Inyigisho: Yezu ni nde?

Ku wa kane w’icyumweru cya 18 C, giharwe, 2013

Ku wa 8 Kanama, Mutagatifu Dominiko

Yateguwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

Muri gatigisimu batwigishije ko Yezu Kristu ari Umwana w’Imana wigize umuntu kugira ngo atumenyeshe byimazeyo Imana Data wa twese udukunda, kandi ngo nitumara kurangiza imirimo dushinjwe ku isi azatugeze mu bugingo bw’iteka. Ivanjiri y’uyu munsi iradufasha gusubiza neza iki kibazo. Kugirango abigishwa bumve uburemere bw’iki kibazo Yezu yakibajije ukubiri : «Abantu bavuga ko Umwana w’umuntu ari nde?», «Mwebwe se, muvuga ko ndi nde?».

Abantu bavuga ko umwana w’umuntu ari nde ?

Kuri iki kibazo cya mbere Yezu yabajije intumwa ze, zamusubije zigira ziti : «bamwe bavuga ko ari Yohani Batisita, abandi ko ari Eliya, abandi ko ari Yeremiya cyangwa umwe mu bandi bahanuzi.» Aba bahanuzi Batisita, Eliya na Yeremiya babaye ibihangange mu mateka y’umuryango w’Imana. Kubera ishyaka ry’Imana ryabagurumanagamo ntawe batinyaga. Aho kuryamira ijambo ry’Imana bashoboraga kuryamira ubugi bw’inkota. Iki gisubizo kitwereka ko Yezu yari yaramenyekanye nk’umunyabubasha, ukora ibitangaza. Ndetse banuganugaga ko ari we Mukiza Isiraheli yari itegereje.

Uburyo ikibazo kibajije n’uburyo gisubije umuntu yabigereranya n’ubumenyi umwigishwa akura mu nyigisho za gatigisimu. Umwigishwa ushaka isakaramentu ryo gukomezwa ashobora gufata ibitero yigishijwe mu mutwe, babimubaza akabisubiza, ndetse ashobora no kuba yarasomye ibitabo byinshi bamuvugaho kuburyo yarusha ubumenyi umukateshisiti umwigisha. Kugira ubumenyi nk’uyu mwigishwa ni byiza, ariko se birahagije ? Nicyo cyatumye Yezu abaza ikindi kibazo.

Kwemera, kwizera Imana nibyo bikiza

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 18 gisanzwe, giharwe, C, 2013

Inyigisho yateguwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

Amasomo y’uyu munsi aratwereka ko Imana ifite umugambi wo gukiza umuryango wayo. Kandi irabishoboye. Nyamara ifasha uwifashije. Ishaka ko tugira uruhare mu gukizwa kwacu. Ifata icyemezo cyo gukura umuryango wayo mu Misiri, yari ifite umugambi wo kuwugabira igihugu cya Kanahani, igihugu cy’abasekuruza bawo. Ni muri urwo rwego Uhoraho yabwiye Musa ati : «Ohereza abantu bajye gutata igihugu cya Kanahani jyewe ngabiye Abayisraheli». Icyo gihugu bavugaga ko gitemba amata n’ubuki, ntabwo umuryango w’Imana wagombaga kukinjiramo nk’abakerarugendo. Byabaye ngombwa ko bajya kugitata, kugirango bazagitere, bagifate, maze kibe icyabo. Ibyo byabasabaga kwibuka ibitangaza Uhoraho yari yarabakoreye, bakemera kandi bakizera ko ibyo yabasezeranyije azabisohoza.

Nyamara aho kugira ukwemera, bagize ubwoba, gushidikanya no gutinya urugamba. Ubwo bagiye gutata bagaruka ubwoba bwabarenze, baca igukuba, badagadwa, bavuga ko badashobora gutera icyo gihugu ngo bagifate. Mwiyumvire namwe amagambo yabasohokaga mu kanwa bayabwira Musa, bakomotse mu butasi : «Twagiye mu gihugu watwoherejemo, dusanga rwose ari igihugu gitemba amata n’ubuki; (…) ariko rero, abantu bagituye ni abanyamaboko cyane. (…) Ntidushobora gutera bariya bantu kuko baturusha amaboko. (…) Twasanze ari igihugu kica nabi abagituye, kandi n’abantu twahabonye ni abagabo barebare b’inkorokoro. Twanahabonye ba bantu b’ibihangange, bene Anaki, bo mu bwoko bw’abantu b’ibihambati. Imbere yabo twumvaga turi nk’inzige, kandi koko na bo ubwabo ni ko babonaga tungana.»

Inyigisho – Mu gihe Yezu yasenganga, mu maso he hahinduka ukundi

Ku ya 6 Kanama 2013: YEZU YIHINDURA UKUNDI

AMASOMO: Daniyeli 7, 9-10.13-14 cyangwa 2 Petero 1, 16-19;Zaburi 97 (96), 1-2.5-6.9;Luka 9,28b-36

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Uyu munsi Yezu Kristu aruzura urukumbuzi, maze azamuke umusozi ajye guhanga amaso uruhanga rwa Se mu isengesho ryihariye. Uwo Mubyeyi Uhoraho na we ntiyabyihererana, ahabwo ahagarika Eliya na Musa iruhande rw’Umwana we kugira ngo yereke abakikije Yezu, ari bo Petero, Yohani na Yakobo, ko uwo bari kumwe atari umuntu kimwe na bo. Ahubwo ko yambaye ububasha bumwihishemo bushobora kumukingurira Ijuru( Yh 1,51) nk’umwana ukingura umuryango w’inzu ya se. Maze abazwiho n’amateka ko barijyanywemo, bakamanuka bakaganira na we nk’abantu basanganywe cyangwa basangiye ububasha burenze ubw’abari ku isi. Koko rero mu gihe Yezu, Musa na Eliya biganiriraga mu mutuzo w’ububasha bw’Ijuru, Petero, Yohani na Yakobo bo bari batwawe n’ibitotsi. Ariko nyuma barakanguka maze bahabwa akanya gato ko guterera ijisho ku ikuzo ry’Ijuru, bahanze amaso Yezu, Musa na Eliya. Ubwo Petero ntiyabyihanganiye, ahubwo yihutiye kwinginga Yezu ngo bahace ibiraro bahigumire. Yezu ntiyagira icyo amusubiza. Ahubwo hahubanuka igihu kirababundikira. Maze ijwi ritangira ubuhamya mu ijuru, riti “uyu ni Umwana wanjye nihitiyemo; mujye mumwumvira”. Isengesho rero rya Yezu ryamukinguriye Ijuru, rimwambika ububengerane kandi rituma Ijuru rigaragaza mu bimenyetso bikomeye ko yunze ubumwe na ryo rwose. Ku buryo nazajya avuga ari Uhoraho ubwe azaba avuze nk’Umutegetsi ugomba kumvirwa.

Yezu Kristu wapfuye akazuka rero aratugenderera none yuzuye ikuzo ry’ubumwe asangiye na Se kandi ashengerewe na Musa, abahanuzi n’intumwa. Ese ubutumwa atuzaniye none ni ubuhe? Arashaka kutwigisha iki none, maze ngo ijwi rye turyumve kandi turyumvire? Yezu Kristu wapfuye akazuka aratwereka none uburyo nyabwo bwo kunga ubumwe na Se mu isengesho. Koko rero Yezu yatereye umusozi ajya gusenga. Yashatse ahantu hasumbye ahandi kugira ngo hatagira ahamukingiriza Ijuru cyangwa se hakamurangaza. Ku buryo uruhanga rwe arwerekeza kuri Se wenyine, nta rundi rugendo asigaje rwo kuzamuka ubutumburuke bw’isi. Mbese nta yandi matsiko amusigayemo yo kwibaza ngo ese hejuru gato hameze hate? Nta nkeke afite zo guhirimirwa n’ibitare cyangwa gutwarwa n’isuri iturutse ku butumburuke bwo hejuru gato. Yari ari aho abanzi batera bakahagera yabatanze kubabona, yabiteguye bihagije bityo ntatungurwe n’ibitero byabo.

Inyigisho – Nimubinzanire hano

Ku wa mbere w’icyumweru cya 18 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 5 Kanama 2013 – Mutagatifu Oswalidi

AMASOMO: Ibarura 11, 4b-15; Zaburi 81 (80), 12-17; Matayo 14, 13-21

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Kuri uyu munsi Yezu Kristu aratubura imigati itanu n’amafi abiri, maze agaburire abagabo ibihumbi bitanu n’abagore n’abana batatubwiye umubare. Ariko ibyo kugira ngo abikore arahera mbere na mbere ku mpuhwe ze ahorana. Kuko abo bantu baje buhanya bamusanga, ntiyabasubiza inyuma. Ntiyabareba igitsure cy’umugabo uba gito. Ntiyabarebana indoro y’umuntu unaniwe udashaka kugira ikindi akorera abandi. Ntiyabihisha ngo abatumeho intumwa ze ngo zibeshye ko ataboneka kandi ahari. Ahubwo Yezu yarababonye (ntiyabirengagiza cyangwa ngo yirebeshe hirya nk’utababonye) arabitegereza abagirira impuhwe. Yezu kandi arahera ku bushake bw’abigishwa be bwo gukorana na we mu byo bashoboye byose nta cyo bamukinze. Udufi n’utugati bari bizigamiye, ntibagize bati “reka tuvuge ko nta kintu dusigaranye, hato atabibaha tugasigarira aho”. Bamubwiye beruye mu kuri k’umutima wabo bati “dufite hano imigati itanu n’amafi abiri gusa.” Yezu na we ntiyavuze ati “nimugumane ubwo busa bwanyu ngiye kubereka ahubwo ububasha bwanjye mbahe ibyo kurya mwese muhage!” Ahubwo Nyagasani yabwiye abigishwa be ati “nimubinzanire hano”. Ahereye ku mpuhwe ze no ku busabusa ahawe n’umutima mwiza w’intumwa ze, Yezu yashimiye Se, maze ifunguro rya bose riraboneka. Ndetse biranasaguka. Kuko impuhwe ze igihe cyose ari igisagirane.

Uyu munsi rero, Yezu Kristu wapfuye akazuka aje adusanga natwe ngo aduhe amasomo menshi yo gucungura roho zacu. Ariko kuko azi ko tunangiye umutima, ijwi rye riravugana agahinda muri zaburi ya none riti “iyaba ariko umuryango wanjye wanyumvaga! Iyaba Isiraheli yagenderaga mu nzira zanjye (Z 81 (80),14. Yezu Kristu wapfuye akazuka aje kudusaba kumuzanira ibyo dufite byose. Aragira ati “nimubinzanire hano”. Kiriya gitangaza Yezu yakoze, kirashushanya Igitambo cya Misa dutura. Ni cyo gikorwa cy’Impuhwe za Yezu kiruta ibindi muri iyi si. Kuko Yezu atwiha we ubwe ho ifunguro, kandi ifunguro riturinda urupfu rw’iteka. Buri munsi rero Nyagasani aduhamagarira kumusanga ngo tumushyire ibyo dufite maze abitubyarizemo ubugingo bw’iteka.