Sabagizwa n’ibyishimo

Inyigisho yo ku wa gatandatu w’icyumweru cya 25,C,2013

Ku ya 28 Nzeli 2013

Mwayiteguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Zak 2, 5-9a.14-15a; Lk 9, 43b-45

Ibyiza bicengera roho igasabagizwa n’ibyishimo byatangajwe igihe cyose Imana Data Ushoborabyose yagaragarizaga Urukundo muntu yiremeye. Amateka yose y’umuryango we arangwa n’uko gusahakashaka ibyiza bihebuje by’abana be bose bashakashaka ibyishimo bituma baberwa no kubaho. Si umuntu ku giti cye wiyumvamo akanyamuneza gaturuka ku Mubyeyi we, ahubwo ni igihugu cyose kigana inzira imwe y’Amahoro, ni umugi wose wubatse ku Neza ya Nyagasani.

Twavuze ukuntu umuhanuzi Hagayi yashishikarije bose guhagurukira kubaka Ingoro yizihiye Imana i Yeruzalemu. Ubwo butumwa yabusangiye na Zakariya. Bose batumwe n’Imana gukomeza amizero y’umuryango wayo bawuhamagarira kongera gutaka Ingoro yari yarasenyutse no kuyisingirizamo uwabagobotoye umunyururu wa ba Farawo bo mu Misiri. Kugira umurava wo kongera kubaka Ingoro no kuyishimiramo wibukije ibyiza byose bari baravukijwe mu mahanga bangaragamo bafite ipfunwe ryo kugaruka i Yeruzalemu.

Iyo dutekereje amateka y’umuryango wa Isiraheli n’ibihe byiza byakomeje gusimburana n’ibyago, turebana akanyabugabo amateka yacu: tubonamo ibintu bimwe na bimwe biteye ubwoba twanyuzemo maze tukagira impungenge z’ejo hazaza. Izo mpungenge ni na zo zituma akenshi tugenda twijimye nta murava twifitemo. Umuntu wijimye ntashobora gukwiza urumuri aho rutari. Imana ishoborabyose ishaka ko tuba intumwa z’ibyishimo biyiturukaho. Tuyirangamirane umutima ukomeye kuri YEZU KRISTU maze ikibatsi kiturimo cyo kubana na We ubuzira herezo gitume duhora dutera intambwe tujya mbere kandi dufasha n’abandi gukomeza urugendo ruzira ukwiheba.

Nta kintu na kimwe gishobobora gutuma dushidikanya aho amagingo agereye aha; ntituri mu gihe cy’ikubitiro ubwo ibyo YEZU yabwiraga intumwa ze byose byaziberaga amayobera arenze kure ubwenge bwabo. Yabasobanuriye irango ry’ubutumwa bwe rijyanye n’umubabaro w’umusaraba ariko barinda barigeramo ntawe usobanukiwe nk’uko twabyifinduriye mu Ivanjili ya none. Bategereje gusa amabonekerwa ye amaze kuzuka.

Dusabirane ingabire yo guhorana ibyishimo bitangwa no kubana na YEZU KRISTU aho turi hose. Nasingizwe mu mitima yacu. Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe. Abatagatifu duhimbaza none ari bo Wenzisilasi, Lawurenti Ruwizi, Simoni wa Rohasi, n’Umuhire Fransisiko Kasiteyo badusabire.

Nimutangire imirimo kuko ndi kumwe namwe

Inyigisho yo ku wa gatanu, icyumweru cya 25 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 27 Nzeli 2013 – Mutagatifu Visenti wa Pawulo

Inyigisho yateguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Hag 2, 1-9; Lk 9, 18-22

Dukomeje kumva ubutumwa umuhanuzi Hagayi yatumwe gusohoza mu muryango w’Imana. Abayahudi bamaze gushira impumu z’ubuhunzi, bamaze gutekana mu byabo, bashishikarijwe guhagurukira kubaka Ingoro yabo yari yarasenyutse. Mu gihe bibazaga byinshi bashidikanya, bibukijwe ko Uhoraho yari kumwe na bo.

Nimutangire imirimo kuko ndi kumwe namwe. Ni bwo butumwa bwumvikana Hagayi yabagejejeho ahagana mu mwaka wa 520 mbere ya YEZU KRISTU. Bahagurukiye kubaka maze Ingoro yuzura mu wa 515, Ingoro isubirana icyubahiro n’ubwiza yahoranye kera. Ubwiza bwayo, nta kindi bwagenuraga usibye guhamagarirwa kugira umutima mwiza uhuje n’ugushaka k’Uhoraho.

Abayahudi binjiraga mu Ngoro y’Imana baririmba za zaburi z’ibisingizo by’uwabaronkeye amahoro kuva igihe abavanye mu bucakara bwa Misiri. Nta bwo bigeze bareka kwibutswa iyo neza Imana ya Isiraheli yabagiriye. N’igihe babwerabweraga ku nkombe z’ibiyaga by’i Babiloni, ntibigeze bareka kuririmba indirimbo zo gusingiza Uhoraho. Abakuru b’umuryango n’ab’abaherezabitambo, bose bari bunze ubumwe mu kuyobora imbaga ku mahoro. Ingoro iganjemo amahoro atembera mu mitima yabo, yari ikimenyetso cy’Amahoro Imana yakwirakwije mu muryango wayo wose. Yarayabasezeranyije: aha hantu ngiye kuhagwiza amahoro, ni ryo humurizwa Hagayi yatangarije abaturage bose.

Natwe twemere ko Nyagasani turi kumwe maze duhore dutangira imirimo yacu dufite amizero yo kuzayisoza neza. Twemere ko icyo ashaka ari uko twakubaka neza ingoro ye nyayo y’umutima asingirizwamo. Ni yo nzira ya ngombwa mu gukwiza amahoro ku isi. Abatware n’abakuru b’umuryango biyemeje kurwanya YEZU KRISTU, nibamenye ko nta cyo bashobora kugeraho cyaronkera isi amahoro. Umwana w’umuntu YEZU KRISTU yavuze ababaye ko abo bakomeye ari bo bazanangira maze bakaroha rubanda rwose mu bwigomeke. Yarabatsinze azuka mu bapfuye. Dusabire ab’ubu, kutigera biyumya ngo bararwanya Imana kuko ababyiyemeje na kera mu gihe cya YEZU ntacyo byabamariye usibye gusenyuka. Dusabire kandi dufashe abifitemo inyota y’iby’Imana gukomera ku rugamba rw’amahoro nyayo atangwa na Yo. Imirimo yacu twese ibanzirizwe no kwiyambaza Imana Data Ushoborabyose ihorana natwe iteka ryose.

YEZU KRISTU asingizwe, Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe. Abatagatifu duhimbaza none ari bo Visenti wa Pawulo, Kayo (Cayo), Adolufo na Yohani wahowe Imana, badusabire.

Mwitondere uburyo mwumva aya magambo

Inyigisho yo ku wa mbere, icyumweru cya 25 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 23 Nzeli 2013 – Turahimbaza Mutagatifu Padre Pio

Inyigisho mwateguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Ezr 1, 1-6Lk 8, 16-18

Ayo ni amagambo ya YEZU KRISTU agomba kwitonderwa. Kumva Inkuru Nziza ye, ni amahirwe abatuye isi yose bagize. YEZU KRISTU yaje azaniye isi yose Agakiza. Ijambo rye ni ukuri. Uko Kuri kugomba gutangazwa. Ukumva wese aragukurikiza kuko Ukuri ni na ko kugeza ku Mukiro nk’uko ejo Pawulo intumwa yatubwiye ko Imana ishaka ko abantu bose bakira kandi bakamenya Ukuri. Uko Kuri ni YEZU KRISTU. Hanze ye, nta kuri guhari. Ugize amahirwe akamubwirwa, iyo yemera ko yaremwe mu ishusho ry’Imana, nta kabuza, ashimishwa n’ibyo abwirwa ku buzima bw’Umucunguzi akiyumvamo inyota n’ubushake bwo kumukurikiza. Utarigeze yumva Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU, we nta rubanza twamucira, ni Imana igira impuhwe izi uko ibye biteye.

INYIGISHO: Imana ishaka ko abantu bose bakira

Inyigisho yo ku cyumweru cya 25 gisanzwe, umwaka C, 2013

Ku ya 22 Nzeli 2013. Mwayiteguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Am 8, 4-7; 1Tim 2, 1-8; 3º. Lk 16, 1-13 (cg. 10-13)

Kuri iki cyumweru dushimire Imana Data Ushoborabyose, yo ishaka ko abantu bose bakira kandi bakamenya ukuri. Ayo ni amwe mu magambo Pawulo intumwa yatugejejeho. Ni ko bimeze, Imana ntiyigera iteganyiriza ibibi abantu. Ahubwo abantu ni bo bareta ibibatembagaza, ni bo bakora ubukorikori bwa nzikoraho. Imana ihora ishaka kubavana mu mazi abira bishoramo.

Ingero z’uko Imana ishaka umukiro wa bose, ni nyinshi. Duhereye ku masomo yose twumvishe, turabisobanukirwa. Mu isomo rya mbere, twongeye kumva umuhanuzi Amosi avugira abakene n’abandi bose badafite epfo na ruguru. Mu butumwa Imana yakunze kugeza ku bantu mu Isezerano rya Kera ikoresheje abahanuzi, yakunze kwibutsa ko ibintu abantu bafite ku isi yabaremeye bagomba kubisaranganya neza nta gucuranwa. Ibyo ntibyumvwa neza kuko nk’abanyamafaranga bo mu gihe cya Amosi bahoraga bashishikajwe no guhanika ibiciro cyangwa kwica iminzani kugira ngo baronke ibya Macigata mu gihe abakene banogokaga. Abacuruzi bamwe ntibitaga ku by’iyobokamana kuko amasabato n’imboneka z’ukwezi byabarambiraga bategereje ko birangira bagakomeza kugohora. Uko biri kose, Imana Data Ushoborabyose ntizahwema kumvikanisha ijwi rirengera abakene. Abazaryumva bagakomeza kuvunira ibiti mu matwi, ntituzi ko iby’isi bashengereye bizatuma binjira mu ijuru! Barahirwa abazahinduka bakamenya Ukuri kw’ibintu bibafitiye akamaro.

Ikindi gitekerezo kigaragagaza ko Imana ishaka umukiro wa bose, ni uburyo ijwi ryayo ryumvikana ryifuza ko abantu baharanira amahoro. Ni yo mpamvu adusaba gusabira cyane cyane abategetsi bo ku isi kuko ari bo bashobora kuyobora mu nzira z’amahoro nta mwiryane. Iyo ubupagani n’umwijima byakwiriye ku isi, nta mushishozi ugaragara, ab’ingufu nyinshi batsikamira abatishoboye, ibihugu by’ibihangange bigatera ibikennye cyangwa bikabiteranya kugira ngo byikomereze ishema ryo kwishyira hejuru ya byose. Abigisha bakwiye gusabirwa umwuka wa gihanuzi kugira ngo inyigisho zabo n’imibereho yabo bitere ab’ibihangange gucisha make no kwirinda kurenganya kuko Uhoraho ashaka ko abantu bose babaho mu mahoro. Ntibikwiye ko abatuye isi bagira ubwenge bw’iby’isi gusa nka wa munyabintu twumvishe mu Ivanjili. Ni ngombwa gusabira bose kugira ubwenge bwo kwizigamira ubukungu bwinshi mu ijuru.

Ubwo bwenge buzaturuka he? Imana ni imwe rukumbi kandi n’umuhuza w’abantu na Yo akaba umwe rukumbi, YEZU KRISTU. Ubwenge bw’ukuri buturuka ku kumwemera no kumurangamira. Twese ababatijwe tuzafasha isi yacu kurushaho kuba nziza no gutera imbere, kugira amahoro n’umutekano, nitwihatira buri munsi guhuza imibereho yacu n’umuco muzima YEZU KRISTU adutoza mu Ivanjili. Iyo mibereho igomba gutangirira mu rugo, abana bakerekwa urugero rwiza n’ababyeyi babo. Pawulo intumwa yagize neza gushishikariza abagabo agira ati: “…ndashaka ko abagabo bajya basenga, aho bari hose, bakerekeza ku ijuru ibiganza bizira inenge, nta mwaga cyangwa intonganya”. Mu gice gikurikira iyo mpanuro, icyo tutasomye, Pawulo akomeza abwiriza n’abagore imyifatire ikwiriye. Dusenge dukomeje kugira ngo mu Kiliziya turusheho gufasha ababyeyi bose guharanira gutanga uburere bwiza mu ngo zabo, bityo Imana ishaka ko abantu bose bakira, bazakira batojwe kuyerekezaho imitima yabo.

YEZU KRISTU asingizwe. Umubyeyi Bikira Mariya aduhakirwe. Abatagatifu duhimbaza none, Morise, Tomasi wa Viyanova, Emerita, Abahire Yozefu n’abandi 232 bahowe Imana i Valensiya muri Espagne, bose badusabire.