Aho munyura muvuge ko ingoma y’ijuru yegereje

Ku wa gatatu w’icyumweru cya 14 gisanzwe, C, 2013

Ku wa 10 Nyakanga 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Intg 41, 55-57;42,5-7a.17-24a; 2º. Mt 10,1-7

Ubu ni bwo butumwa butugenza twebwe abemeye YEZU KRISTU. Ni bwo yahaye intumwa ze gushyikiriza abantu bose. Abakurikiye urugero rw’izo ntumwa twese, nta kindi tugomba gutangariza abantu kitari ukubabwira ko Ingoma y’ijuru yegereje. Kuba yegereje kandi ari na yo isumba ingoma zose zo ku isi, ni ngombwa ko umuntu wese wumvise ubwo butumwa yihatira kwiteguraatunganya ubuzima bwe abuhuza n’ugushaka kw’Imana Data Ushoborabyose. Abami baratanga abandi bakima, ariko ingoma ya KRISTU izahoraho iteka. Ni uko tujya turirimba kandi ni ukuri. Kumvisha abantu ukuri kw’Ingoma y’Imana, ntibyoroshye ndetse akenshi bidutera ubwoba tukabura uko twifata kuri iyi si. Hari ibintu bibiri by’ingenzi dusanga mu masomo ya none dukwiye gutekerezaho.

Icya mbere ni ububasha YEZU yahaye intumwa ze mbere yo kuzohereza mu butumwa: ububasha bwo kuganza roho mbi no kuzirukana n’ubwo gukiza icyitwa indwara n’icyitwa ubumuga cyose. Roho mbi zikora kwinshi kugira ngo ziteshe abantu inzira y’Ingoma y’Imana. Kwamamza ibinyoma mu isi hirya no hino, ni imbuto ya za roho mbi. Gupfukirana ukuri kugira ngo urenganye abantu, na wo ni umurimo wa za roho mbi. Guheza abantu mu nzira y’umwijima nk’uwo, ni ibiva kuri za roho mbi. Ababatijwe muri YEZU KRISTU bahawe ubwigenge ku cyitwa roho mbi cyose. Ni ngombwa kubasabira kwemera kugendera mu kuri kw’abana b’Imana bagamije amahoro n’ibyishimo biranga Ingoma y’Imana Data Ushoborabyose. Kwitwa umukristu ariko ukemera ko roho mbi ziyobya abantu, ni ukwirengagiza umuhamagaro wawe. Ni ngombwa kwibutsa abatu bose bemera YEZU KRISTU ko abaha ububasha bwo gutsinda izo roho mbi. Hari ikindi cya ngombwa kugira ngo umurimo wo guhangana na roho mbi ugende neza.

Roho mbi imaze kwirukanwa ikiragi kiravuga

Ku wa kabiri w’icyumweru cya 14 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 09 Nyakanga 2013

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Intg 32, 23-32; 2º. Mt 9,32-38

Roho mbi zitera kwinshi. Twabibonye mu butumwa YEZU yakoze muri Israheli. Yahuraga n’abarwayi b’amoko yose n’abahanzweho na roho mbi. Roho mbi zigira amayeri yo kutigaragaza kugira ngo zikomeze zimunge ubuzima bw’abantu. Amwe muri ayo mayeri yazo, ni ugutura mu bantu no guturama ngo batazivumbura. Kandi koko kuvumbura roho mbi, ni ibintu bikomeye kuko akenshi roho mbi yigira ikiragi ntirushye ikopfora ariko ikangiza roho y’uwo yaseseye. Bene iyo roho y’ikiragi iri mu zifitemo ubugome kurusha izindi. Mu gihe izindi zigerageza gusakuza no kubeshya, roho mbi y’indagi yo ntishobora guhishura izina ryayo n’aho ituruka. Umurimo wo kuyirukana uragorana kandi ugatinda.

Cyakora twibuke ko nta roho mbi n’imwe ishobora gukomeza kwihisha igihe YEZU KRISTU ahageze. Igihe bamuzaniye umuntu wari wahanzweho n’iyo roho mbi y’ikiragi, yahise ayimenesha maze umuntu atagira kuvuga. Impamvu rero roho mbi zitinda mu bantu ni uko ziba zitarabona ko YEZU KRISTU aziriho. Abantu batari bake bakomeza kugenda bameze nk’intama zitagira umushumba kuko bategerejwe bihagije ububasha bwa YEZU bukiza. Mu mpande nyinshi z’ibihugu bimwe na bimwe, umutsindo wa YEZU nturahatangazwa. Ahandi uwo mukiro uhatangazwa gake cyane. Impamvu ni uko abapadiri ari bake cyane. Ariko iyo urebye uko ibintu byifashe, n’abo dufite bashobora guhura n’ingorane zituma badakora ubutumwa bwabo ku buryo buhagije. Buri musaseridoti akwiye gukora nk’aha batanu kandi akarangwa n’umutima wiyoroshya uyobora abantu akurikije ingabire Nyagasani agaragaza mu buzima bwabo. YEZU yongeye kutwibutsa ko abakozi mu murima wa Nyagasani ari bake. Buri wese muri twe, yaba umulayiki yaba umusaseridoti wa gihereza, akwiye guhora yideburura agakora ubutumwa ashyizeho umwete kandi arangwa n’umutima wagutse.

Dusabirane muri YEZU KRISTU. Bikira Mariya n’abatagatifu baduhakirwe.

ABATAGATIFU BA KILIZIYA KU YA 9 NNYAKANGA:

Yohani w’i Koloniya, Amandina, Irma, Mariyana na Veronika-Yuliyana

Mutagatifu Yohani w’i Kolonye

Dore umutagatifu ufite ubuhamya butangaje.

Mfa gusa gukora ku gishura cye ngakira

Ku wa mbere w’icyumweru cya 14 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 08 Nyakanga 2013

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Intg 28, 10-22a, 2º. Mt 9, 18-26

Aya magambo agaragaza ukwemera gukomeye k’umugore wari umaze imyaka cumi n’ibiri yose ari indembe. Ukwemera gushyitse ntigusubizwa inyuma. Bene uko kwemera kutarangwa n’ugushidikanya bya kimuntu, ni ko gutanga ubumenyi bw’iby’Imana n’amabanga yayo. Uko kwemera kumurikira ubwenge bwa muntu maze akarasa intego nta kunyuza ku ruhande. Uwo mugore yari yarumvise ibya YEZU maze ahita yemera yibonera n’ubwenge bwe ko byanze bikunze ikizwa rye ari impamo mu gihe abasha gukora ku gishura cya YEZU. Ubwenge bwe bwari bwararangije guhuguka ku buryo yari azi ko YEZU afite ububasha bugera hose kabone n’aho umurwayi atagomba kugirana na We ikiganiro. Kumukoraho byonyine, ni ko gukizwa.

Ukwemera nk’uko kuduha kumva neza ko Imana ituri iruhande. Kubigeraho bisa n’aho Umumalayika wa Nyagasani atubonekera akaduha kumenya ko Imana turi kumwe. Mu Isezerano rya Kera, kubonekerwa n’abamalayika byariho cyane cyane mu nzozi. Twumvise mu isomo rya mbere ukuntu Yakobo yabonekewe mu nzozi maze agahita yiyamira yumvise ko aho yari ari Imana yari ihari. Mu Isezerano Rishya ho, ni YEZU KRISTU ubwe twegera maze ububasha bwe bukadukiza kandi tugasobanukirwa n’amabanga y’uko akora.

Muri iki gihe cy’Amateka ya Kiliziya, kwakira ububasha n’ubumenyi bw’Imana, ntibikigombera kubonekerwa cyangwa gukora ku gishura cya YEZU.

Imirima yeze ni myinshi ariko abasaruzi ni bake

Ku cyumweru cya 14 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 07 Nyakanga 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Iz 66, 10-14; 2º. Gal 6, 14-18; 3º. Lk 10, 1-12.17-20

Amasomo ya none aduhaye icyizere. Kuva kera Imana ntiyigeze itanga ubutumwa buduhebya. Kuva mu gihe cy’abahanuzi, ubutumwa buza bugamije kutwereka icyanzu twanyuramo ngo duhonoke amakuba atwugarije. Ni byo byishimo bya Yeruzalemu, ni cyo cyivugo cya Pawulo intumwa, ni byo byishimo bya YEZU yitegereje ubwinshi bw’imirima yeze.

1.Ibyishimo hamwe na Yeruzalemu

Yeruzalemu yakunze gusenywa n’intambara z’urudaca mu mateka yayo. Abaturage baho bagize agahenge igihe umwami Sirusi umuperisi yari amaze gutsinda bene Nabukodonozoro bo muri Babiloni. Sirusi yemereye abayahudi gusubira i Yeruzalemu bakongera kuyubaka. Ariko ingorane zabaye ni uko muri iryo garuka, ahagana mu mwaka wa 538 mbere ya YEZU, abayahudi benshi bari barayobejwe n’inyigisho z’amahanga batakitaye mu Masezerano y’Uhoraho. Abari basigaye bubaha Imana bari mbarwa. Umuhanuzi Izayi asoza igitabo cye atangaza mu izina ry’Imana ya Israheli ko abemera batagomba kwiheba, ko bagomba gukomera kuzageza igihe Yeruzalemu izabengerana ibyishimo. Uko kwari uguhanura ibyishimo bihebuje by’Umwana w’Imana wagombaga kuzaza kwinjiza bose mu ihirwe ry’Ingoma y’Ijuru.

No muri iki gihe, uwitwa uwa-KRISTU wese ugikanyakanya muri nzira y’ukwemera, ntakwiye kwiheba bitewe n’ubugomeramana abona hirya no hino ku buryo bunyuranye. Ibyo byose bizatsiratsizwa maze ikuzo ry’Imana y’ukuri riryohere abayo. Uko biri kose ni ukwishima kuko twese abemera by’ukuri YEZU KRISTU, turi hafi kwinjizwa muri YERUZALEMU nshya izira akaga n’agahinda, itarangwamo induru n’imiborogo; tuzinjizwa muri Yeruzalemu y’umunezero n’ibyishimo bitazashira.

2. Ikirangantego cyacu hamwe na Pawulo

Mu kugana iyo Yeruzalemu, ibendera ryacu n’ikirangantego kirimo, ni UMUSARABA WA YEZU KRISTU. Nta kindi dukwiye kwiratana atari umusaraba wa YEZU KRISTU. Ni ho yagaragarije ubutwari. Mu rugendo rwacu rugana Yeruzalemu nshya, amaso tuyahange kenshi umusaraba wa KRISTU. Kwivuvumanga no kwiheba kuko tunanijwe, nibitsindwe mu izina rya YEZU. Guterwa ubwoba n’abantu, na byo nibyigizweyo. Tuzi uwo dukorera. Ab’isi na bo tuzi uwo bakorera. Dukwiye kuba maso kugira ngo tutavaho dushukishwa ibinyoma bigamije kudutesha inzira y’ijuru.