Umwanya wo guhinduka

Inyigisho yo ku cyumweru cya 2 cy’igisibo umwaka A., 5/03/2023

Amasomo: Intg 12, 1-4a; 2 Tim 1, 8-10; Mt 17, 1-9.

Bavandimwe muri iki gihe cy’igisibo ni umwanya wo guhinduka tukagarukira Imana. Amasomo tuzirikana none aradufasha kwitegura izuka rya Nyagasani Yezu dukurikiza inzira atwereka. Yihinduye ukundi atwereka inzira tugana nyuma cy’igisibo ari yo pasika ye izatera ibyishimo.

Yezu mu butayu

INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA  1 CY’IGISIBO

 Amasomo : Intg 2,7-9;3,1-7a;      Zab 51(50)3-4,5-6ab,12-13,14.17;       Rom 5,12-19        Mt 4,1-11

Bakristu bavandimwe, Amasomo matagatifu tuzirikana kuri iki Cyumweru cya mbere cy’Igisibo, araturarikira kwitoza gutsinda ibidushuka n’abadushuka.  Mu isomo rya mbere ryo  mu gitabo cy’Intangiriro, turabwirwa ukuntu igihe Uhoraho yaremaga Muntu akamushyira mu busitani bwiza, bwa busitani yari yamushyizemo ngo “abuhinge kandi aburinde” (Intg 2,15), akamuha amabwiriza yo gukurikiza ngo akomeze kuryoherwa n’Ibyo Imana yari yaramugeneye, turabwirwa uburyo bitatinze Muntu akumvira undi utari Imana, akumvira umushukanyi bidatinze bagatahura ko bambaye ubusa. Kumvira umushukanyi byambika ubusa nyirabyo. Twumvise umwanya Umugore uvugwa muri iri somo yemereye umushukanyi n’uburyo byarangiye atsinzwe. Nta wukina no guha umwanya uwo atizeyeho ubudakemwa kuko bikumunga buhoro buhoro, ukazibona warabaye uwo utashakaga kuba we.

Ubuhanga

KU CYUMWERU CYA VII GISANZWE A, 19/02/2023

Lev. 19, 1-2.17-18; 1 Kor 3, 16-23; Mt 5, 38-48.

Ubuhanga bw’iyi si ni iki?

Bavandimwe, nimugire amahoro ya Yezu Kirisitu. Ese kuri iki cyumweru, buri wese arebye uko isi atuyemo iteye, yavuga ko Imana ubu itubwira iki muri iki gihe?

Inzira ikunogeye

“IHITIREMO INZIRA IKUNOGEYE”

Inyigisho yo ku cyumweru cya 6 gisanzwe/ umwaka A

Mwene Siraki 15,15-20; 1Korinti 2, 6-10; Matayo 5,17-37

Yezu naganze iteka!

Bavandimwe muri Kristu, none Umubyeyi wacu Kiriziya yaduteguriye amasomo atwibutsa ko mu buzima bwa muntu uwo ari wese, ejo he haterwa  n’amahitamo ye. Imana yaraturemye iduha ubwenge bwo kumenya gutandukanya icyiza n’ikibi n’ubwigenge bwo kwihitiramo ikimunogeye. Birakwiye rero ko twatakambira Imana, kugira ngo idufashe  kumenya guhitamo inzira nziza itanga ubuzima, dore ko imbere yacu hari amazi n’umuriro kandi hakaba ubuzima n’urupfu. None se umukristu akwiye gukora iki cyangwa se akwiye guhitamo iki?