Ku wa gatatu w’icyumweru cya 14 gisanzwe, C, 2013
Ku wa 10 Nyakanga 2013
Padiri Cyprien BIZIMANA
AMASOMO: 1º. Intg 41, 55-57;42,5-7a.17-24a; 2º. Mt 10,1-7
Ubu ni bwo butumwa butugenza twebwe abemeye YEZU KRISTU. Ni bwo yahaye intumwa ze gushyikiriza abantu bose. Abakurikiye urugero rw’izo ntumwa twese, nta kindi tugomba gutangariza abantu kitari ukubabwira ko Ingoma y’ijuru yegereje. Kuba yegereje kandi ari na yo isumba ingoma zose zo ku isi, ni ngombwa ko umuntu wese wumvise ubwo butumwa yihatira kwiteguraatunganya ubuzima bwe abuhuza n’ugushaka kw’Imana Data Ushoborabyose. Abami baratanga abandi bakima, ariko ingoma ya KRISTU izahoraho iteka. Ni uko tujya turirimba kandi ni ukuri. Kumvisha abantu ukuri kw’Ingoma y’Imana, ntibyoroshye ndetse akenshi bidutera ubwoba tukabura uko twifata kuri iyi si. Hari ibintu bibiri by’ingenzi dusanga mu masomo ya none dukwiye gutekerezaho.
Icya mbere ni ububasha YEZU yahaye intumwa ze mbere yo kuzohereza mu butumwa: ububasha bwo kuganza roho mbi no kuzirukana n’ubwo gukiza icyitwa indwara n’icyitwa ubumuga cyose. Roho mbi zikora kwinshi kugira ngo ziteshe abantu inzira y’Ingoma y’Imana. Kwamamza ibinyoma mu isi hirya no hino, ni imbuto ya za roho mbi. Gupfukirana ukuri kugira ngo urenganye abantu, na wo ni umurimo wa za roho mbi. Guheza abantu mu nzira y’umwijima nk’uwo, ni ibiva kuri za roho mbi. Ababatijwe muri YEZU KRISTU bahawe ubwigenge ku cyitwa roho mbi cyose. Ni ngombwa kubasabira kwemera kugendera mu kuri kw’abana b’Imana bagamije amahoro n’ibyishimo biranga Ingoma y’Imana Data Ushoborabyose. Kwitwa umukristu ariko ukemera ko roho mbi ziyobya abantu, ni ukwirengagiza umuhamagaro wawe. Ni ngombwa kwibutsa abatu bose bemera YEZU KRISTU ko abaha ububasha bwo gutsinda izo roho mbi. Hari ikindi cya ngombwa kugira ngo umurimo wo guhangana na roho mbi ugende neza.