Nimukenyere kandi muhorane amatara yaka

Ku cyumweru cya 19 gisanzwe, C, 2013

Ku wa 11 Kanama 2013 – Mutagatifu Klara

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

 

AMASOMO: 1º. Buh 18, 6-9;2º. Heh 11, 1-2.8-19; 3º. Lk 12, 32-48

Iyo ni yo nyigisho YEZU KRISTU ashaka kutugezaho kuri iki cyumweru. Umuryango w’Imana wa kera ntiwigeze wibagirwa ibyiza yawugiriye. Bakomeye ku kwemera kuko bari bizeye Amasezerano y’Uhoraho atavuguruzwa. N’ubwo bagiye bahura n’ibibahungabanya, ntibigeze bareka kurangamira Imana ya Isiraheli nk’Imana y’Ukuri itanga ihirwe ryuzuye. Isomo rya mbere n’irya kabiri, nadufashe gutekereza ko bikenewe guhorana umutima urangamiye iby’ijuru. Ivanjili yabibumbiye mu ngingo ebyiri: gukenyera no guhorana amatara yaka.

Gukenyera ugakomeza ni ukubaho usa n’uwiteguye urugamba ugasuzuma intwaro ufite kandi ukazikomeraho. Uwemeye YEZU KRISTU afite amatwara yo kwikomezamo imbaraga kugira ngo atava aho agamburuzwa na Sekibi. Kuba ku isi ntibyoroshye ariko guhanga amaso aho tugana heza bituma tutarangara. Twamenye ko YEZU KRISTU ari We utanga ubukungu bwose. Twiyemeje kugurisha ibindi byose kugira ngo duhahe ibizatubeshaho iteka mu ijuru. YEZU KRISTU twishimiye kwakira mu buzima bwacu na We ahora adutuma gukomeza abavandimwe. Adutoza kuba maso ku rugamba no gufasha abandi kuba maso kugira ngo igihe azazira kutujyana azasange turi mu birindiro dukomeye. Azaza igihe tudakeka, ni yo mpamvu adahwema kubitwibutsa. Ibyo kurangara twirira twinywera tukibagirwa umurimo yadutoreye, ni byo bizatuzanira umuvumo: “…uwo mugaragu niyibwira ati ‘Databuja aratinze’ maze agatangira gukubita abagaragu n’abaja, akarya, akanywa agasinda, amaherezo shebuja azaza umunsi atamwitezeho no ku isaha atazi maze amwirukane nabi, amuherereze mu nteko y’abahemu”. Twese tuburiwe guhonoka ayo makuba. Abigisha n’abigishwa, twese duhore gufatanya kugira ngo tugororokere Uwatwitangiye twirinde kumutamaza tutiretse. Dukeneye iki?

Guhorana amatara yaka. Ni icyo cyonyine dukeneye kugira ngo YEZU azasange dukereye kwinjirana na We mu Murwa Mutagatifu uzahoraho iteka. Amatara yacu akeneye amavuta meza kugira ngo atazima. Ayo mavuta yitwa UKWEMERA. Ukwemera kugomba kugenga imibereho yacu yose. Iyo hari ingingo zimwe na zimwe z’umubiri wacu zitamurikiwe n’Ukwemera YEZU KRISTU, zirabora zigahindura ibozwe umubiri wose maze imibereho yacu hano ku isi igahinduka agahomamunwa: nta bwigenge bw’umutima, nta mahoro nta byishimo nta n’imbaraga zo guhamiriza abandi ibya YEZU KRISTU. Nta mbuto z’ubutungane n’ubutagatifu twigiramo bityo aho turi tukahaba nta mumaro. Ukwemera YEZU atubwira, ni uguhindura imibereho yacu yose. Ni kwa kundi kumurikira umuntu maze akitoza gukora ibikorwa by’ubutagatifu cyane cyane iyo ari hirya y’amaso y’abantu dore ko ku mugaragaro dusa na ba Ntamakemwa nyamara ahiherereye tukicudikira na Sekibi. Ibikorwa byose by’umwijima birwanywa n’UKWEMERA gukomeye, kwa kundi gutuma tugira ishyushyu ryo kuzishima iteka mu ijuru.

Inyigisho: Numara kurya ugahaga, uzirinde kwibagirwa Uhoraho

Ku wa gatandatu w’icyumweru cya 18 gisanzwe, C, 2013

10 Kanama 2013- Mutagatifu LAWURENTI

Inyigisho mwateguriwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

(Hifashishijwe aya masomo: 1º. Ivug 6, 4-13; 2º. Mt 17, 14-20)

Tuzi uko umuryango wa Israheli wagokeye mu bucakara mu Misiri. Bahoraga bahangayitse kubera uburetwa barimo bavutswa uburenganzira bwose. Imana ya Israheli yari yarasezeranyije Abrahamu kuzarema ihanga rikomeye, yujuje amasezerano maze ibabyutsamo umugabo w’intwari witwaga Musa ayobora imbaga yose ayikura mu gihugu cy’ubucakara ayiganisha mu cy’Isezerano. Bageze kuri Sinayi, Musa yabonekewe n’Imana Ishoborabyose maze imuha Amategeko abayisiraheli bazagenderaho iminsi yose kugeza igihe bazinjira mu gihugu gikungahaye bari barabateguriwe. Yabahaye umwitangirizwa ukomeye: “Amategeko nguhaye uyu munsi araguhore ku mutima. Uzayatoze abana bawe…numara rero kurya ugahaga, uzirinde rwose kwibagirwa Uhoraho wagukuye mu gihugu cya Misiri, mu nzu y’ubucakara”.

Uyu mwitangirizwa ureba abantu b’ibihe byose. Iyo umuntu ari mu bibazo bikomeye, akenshi atekereza gutabaza Imana ahangayitse. Uretse abantu b’ababisha b’ibyihebe bakora nabi kugera ku ndunduro, ubusanzwe umuntu ufite umutima muzima yigiramo igitinyiro cy’Uhoraho akiyemeza kumuyoboka no guhora azirikana izina rye. Uwo mutima witwararika uzirikana iby’Imana, ni wo uzatuma dukira umuriro w’iteka. Iyi ngingo, nidufashe kuzirikana abantu b’ibyihebe bakora nabi kugeza ku ndunduro y’iminsi yabo ku isi. Bene abo ngabo basa n’abiyemeza kwishyira imbere, bakikanyiza bakica nta cyo bishisha; amarembo y’umuriro w’iteka arabakinguriwe. Ni ngombwa gusabira abameze batyo kuko nta we uvuma iritararenga. Guhinduka birashoboka igihe cyose umuntu ataravamo umwuka. Nta muntu n’umwe Uhoraho ashaka ko atakara. Ni yo mpamvu aduhishuriye igikwiye gukorwa.

Amasomo yo ku wa gatanu, Icya 18 gisanzwe, giharwe

[wptab name=’Isomo: Ivugururamategeko 4′]

Isomo ryo mu gitabo cy’Ivugururamategeko 4,32-40

Ngaho baza ibihe byakubanjirije, uhereye ku munsi Imana yaremeyeho abantu ku isi, ubaririze kandi uhereye ku mpera y’isi ukagera ku yindi: Hari ikintu gikomeye nk’iki kigeze kubaho? Hari uwigeze yumva ibintu nk’ibi? Hari undi muryango w’abantu wigeze wumva nkawe ijwi ry’Imana rivugira mu muriro rwagati, maze bagakomeza kubaho? Cyangwa se hari indi mana yigeze igerageza kwikurira ihanga hagati y’irindi ikoresheje ibyago, ibimenyetso n’ibitangaza bikaze? Ikabigirisha kandi imirwano, n’imbaraga n’umurego by’ukuboko kwayo, n’imidugararo ikanganye, nk’uko Uhoraho Imana yanyu yabibagenjereje mu Misiri, mubyibonera n’amaso yanyu?
Woweho warabyeretswe, kugira ngo umenyereho ko Uhoraho ari we Mana, ko nta yindi Mana ibaho uretse we. Yaguhaye kumva ijwi rye riturutse mu ijuru kugira ngo akwigishe; ku isi ahakwerekera umuriro we w’inkongi, maze muri uwo muriro rwagati wumva haturutsemo amagambo ye. Kubera ko yakunze abasokuruza bawe, yitoreye nyuma yabo urubyaro rwabo, maze akwikurira ubwe mu Misiri, akoresha imbaraga ze nyinshi kugira ngo yirukane imbere yawe amahanga akuruta ubwinshi kandi akurusha amaboko, maze akwinjize mu gihugu cyabo, akiguheho umunani, ari byo bibaye none.
Uyu munsi rero ubimenye kandi ujye ubizirikana mu mutima wawe: Uhoraho ni we Mana mu ijuru no ku isi, nta yindi ibaho.Urajye ukurikiza amategeko n’amabwiriza ye nkugejejeho uyu munsi kugira ngo uzabone ubugira ihirwe, wowe n’abana bazagukomokaho, maze uzarambe ingoma ibihumbi mu gihugu Uhoraho Imana yawe aguhaye.[/wptab]

[wptab name=’Zaburi ya 76(77)’]

Zaburi ya 76(77),12-13.14-15.16.21

Ndibuka ibikorwa byose by’Uhoraho,
nkiyibutsa ibitangaza byawe bya kera,
nkazirikana ubutwari bwawe,
maze nkagarukira ibigwi byawe.

Mana, mbega uko inzira zawe ziboneye!
Nta yindi mana yindi yagusumba!
Ni wowe wenyine ukora ibintu by’agatangaza:
wagaragarije amahanga yose ububasha bwawe.

Umuryango wawe wagobotowe n’ukuboko kwawe,
ari bo nkomoko ya Yakobo na Yozefu.
Umuryango wawe wawuyoboye nk’ishyo,
ukoresheje ikiganza cya Musa na Aroni.[/wptab]

[end_wptabset]

Byatumatira iki dutunze isi yose ariko tukabura ubuzima bwacu

Ku wa gatanu w’icyumweru cya 18 gisanzwe, C,2013

Ku wa 09 Kanama 2013 – Thérèse-Bénédicte de la Croix (Edith Stein)

Inyigisho yateguwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

Bavandimwe, mu ivanjiri y’ejo twumvise ko Petero yahamije ukwemera kwe avuga ko Yezu ariwe Kristu, aribyo kuvuga Umukiza, akaba n’Umwana w’Imana. Iyo vanjiri yarangiye Yezu yihanangiriza abigishwa be ko bagomba guceceka ntibagire uwo babwira iyo nkuru. Ati muramenye ntimuzagire uwo mubwira ko ndi Kristu. Ibyo Yezu yabiterwaga n’uko rubanda batashoboraga kuyakira nk’uko we yabishakaga.

Ivanjiri ya none iraduhishurira impamvu Yezu yashakaga ko iyo nkuru igirwa ibanga. N’ubwo yari amaze kwemera ko ariwe Mukiza wari utegerejwe na Isiraheli yagombaga kubabara, gupfa no kuzuka kugirango asoze ubutumwa bwe. Yahise ababwira ko agomba kujya i Yeruzalemu kuhababarizwa cyane n’abakuru b’imiryango, n’Abaherezabitambo bakuru, n’abigishamategeko, akicwa ariko akazazuka ku munsi wa gatatu (Mt 16, 21-22). Ikitwereka ko yari afite ukuri abuza abigishwa be kutasasa iyi nkuru ni uko na Petero wari umaze kuyivuga atumvaga uburyo Yezu azaba Umukiza. Yumvaga ko ak’abakoloni b’Abanyaroma kashobotse. Ko aje ari nka Dawudi. Ko mbese Isiraheli nayo igiye guhaka ibihugu. Nicyo cyatumye Petero, aho yumviye ko Yezu agomba kubabazwa akicwa, yihugikana Yezu akamutonganya agira ati : «Biragatsindwa, Nyagasani! Ibyo ntibizakubeho!»

Ivanjiri itubwirako iyo myitwarire ya Petero yarakaje Yezu maze aramuhindukirana, amubwira amagambo akarishye aho yagize ati : «Hoshi, mva iruhande, Sekibi! Umbereye umutego kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ku bantu!» Imvugo ya Petero yerekanye ko n’ubwo yemeraga izuka ry’abapfuye, ntabwo yigeze yakira ko Yezu, Umwigisha we, yasuzugurwa, akababazwa, nyuma akicwa. N’ubwo Petero yashoboye guhamya neza ukwemera kwe, ntabwo byamworoheye kwemera inzira Imana ishaka ko anyuramo. Imyitwarire ya Petero igaragaza ubwikunde no guha icyuho Shitani, aribyo kuyikorera.

Koko rero gusuzugurwa, kubabazwa no kwicwa cyangwa kwicirwa ni nk’ibuye ry’urutsitariro mu kwemera kw’Abakristu. Ibi bivuze ko umwogezabutumwa wigisha ko Yezu ari Umukiza, Umwana w’Imana Nzima, atagomba kwibagirwa ko uwo mukiza yabambwe ku musaraba, akicwa urw’agashinyaguro, akabambanwa n’abanyabyaha kabombo kandi ari umuziranenge.

 Umwigishwa nyakuri wa Yezu ni uwumvise neza ubutumwa Imana Data yahaye Yezu, nawe akaza kubusigira abigishwa be, n’uburyo bugomba gutangwa. Ivanjiri y’uyu munsi itubwira ko agomba kurangwa n’ibi bintu uko ari bitatu : kwiyibagirwa ubwe, kwakira no guheka umusaraba we, kujya mu nyuma ya Yezu akamukurikira. Ni uwemera guhara ubuzima bwe kuko aba yizeye kuzabona uburushijeho kuba bwiza. Ntacyo bimaze gutunga ibya mirenge mu gihe byatuma ubura ubugingo bwawe.

Banyarwanda bavandimwe, niba koko twiyumvisha icyo bivuze kuba Uwakristu (umukristu), ntitukibagirwe ibimubabaza birimo ibi :

1) abigishwa akazi kananiye, abemera gato n’inkozi z’ibibi. Ivanjiri ya Matayo itubwira ukuntu abantu bashyiriye intumwa za Yezu umunyagicuri wari uhanzweho na Roho mbi ngo bamuvure maze birabananira. Ikibazo cye bakigejeje kuri Yezu arababwira ati «Mbe bantu b’iki gihe, b’abemera gato kandi b’inkozi z’ibibi, nzabana namwe kugeza ryari? Nzabiyumanganya mpereze hehe? » (Mt 17, 17).

2) Ikindi kibabaza cyane Yezu ni umuryango wanze kwicuza. Ivanjiri ya Matayo itubwira ukuntu yaririye umugi wa Yeruzalemu wari ugiye gusenyuka kuko wanze kwicuza aho agira ati : « Yeruzalemu, Yeruzalemu, wowe wica abahanuzi ugatera amabuye abagutumweho, ni kangahe nashatse kwegeranya abana bawe, nk’uko inkoko ibundikira abana bayo mu mababa, ariko wowe ukanga!  Dore inzu mutuyemo izabasenyukiraho. Koko rero ndabibabwiye: ntimuzongera kumbona ukundi, kugeza igihe muzavuga muti ‘Nasingizwe uje mu izina rya Nyagasani!’» (Mt 23, 37).

Banyarwanda bavandimwe, nimucyo twirinde kuba abemera gato n’inkozi z’ibibi, tugarukire Imana, twiyibagirwe dutekereze icyiza twagirira abandi, duheke umusaraba wacu nk’uko Yezu yahetse uwe, maze tumujye mu nyuma. Ibyo biradusaba kwicuza, kwemera no kugirira abandi neza. Yezu na Bikira Mariya babidufashemo.

Padiri Bernardin Twagiramungu