Twakire Impuhwe z’Imana, tureke ingeso mbi

Inyigisho yo kuwa gatatu w’icyumweru cya 4 gisanzwe, Umwaka A, 2014

Ku ya 05 Gashyantare 2014 –  Umunsi wa Mutagatifu Agata, umumaritiri

Mwayiteguriwe na Diyakoni Thaddée NKURUNZIZA

AMASOMO: 2Sam24, 2.9-16a.17 ; Zab 31,1-2,5bc,6,7 ; Mk 6,1-6.

 

Bavandimwe nshuti z’Imana, Kristu Yezu akuzwe!

Amasomo matagatifu twateguriwe uyu munsi arakomeza kudushishikariza guca bugufi tugasaba imbabazi no kureka ingeso mbi yo kwikuza no kugira ishyari. Bavandimwe tumaze iminsi twumva amateka n’ubuhangange by’umwami Dawudi n’uburyo Imana yakomeje kumurinda no kumushyigikira mu butegetsi bwe. Uyu munsi twumvise ukuntu umwami Dawudi yatinyutse akabarura imbaga y’Imana kandi mu Isezerano tuzi neza ko Uhoraho ariwe wari ufite ububasha bwo kugenzura umuryango We.

Nyuma yo kubarura imbaga, Dawudi yumvise umutima udiha. Niko kubwira Uhoraho, ati “Ni icyaha gikomeye nakoze. None rero Uhoraho ndakwinginze ngo wirengagizeicyaha cy’umugaragu wawe, kuko nakoze nk’umusazi.” Bavandimwe uku kudiha k’umutima w’umwami Dawudi ni ingaruka z’icyaha. Ubusanzwe buri muntu muzima wese iyo yakoze nabi agira ikidodo ku mutima, akumva muri we urunturuntu mbese akumva atameze neza. Uku kumva atameze neza muri we rero iyo abyakiriye neza aba nk’uyu mwami Dawudi, akagera n’aho asaba imbabazi uwo yakoreye nabi ndetse akanazisaba Imana bikuzuzwa neza ajya mu ntebe ya Penetensiya. Dufatiye urugero rwiza kuri Dawudi nk’uru rwo gusaba imbabazi duhita tubona ukuntu Imana ari Inyampuhwe ikaba Inyambabazi kuko idashobora gutereranauje ayihungiyeho ngo Imurengere. Imana iradukunda kuko iyo twatannye ntabwo ireka duhera yo ahubwo ishobora no kuducyamura kugira ngo twumve uburemere bw’ibyo twakoze bitari byiza; niyo mpamvu tubona ibwira umwami Dawudi, ibinyujije ku muhanuzi Gadi, guhitamo igihano muri bitatu Uhoraho yari yamuhitishijemo. Umwami Dawudi amaze kureba, yahisemo kugwa mu biganza by’Uhoraho kuko ari umunyambabazi aho kugwa mu biganza by’abantu. Bavandimwe, Nyagasani Yezu Kristu ahora aduhamagara twe abarushye n’abaremerewe n’imitwaro ngo tumusange aturuhure. Imana igira imbabazi zitambutse kure iza muntu.

“ Taha usange bene wanyu; ubatekerereze ibyo Nyagasani yakugiriye byose“

Inyigisho yo ku wa mbere w’icyumweru cya 4 gisanzwe, A, 2014

Ku ya 03 Gashyantare 2014 – Mwayiteguriwe na Padiri Charles HAKORIMANA

  1. 2 S 15, 13-14.30; 16, 5-13a;

  2. Z 3, 2-3, 4-5, 6-7 ;

  3. Mk 5, 1-20.

Taha usange bene wanyu; ubatekerereze ibyo Nyagasani yakugiriye byose”

Mu ivanjili ya none Yezu arakomeya ubutumwa bwe. Arajya noneho mu gihugu cy’abanyamahanga.

Ntabwo yari ayobewe ko amategeko y’abayahudi amubuza gushyikirana n’abanyamahanaga. Aha arashaka kwerekana ko Inkuru nziza yagenewe bose n’abanyamahanga barimo.

Yezu ahuye n’umurwayi udasanzwe, wagize ibyago byo gupfa ahagaze, aho yabaga n’uko yabagaho biratwereka ko nta buzima yari acyifitemo. Yezu waje kugira ngo tugire ubugingo aramukijije: “ Jye rero nazanywe no kugira ngo intama zigire ubugingo , kandi zibugire busagambye” (Yh 10,10)

Uyu muntu yari yarahuye n’akaga gakomeye, indwara ye yamushyize kure y’abandi.

Imbere y’Imana umuntu afite agaciro gakomeye.

Iyo umuntu arwaje, umwana, umubyeyi, cyangwa inshuti aba yumva yatanga ibishoboka byose agakira. Kuko burya haguma amagara. Ari nayo mpamvu amagara ataguranwa amagana. “amagana”: bivuga inka nyinshi wenda zangana n’uriya mukumbi w’ingurube.

N’ubwo Yezu yishimira kurengera umuntu uremye mu ishusho y’Imana abaturage bo muri kariya karere siko babibona. Bababajwe n’imitungo yabo ari nayo mpamvu badashaka ko Yezu abagumira mu gihugu.Yari kwigisha agakiza n’abandi cyane cyane abriya bafite indwara yo kwikunda . Nyamara gukunda ibintu bikomoka ku kwikunda si ibya bariya baturage bonyine. Akenshi turangwa no gukunda ibintu kurusha abantu.

Ingoma y’Imana Yezu yaje kutubwira ni iy’urukundo . Tukarangwa n’urukundo n’impuhwe nka Yezu. Akenshi kimwe na bariya baturage twababazwa n’uriya mukumbi w’ingurube kurusha uriya muvandimwe wari waraboshywe na sekibi. Bityo inka cyangwa wenda n’imbwa zacu zikarusha agaciro abatari abacu. Aho kugira ngo inka yawe ivunike hagapfa umuntu.

Yezu yashoboraga gukiza uriya muntu atagombye kwifashisha ziriya ngurube . Aha arasha kutwigishako hakenewe uruhare rw’abandi, bo ubwabo cyangwa ubutunzi bwabo kugira ngo akize isi. Kandi no kuri iki gihe hari benshi bakeneye gukira babikesha abandi cyangwa ubwabo.

Yezu yongeye gutsindagira ko umuntu uremye mu ishusho y’Imana asumba ibindi byaremwe byose n’iyo yaba arwaye, ashaje, yaramugaye cyangwa afite inenge ku mu biri. Kumva ako gaciro gakomeye k’umuntu no kurengera ubuzima aho buva bukagera nta vangura aho ryaba rishingiye hose ni ubutumwa bwacu nk’abakristu. Kuba abakristu bivuze kugira urukundo n’impuhwe nk’ibya Kristu kuko nibyo byaducunguye igihe yemeye kudupfira ku musaraba. Gukora ibivuguruza urukundo n’impuhwe bye ni ukumusubiza ku musaraba.

Yezu aha buri wese ubutumwa akwiye

Indi nyigisho Yezu aduhaye ni uko adushaka ahantu hanyuranye. Mu gihe uriya muntu ashaka kumukurikira ngo bigumanire amutumye muri bene wabo. Biratangaje kuko tuziko Yezu yari afite abigishwa benshi bamukurikiraga. Uyu na we yashakaga kwibanira na Yezu bagakomezanya urugendo bakajya kwamamaza Inkuru nziza.Yezu ntabwo abimwemereye amuhaye ubundi butumwa: “ Taha usange bene wanyu ; ubatekerereze ibyo Nyagasani yakugiriye n’ukuntu yakugiriye impuhwe.” (Mk 5,19) Imana itugirira impuhwe ku buryo bwinshi, tukishima ,tukumva twajya kubyamamaza. Yezu aratwibutsa no guhera kuri bene wacu. “sanga bene wanyu”.

Ni byiza gushyira abandi Inkuru nziza kugera ku mpera z’isi ariko na none dutumwe no kuri bene wacu. Ibyiza by’Imana nta kubyihererana ngo dushake kwibanira na Yezu twenyine, mu isengesho ryiza rituzamura tugatwarwa buroho , mu ishengerera, mu gitambo cya misa batura tugafashwa tugahimbaza Imana twizihiwe, mu nyigisho nziza batanga tugafashwa kandi tukabohoka; mu masakramentu duhabwa tugatagatifuzwa. Wibyihererana “ Taha usange bene wanyu, ubatekerereze”.

Uriya muntu nta n’ubwo yagiye muri bene wabo gusa ahubwo yagiye mu migi icumi “Dekapoli”, yari ikikije ikiyaga cya Galileya. Nudashobora kujya mu mijyi icumi byibuze uzajye mu mudugudu cyangwa mu muryango-remezo wawe ubwire bene wanyu.

Dusabe kandi dusabirane kumenya agaciro k’ikiremwa muntu uri mu ishusho y’Imana, tumenye ibitangaza Imana yadukoreye ku bw’impuhwe zayo maze tubibwire abandi duhereye kuri bene wacu.

Padiri Charles HAKORIMANA

Dusabe inema yo kumvira abadutegeka

YEZU KRISTU ATURWA IMANA MU NGORO

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’ABIYEGURIYIMANA

KU CYUMWERU, 2 Gashyantare 2014 

Iyi nyigisho mwayiteguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Mal 3, 1-4

2º. Heb 2, 14-18

3º. Lk 2,22-40

Dusabe inema yo kumvira abadutegeka

1. Uyu munsi usa n’uwongeye kutwibutsa by’umwihariko Noheli n’Ukwigaragaza kwa Nyagasani: Luka Mutagatifu atugezaho inyigisho ikomeye y’uko Urumuri rwa KRISTU rwamurikiye abantu bose kuva i Yeruzalemu kugera mu mahanga yose. Rugikubita, Umwana wavukiye gukiza isi amurikira amahanga yose, yakiriwe na Simewoni na Ana, abakambwe bashushanya ihanga ryiyoroheje rigizwe n’abakene b’Imana bakomeye ku kwemera n’ukwizera. Kumenya no kwemera uwo Mwana nk’Uw’Imana koko, ni igikorwa cya Roho Mutagatifu. Ni Roho Mutagatifu wamurikiye Simewoni yakira Umukiza mu Ngoro y’Imana. Ni Roho Mutagatifu utumurikira natwe tukabasha kwamamaza ko KRISTU ari We Mukiza. Ni uwo Roho uduha kubaho tudatewe ubwoba n’ibyo ku isi n’abo ku isi kugira ngo tubereho Nyagasani uduhamagarira kubana na We iteka mu ijuru. Roho Mutagatifu yahaye Ana gutera indi ntambwe mu kwemera: kwamamaza nta bwoba nta pfunwe ko YEZU KRISTU ari We Mukiro wa Yeruzalemu. Uyu munsi udufashe kwemera YEZU KRISTU no kwemeza tubikuye ku mutima ko ari We ukwiye kubahwa no kumvirwa mbere y’abandi bose.

2. Uyu Munsi Mukuru duhimbaza none, mu Rwanda dusa n’aho tuwutekerezaho kenshi. Abakristu benshi bamaze kumenya gusenga bifashishije Rozari Ntagatifu. Ku iyibukiro rya kane mu yo kwishima, YEZU aturwa Imana mu Ngoro, dusaba inema yo kumvira abadutegeka. Mariya na Yozefu baduhaye urugero mu kumvira. Ntibigeze birengagiza Amategeko n’imigirire Imana yatangarije Isiraheli ibinyujije kuri Musa. Ni yo mpamvu bihatiraga gukora urugendo rutagatifu i Yeruzalemu bavuye mu Galileya; n’iki gikorwa cyo gutura YEZU mu Ngoro, ni ikimenyetso cy’uko kumvira. Umwana wese w’imfura yegurirwaga Imana agaturwa mu Ngoro hagatangwa ituro ryafatwaga nk’incungu atangiwe (Iyim 13, 1.12-13). Abakungu baturaga umwana w’intama, abakene bagatura inuma ebyiri. Mariya na Yozefu bari abakene, batuye intungura ebyiri (Lk 2, 24). Urugero rwo kwiyoroshya no kumvira rwaranze Mariya na Yozefu rumurikire ubuzima bwacu muri iki gihe.

3. Kumvira no kwiyoroshya bishobora kugorana mu bihe bimwe na bimwe. Dutekereze ku isomo rya mbere twumvishe: mu gihe cya Malakiya, Abayisiraheli bahoraga bijujuta bifuza Umutegetsi wabagoboka, uwo umwandisi yise Umumalayika w’isezerano. Ukwijujuta kwabo kwasaga n’ukumvikana mu gihe bagiraga bati: “Abagome ni bo bene amahirwe, Imana irabashyigikiye, mbese nk’aho itagishishikajwe n’ubutabera” (Ml 2, 17). Nyamara umuhanuzi we yabasubije ko Umunsi Uhoraho azazira gucira abantu bose imanza wegereje. Nyagasani ntazatinda kuza abanjirijwe n’intumwa ye; azabanza asukure bene Levi maze haturwe ibitambo bimunyuze. Uko biri kose ibibi n’ababi si bo ndunduro y’ibyaremwe. Nyagasani ubwe azerekana inzira yo gusohoka mu mwijima w’inabi.

4. Umuntu wese wakiriye Urumuri rwa KRISTU ashobora kumenya inzira y’ibyiza agahunga iy’inabi. Iyo ari umuyobozi, bigirira akamaro abantu benshi. Umukuru wese cyangwa umutegetsi, iyo yumvira Imana, na we ashobora kumvirwa amahoro agasesekara mu gihugu cyose. Mu gusaba inema yo kumvira badutegeka, tujye tubasabira na bo kumvira Imana. Umutegeka wacu ni Imana. Ni We ugomba kubahwa no kumvirwa mbere ya bose. Abadutegeka ibyiza biva ku Mana tugomba kubumvira maze twese hamwe tukagana ijuru. Abadutegeka gukora nabi, abo ntibubaha Umutegeka w’Ijuru n’isi; bene nk’abo ni bo badukururira ibyago bitagira ingano; nta muntu n’umwe utuyobya tugomba kumvira kuko kumwumvira mu nzira mbi ni ko kumufasha kunangira umutima akazananguka! Nta muntu n’umwe Imana ishaka ko yorama. Birakwiya kandi birihutirwa guhugura ubwenge bwacu kugira ngo tumenye Ukuri gukiza.

5. Kuri uyu munsi dusabire cyane ababyeyi gutura Imana abana babo mu Ngoro nk’uko Yozefu na Mariya babigenje. Gutura abana mu Ngoro byakorwaga mu Isezerano rya Kera, bitwumvishe ko ubu turi mu Isezerano Rishya aho buri mwana wese akwiye guturwa Imana mu Ngoro kuva akivuka: kwihutira kumubatirisha kugira ngo abuganizwemo ineza y’Imana atangire atyo inzira yo kumenya Ukuri n’Uwo agomba kumvira mbere na mbere n’uburyo yumvira abamuyoboye ku isi…kutabumvira buhumyi; kubasabira no kubafasha gutsinda inzira y’ibibi. Dusabire abana bose bavuka ubu kurerwa neza no kumenya Umuhamagaro wabo: none twanasabiye by’umwihariko abahamagarirwa kwiyegurira Imana kugira ngo bakomere ku butorwe bwabo. Hazaboneka benshi kandi beza mu gihe ababyeyi bihatira inzira yo kubarera neza no kubatoza kumvira nyakuri.

YEZU KRISTU asingizwe, imitima yacu ibe ingoro imweguriwe. Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe maze abatagatifu bose badusabire.

Padiri Cyprien BIZIMANA

Kuzirikana Ijambo ry’Imana mu Missa ya buri munsi

Inyigisho yo ku wa gatandatu w’icyumweru cya 3 gisanzwe, A, 2014

Ku ya 01 Gashyantare 2014 – Mwayiteguriwe na Padiri Colbert NZEYIMANA

Amasomo: 2Sam 12, 1-7a.10-17; Zab 50-51; Mk 4, 35-41

Nshuti bavandimwe mwese dufatanya kuzirikana ijambo ry’Imana, Yezu Kristu akuzwe.

Nk’uko mubizi, tumaze iminsi tuzirikana mu masomo matagatifu ibitabo bya Samweli mu Isezerano rya Kera, n’Ivanjili ya Mariko.

Muri iyi minsi umwanditsi w’igitabo cya kabiri cya Samweli aradutekerereza amateka y’Umwami Dawudi. Amutubwira nk’umwami w’igihangange wa Israheli yo mu Isezerano rya Kera. Kandi koko ni mu gihe, kuko kugeza na n’ubu, hashize imyaka igera hafi ku bihumbi bitatu, abayahudi barakibuka kandi bagatangarira uwo mwami udasanzwe wayoboye imbaga ya Nyagasani. Kuva mu buto bwe, agitoranywa muri bakuru be bose, Umwuka wa Nyagasani wamumanukiyeho maze umukoresha ibikorwa by’impangare, ikibukwa cyane mu bitabo bitagatifu kikaba icyo kwica Goliyati, umufiristi w’intwari, byo byabaye intandaro n’ikimenyetso cy’umutsindo wa Israheri. Dawudi ni we wagejeje umuryango w’Imana ku mutsindo usesuye, kuko ku ngoma ye niho hujujwe isezerano ryo gutaha mu gihugu cy’isezerano ku buryo bugaragara, ubwo yahigikaga amahanga, akigarurira Yeruzalemu, maze ubushyinguro bw’Isezerano ry’Imana bukinjira mu murwa mu rwamo rw’ibyishimo. Dawudi uwo ni we Imana yagiriye isezerano iti: “Nzakubakira inzu … kandi abagukomokaho bazima ingoma ubuziraherezo”.

Dawudi yabaye igihangange mu muryango, kugeza n’ubwo icyo yashakaga, kabone n’ubwo cyaba kitemewe n’Imana n’abantu, yari afite ububasha bwo kukigeraho! Ni byo twumvise mu karengane kagiriwe Uriya umuhititi. Muri muryango w’abantu kuva kuri Dawudi, kugeza na n’ubu, hari igihe abanyabubasha bica amategeko uko bishakiye, umuryango mugari ukabura aho ubahera kuko ari abanyemari, cyangwa se bafite ibindi bikangisho isi itinya.

Nyamara ibyo byose tumaze kurondora nta na kimwe cyerekana ubuhangange nyakuri bwa Dawudi imbere y’Imana!

Icyerekana ubuhangange bwe, ari na ryo banga rikomeye ry’inyigisho y’iri somo, ni uburyo yakiriye ubutumwa bwa Natani ubwo yamwemezaga icyaha cye maze akavuga atazuyaje, nta gushakisha impamvu, nta guca hirya cyangwa hino, ati: “Koko nacumuye kuri Uhoraho”. Ngiryo ijambo ryerekana ubuhangange bwe imbere ya Nyagasani, kurusha ibindi byose binarenze ibyo twarondoye.

Kwicisha bugufi imbere y’intumwa y’Imana, ntagire ati: “wowe uri nde wo kunyemeza icyaha”, gusaba imbababazi mbere yo gushakisha no gusobanura impamvu zatumye acumura ako kageni, ng’ubwo ubuhangange buri mukristu asabwa. Kandi urebye uburyo Dawudi yasubije Umuhanuzi atazuyaje, ubona neza ko kwicisha bugufi kwe atari mbere na mbere ubwoba bw’igihano. Bityo n’isengesho rye si iryo gusaba ko igihano kitamugeraho, ahubwo ni iryo kwishyira mu biganza by’Imana no kwemera ugushaka kwayo.

Imbere y’Imana kutagira icyaha na kimwe byaba ari ubuhangange koko. Ariko bene ubwo ntitwabwishyikiza, kandi n’iyo twabugira ntitwaburusha “Nyir’Ubutagatifu gatatu”, ni nayo mpamvu ntaho twahera tuburata. Kwemera kutagira icyo turata imbere y’Imana, kumenya gusaba imbabazi nta gushakisha impamvu, nta kwibasira abazi amabanga y’intege nke zacu, nta guhishahisha, ngubwo ubuhangange Nyagasani adushakaho. Imyitwarire nk’iyo imbere ya Nyagasani twibuke ko ari na yo dusabwa imbere y’abavandimwe tujya tubabaza ku buryo butandukanye.

Mu Ivanjili Ntagatifu, turabona Yezu ari kumwe n’abe mu rugendo rwo kwambuka ikiyaga. Urugendo rushushanya urwacu, twe turi mu rugendo rugana mu Ijuru. Umuhengeri umeze nabi ku buryo wateye ubwoba abigishwa, n’ubwo bamwe muri bo bari basanzwe ari abarobyi bamenyereye umwuga. Nyamara Yezu we asa nk’aho ntacyo bimubwiye, arisinziriye!

Si ukunanirwa gusa, ahubwo hari irindi banga rituma atifatanya nabo mu bwoba. Twibuke ko ijambo “ikiyaga” (“inyanja”), rikunze gukoreshwa mu Byanditwe Bitagatifu rifite igisobanuro kijyana n’imyemerere y’umuco wa kiyahudi: rishaka kuvuga aho roho mbi ziganje, cyangwa se mu buryo buziguye, ibibazo byose duhura nabyo mu buzima bwa hano ku isi.

Nta rindi banga rituma Yezu atagira ubwoba usibye ukwemera, ni ukuvuga umubano afitanye na Se, We byose bikomokaho kandi bikaganaho. Ukwemera kuturinda ubwoba. Ni kimwe n’urukundo no kwizera. Ubwoba bwo butwibagiza icy’ingenzi, bugatuma ducumura mu guha agaciro ikitagakwiye, cyane cyane iyo ubuzima bwacu bwagirijwe.

Nyamara turahirwa, kuko mu rugendo turimo Yezu aturi i ruhande, n’ubwo hari igihe dukeka ko asinziriye. Kumwishingikiriza no kumutakira bitubera ubuhungiro mu mage. Ariko twibuke kugira imyumvire nk’iye: ni ukuvuga ko tutagomba kumushakisha byakomeye gusa, kuko we si ko abana na Se, si nako yabanye na We igihe yari ku isi, kuko atahwemaga gusenga; kandi ni ukwemera ugushaka kw’Imana, nk’uko yabigenje igihe yemera ko ugushaka kwa Se gukorwa imbere y’umusaraba n’urupfu; n’umwami Dawudi yabiduhayemo urugero rufatika. Nyamara iyo myitwarire nta kindi yashingiraho usibye ukwemera gukomeye, kumwe kutubwira ko mu byatugwirira byose nta na kimwe cyatugiraho ijambo rya nyuma, kandi ko Imana umubyeyi wacu idushakira ibyiza gusa, bimwe birenze n’imyumvire yacu. Kuba imyumvire yacu ikiri kure y’iy’Imana, ni byo bituma tugira ubwoba ibiri amambu tugataka cyane, byanarenga tugahemuka, tugacumura.

Dusabe Imana itwongerere ukwemera, duhore tuyizeye kandi tuyikunze, tugire mu mutima wacu imyumvire ihuye n’iy’Umwana wayo n’Umwami wacu Yezu Kristu.

Twemerere Roho Mutagatifu atume dusenga tuti: Yezu ndakwizeye! Yezu ndakwizeye! Yezu ndakwizeye!

Padiri Jean Colbert NZEYIMANA