanda, hakaba n’abasore ibihumbi bitanu, umwe ntiyagenda ngo yihandagaze abwire uwo mukobwa ko amukunda! Ni amaburakindi; ni uwo gusa uhari amwariyeho. Bavuga gukunda iyo hari amahitamo. Umuntu ntiyagusura ufite ikinyobwa cy’ubwoko bumwe gusa, ngo wirirwe umubaza icyo arafata. Ubimubaza iyo hari ikirenze kimwe. Biba bivuga ngo icyo arahitamo mu bihari, ni cyo uramuzanira, abe azinutswe ibisigaye. Biratureba twe abakristu: Nawe se uhisemo umukobwa wo kwa kanaka ngo mubane akaramata, zinukwa abandi utahisemo kuri iyo ngingo. Nta kuba nka wa wundi uvuga ngo mumpe byeri ndayinywa nyuma, maze gusasa fanta mu nda! Ubukristu ni ubuzima, iyo wabuhisemo, Yezu aguha inema , ingabire n’umugisha, bituma ugenda uzinukwa ibihabanye n’ubukristu. Ntitujenjeke!

Twumvise mu Ivangili uko twe twahisemo Kristu tugomba kunoza umubano wacu na We, bigatuma tunabanira neza abavandimwe.Yezu aradusaba kwirinda kureremba, kwirinda kuregeza no kujenjeka. Aradusaba guhugukira iby’Ijuru duharanira iyobokamana nyayo ishinze imizi mu mitima yacu. Aradusaba kwizirika ku mategeko y’Imana, kuyakurikiza no kubitoza abandi. Uzangisha abandi amategeko y’Imana, akabagusha mu cyaha, agatoza kandi akigisha ubugomeramana, uwo azaseswa burundu, yirukanwe mu ngoma y’Ijuru. Nyamuneka, dukomere k’uwo twemeye. Niba warabatijwe, ntube uhamya ukwemera kwawe mu mvugo , mu ngiro no mu buzima bwa buri munsi, niba utanafite icyemezo ntakuka cyo kugarukira Imana, emera upfe wenyine, ntugapfe wisasiye abandi!

Hari abakristu bahindanyijwe n’ibyaha, bigize nk’icyaha bakabana nacyo akaramata, bakabona ko bapfuye bonyine baba bagendesheje, bagahitamo gutoza abandi umuco w’icyaha. Hari bamwe bibeshya ko ubwiyongere bw’ibyaha n’abanyabyaha, bituma icyaha gita uburemere imbere y’Imana: ni ukwibeshya. Ingero: hari abavuga ko ubwo hari abasambana babigize umuco, ko Imana izihangana; abandi bati: sinjye njyenyine wiba, n’ahandi ni uko. Niba ndi umwicanyi, sindi uwa mbere…n’ahandi barabikora; niba mbeshya, nta kuri kumbamo, niko isi imeze; niba nishyingiye (dore ko kwishyingira ari ukwishyingura), sinjye gusa, no kwa kanaka ni ko bimeze, nituba benshi dukuramo inda, Kiliziya izagera aho ibyemere…Hano ni ukwibeshya: imivumo myinshi ntibyara umugisha. Yezu atangaza Ingoma y’Imana. Dusabe inema yo kugarukira Imana.

Ntibihagije kudacumura, hejuru yo kudacumura, emera ukure mu rukundo no mu busabaniramana

Hari abantu bibeshya ko bashyikiriye ubutungane! Ibi babivuga bipimiye ku byaha twita ko bikomeye: Ingero: wakwisuzuma ugasanga ntusambana, ntiwiba, nturoga, ntawe wishe, ntawe wahuguje ibye…! Ni byiza rwose, komereza aho ntuzabigwemo. Yezu akomeze akurinde nawe kandi umwemerere. Ariko rero ntibihagije. Ubukristu si amategeko, imigenzo, imihango n’imiziririzo! Ubukristu ni ubuzima, ni ubusabane n’Imana Data muri Yezu Kristu no mu bumwe bwa Roho Mutagatifu. Ubu busabane, nibwo buza kubyara kwa kubahiriza ya mategeko. Amategeko si yo abanza, habanza umubano nyawo na Yezu Kristu. Mu mubano w’abashakanye, igikuru si ukuba mudatukana, mutarwana, mudashotorana, mudacana inyuma. Icy’ibanze kinaturukaho ayo mahoro, ni ukuba musangira, musabana, umwe ari mu wundi, mujya inama kandi mukundana. No mu mubano wacu n’Imana ni uko: Ubusabaniramana mu isengesho, mu Misa, mu gushengerera, mu guhabwa kenshi kandi neza amasakramentu, mu kugira Agisiyo Gatolika tubarizwamo, urukundo n’impuhwe twimitse… ni byo bizatuma tudasambana, tutaba ba nyamugwa iyo irari ridutuye, tutica, tutishimira ibyago by’abandi, tutarahira mu binyoma, tudatana n’uwo twashakanye ….

Ari ko se koko bifite ishingiro guhitamo Yezu?

Iyi si n’byayo nabyo ko biryoshye, n’ubwo hari ibiba bifunitse mo imbere urupfu, koko umuntu yabivirira nga aha ahisemo iby’Imana muri Yezu Kristu? Hari benshi bibaza nk’iki kibazo.

Pawulo yadusubije mu ibaruwa ya mbere yandikiye Abanyakorinti mu isomo rya kabiri. Imana kuva kera na kare yatuzigamiye ibanga ryo kuduhesha ikuzo muri Yezu Kristu. Isi n’ab’isi ntibigeze baritahura. Abarimenye ni abemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu. Ikuzo ry’Imana tuzigamiwe ni ukubaho ubuziraharezo, kubana na yo iwayo i Budapfa, kuyishengerera ubuzira-herezo hamwe n’Abamalayika n’Abatagatifu bayo. Ibi kandi tubitangira tukiri ku isi, tukabisogongeraho igihe twemeye kuba abakristu, tukazabihabwa ku buryo busendereye mu Ijuru.

Nyamara arabaruta! Ni we twahitamo gukurikira, gukurikiza no kwamamaza

Kuri iyi si ya Rurema, hari abantu benshi bafite ububasha n’ubuhanga; hari n’ abafite urukundo koko rugaragara; ariko muri bose, nta n’ umwe nasanze yaraminuje mu Bubasha no mu Rukundo! Ibyo abantu bakora byose ngo barakunda, cyangwa ngo baragaragaza imbaraga; ni iby’igicagate! YEZU KRISTU wenyine, ni we wifitemo INDUNDURO y’ URUKUNDO n’ INDUNDURO y’ UBUBASHA: indunduro y’ ububasha, ni Ukwizura mu bapfuye ndetse ukanazura abawe, guhera ubwo ukaba wikijije urupfu kandi ukanarukiza abandi. Indunduro y’ urukundo yo ni UGUPFIRA uwo ukunda kabone n’ubwo we yaba atanagukunda. Hano hari uwagira ati: “hari ababishoboye bapfiriye abandi, barabitangira byo gupfa”. Yego koko. Ariko n’aho bagupfira cyangwa bagapfira imbaga, ibyo ntibikiza ibyaha bya ya mbaga! Ni ba warishe, warasambanye, waragize nabi,…gupfa kwabo ntibigusonera ibyo byaha; muri make, uko si ukugupfira! Kugupfira ni ukugukiza icyaha no kwica urupfu rwaburundu rwari rugutegereje ukagabana ubugingo bw’iteka aho wari warigeneye ubucibwe.

Ni nde wabishoboye? Njye nasanze ari Yezu Kristu wenyine. Ngaho rero, natwe twemere tumuhitemo, we wanadutoye mbere. Nayobore ubuzima bwacu, aduhishurire Data udukunda byuzuye, maze natwiyoborera tukabasha kurangiza umurimo dushinzwe kuri iyi si, mu butungane n’ubusabanira-mana, azatugeze mu bugingo bw’ iteka. Ni we Bugingo budashira. Tumuhitemo. Nta wakagombye guhitamo urupfu kandi Ubuzima bwaratwigaragarije; nta wagahisemo umuvumo kandi umugisha waraje, nta wagahisemo ubutindi kandi haraje Ingabire, nta wagahisemo umwijima kandi Rumuri rukomoka ku Rumuri yariyiziye: Yezu Kristu, Umwami wacu.

Padiri Théophile NIYONSENGA