Inyigisho yo ku wa gatatu, icyumweru cya 26 gisanzwe, giharwe, C, 2013
Ku ya 02 Ukwakira 2013 – Umunsi mukuru w’Abamalayika Barinzi
Iyi nyigisho mwayiteguriwe na Padiri Bernard KANAYOGE
Abamalayika barinzi
Amasomo: Iyim 23,20-23a, Zaburi ya 90 (91), Matayo 18,1-5.10
Mu isezerano rya kera bakunze kuvuga kenshi ukuntu Abamalayika bagobotse abantu. Dufate nka Malayika Rafayile igihe aherekeje Tobi mu rugendo n’igihe Nyagasani Imana abwiye Musa ati : “Nzohereza Umumalayika imbere yawe” Naho muri Zaburi ya 91 turirimba tuti: « Kuko yagutegekeye Abamalayika be kukurinda mu nzira zawe zose. Bazagutwara mu biganza byabo, ngo ibirenge byawe bitazatsitara ku ibuye ». Na Yezu ubwe yavuze iby’Abamalayika ku byerekeye abana bato. « Mwirinde kugira uwo uwo musuzugura muri abo bato ; koko rero ndababwira ko mu ijuru Abamalayika babo badahwema kureba uruhanga rwa Data wo mu ijuru”. Ni kuri uyu munsi rero, Kiliziya itwibutsa guhimbazaho Abamalayika barinzi bacu.
GUKURIKIRA YEZU KRISTU
( Hifashishijwe amasomo yo ku wa gatatu, 26 giharwe: Nehemiya 2,1-8; Luka 9, 57-62)
Twahamagariwe twese gukorera Imana. Guhera igihe twabatirijwe, twabaye abantu bashyashya, duhabwa n’ubutumwa bwo kumurikira abakiri mu mwijima. Iyo duhimbaza isakramentu rya Batisimu, hari indirimbo ijya yifashishwa aho babwira ubatijwe ubutumwa ahawe:
Nk’uko Yezu ari urumuri rw’isi, nawe genda umurikire abandi, umfashe kwemeza no gukiza imbaga y’abantu
Nubwo ubwo butumwa ari ubwa buri wese ariko hari n’umwihariko abakristu bamwe bagira:
Tubisuzume duhereye ku ivanjili y’uyu munsi: