Urajye wubaha ubuzima bw’undi muntu

Inyigisho yo ku wa kane, icyumweru cya 10 gisanzwe, C, 2013

13 Kamena 2013

Yateguwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU

AMASOMO:2Kor 3, 15-18; 4, 1.3- 6; Zaburi 84;Mt 5, 20-26

Urajye wubaha ubuzima bw’undi muntu

Tumenyereye kubahiriza amategeko y’Imana “twirinda”. Imvugo ikaba ngo ntukagire utya, ntugakore iki, uzirinde kiriya. Iyi mvugo iba ishatse kuvuga ko twigeze guhura n’ikibi tukaba tugomba kucyirinda uko tubishoboye kose. Ibi bishatse kuvuga ko ubwigenge Imana yaduhaye twabukoresheje nabi, maze bituviramo kuba abacakara b’icyaha. None tukaba dushaka kugaruka mu nzira nziza.

Batwigishije ko amategeko cumi ya Musa yanditswe ku mbaho ebyiri (deux tables de la loi). Urubaho rwa mbere rwanditseho amategeko atatu ya mbere arebana n’uburyo tugomba kubaha Imana. Urajye usenga Imana imwe gusa kandi abe ariyo ukunda gusa, ntuzarahire izina ry’Imana mu busa cyangwa mu binyoma, urajye utunganya umunsi w’Imana.

Urundi rubaho ruriho amategeko arindwi arebana n’imibanire y’abantu n’abandi. Irya mbere ridusaba kubaha ababyeyi , andi atandatu akurikiraho atubwira ibyo tugomba kwirinda: ntuzice, ntuzasambane, ntuzibe, ntuzabeshye cyangwa ngo ubeshyere abandi,…

Uyu munsi ivanjili iratwihanangiriza itubwira iti « ntuzice ». I Rwanda iri tegeko dusa n’abarikenetse. Iyo witegereje amateka yacu, wagira ngo ibyo ijambo ry’Imana ritubwira bica mu gutwi kumwe bigahita bisohokera mu kundi.

Inyigisho: Sinaje gukuraho, ahubwo naje kunonosora

Inyigisho – ku wa 3 w’icyumweru cya 10 gisanzwe, C, 2013:

12 KAMENA 2013:

AMASOMO:2Kor 3, 4-11;Zaburi ya 98;Mt 5, 17-19

Sinaje gukuraho, ahubwo naje kunonosora

Yezu ntabwo yaje gukuraho amategeko ahubwo yaje kuyanonosora. Twese tuzi akamaro k’amategeko. Atabayeho abantu babaho bunyamaswa. Ubundi se itegeko ni iki ? Umuntu yavuga ko itegeko ari inyigisho yatanzwe n’Imana kugirango abantu bashobore kubana neza. Mu isezerano rya kera, amategeko ya Musa yari abereyeho kugirango amasezerano Imana Uhoraho yagiranye n’umuryango wayo yubahirizwe. Nta rindi tegeko ryariho usibye irya Musa wari warabaye umuhuza mu masererano ahuza Imana n’umuryango wayo. Kubera ukuntu Musa yubahwagwa akanatinywa, kumva Yezu yigisha avuga ngo « mwumvise ko byavuzwe ngo …, jyewe mbabwiye ko… » byafatwaga nk’aho ari ijuru ryaguye.

Aho Yezu aziye yavuze ko ariwe muhuza w’ukuri w’Imana n’abantu. Yaje kuzuza itegeko rya Musa. Ntabwo yaje kurisenya. Amategeko ya Musa n’inyigisho z’abahanuzi byigishwaga mu makoraniro kuri buri sabato. Yezu yarabyubahirizaga. Aho yaje kubonwa nka kidobya mu muryango w’Abayisraheli ni igihe yavuze ati « isabato ibereyeho umuntu, ntabwo ari umuntu ubereyeho isabato », mu by’ukuri bikavuga ko umuntu afite agaciro kurusha isabato. Ubundi nanone Yezu yaje gufatwa nka kidobya yerekanye ko umuryango mushya atari ushingiye ku maraso ahubwo ko ari ushingiye ku kumva ijambo ry’Imana no kurishyira mu bikorwa. Ibyo yabyerekanye agira ati : «Mama ni nde, n’abavandimwe banjye ni bande?»  Nuko arambura ukuboko yerekeje ku bigishwa be, ati «Dore mama n’abavandimwe banjye! Kuko ukora icyo Data wo mu ijuru ashaka wese, ni we muvandimwe wanjye, na mushiki wanjye, na mama.» (Mt 12, 48-50). Ibyo Data wo mu ijuru ashaka nta kindi kitari ukubahiriza itegeko ry’urukundo.

Yezu yagaragaje ko we ubwe yubaha amategeko ya Musa. Ariko ayo abigishamategeko n’abafarizayi bigisha bahereye ku mico y’abantu ashobora kuvangira ijambo ry’Imana. Yezu yagaragaje aho ahagaze ku kibazo cyo gukurikiza amategeko ubwo yasubizaga umwigishamategeko wari umubajije ati “itegeko risumba ayandi ni irihe ?”. Yezu yamusubije agira ati «Irya mbere ni iri ngiri: Tega amatwi Israheli, Nyagasani Imana yacu ni We Nyagasani umwe rukumbi: Urajye ukunda Nyagasani Imana yawe n’umutima wawe wose, n’amagara yawe yose, n’ubwenge bwawe bwose, n’imbaraga zawe zose. Irya kabiri na ryo ngiri: Urajye ukunda mugenzi wawe nk’uko wikunda.Nta rindi tegeko riruta ayo yombi.» (Mc 12, 29-31). 

Inyigisho Pahulo yahaye abakristu b’i Korenti iratwereka ko abakurikiza iri tegeko rya Yezu batambutse kure abakurikiza itegeko rya Musa. Pahulo mutagatifu aributsa ko isezerano rishya yamamaza ridashingiye ku mategeko yanditswe, ahubwo rishingiye kuri Roho. Iyo kandi Pahulo agereranya isezerano rishaje n’irishya, yereka abayoboke ba Yezu Kristu ko ingabire bahawe ari indashyikirwa, ko inasumba iya Musa. Aragira ati : « Niba rero ibyamaze akanya gato byarahawe ikuzo, bishoboka bite ko ibigenewe guhoraho, bitarushaho kugira ikuzo? » (2Kor 3, 9).

Bavandimwe, ikintu gikomeye twakura mu nyigisho y’uyu munsi ni uko itegeko ryuzuza intego zaryo iyo risobanuwe na Yezu. Yezu niwe musobanuzi w’ukuri w’ijambo ry’Imana, akaba n’umuhuza w’ukuri w’Imana n’abantu. Mbese ni Musa mushya. Mwibuke abantu bose ivanjili itubwira basuzugurwaga, maze Yezu akabasubiza agaciro kubera ko abakunda kurusha uko akunda amategeko yanditse. Burya umuntu uvuga ko akurikiza amategeko ariko atifitemo urukundo aba afite ibindi yubahiriza bitari itegeko. Itegeko ryiza rituruka ku Mana kuko riba rishakira abandi icyiza.

Imana y’urukundo nibarinde.

Padiri Bernardin Twagiramungu.

Inyigisho:Twibuke Mutagatifu Barinaba

Inyigisho yo ku wa 11 Kamena: Mutagatifu Barinaba, Intumwa

Ku wa 11 Kamena 2013

yateguwe na Padiri Bernardin TWAGIRAMUNGU 

AMASOMO: Int 11, 21-13,3; Zaburi ya 97; Mt 10, 7-13 

Twibuke Mutagatifu Barinaba

Bavandimwe, uyu munsi Kiliziya iribuka mutagatifu Barinaba. Ubundi yitwaga Yozefu nyuma baza kumuhimba akazina ka Barinaba gasobanuye ko yari azi guhoza abababaye no gushishikariza abandi gukomera mu by’Imana. Yari azi gukemura impaka akanafasha abahanganye kumvikana. Mbese yari wa muntu bavuga ko ari umunyamicomyiza. Yari yuje ingabire za Roho Mutagatifu n’iz’ukwemera. Amaze guhinduka no kuba umuyoboke wa Yezu, ibyo yari afite byose yarabigurishije abyegurira intumwa. Nyuma yaje kuba umwogezabutumwa w’indashyikirwa. Kenshi yabaga ari kumwe na Pawulo mutagatifu mu ngendo ze za gitumwa mu turere tw’abanyamahanga tutigeze tumenya ivanjili. Inyigisho Barinaba na Pawulo batanze bahugura abayoboke b’i Antiyokiya zatumye abigishwa babakurikiye bitwa “Abakristu”.

  • Imigenzo iranga intumwa

Hari imigenzo myiza iranga abatorewe imirimo yo kwitangira abandi kugirango babamenyeshe inkuru nziza y’umukiro twazaniwe na Yezu. Muri iyo migenzo harimo gusenga no gusiba kurya. Igitabo cy’Ibyakozwe n’intumwa kitubwira ko Roho Mutagatifu ajya gutorera Barinaba na Sawuli (Pawulo) imirimo y’iyogezabutumwa, yasanze bari mu masengesho no gusiba kurya. Gusenga no gusiba biha imbaraga abatorewe kwamamaza inkuru nziza. Kuramburirwaho ibiganza ukakira Roho Mutagatifu nabyo bitanga imbaraga ku bogezabutumwa. Kiliziya idutoza gusenga no gusiba mu bihe bikomeye by’umwaka wa liturujiya cyane cyane mu gisibo. Na none mu buzima bwacu busanzwe, dushishikarizwa gusenga no gusiba iyo dufite umushinga ukomeye dushaka gushyira mu bikorwa. Gusenga no kwigomwa ni imigenzo yagombye kuranga abashaka gushinga urugo, abashaka kwiyegurira Imana baba ababikira, abafurere cyangwa se abapadiri,…

Inyigisho: Abahire (Matayo 5,1-12)

Inyigisho yo ku wa mbere – Icyumweru cya 10 gisanzwe, C, 2013

Ku ya 10 Kamena 2013

Yateguwe na Padiri Alexandre UWIZEYE

Abahire (Mt 5,1-12)

Bavandimwe,

Mu Ivanjili y’uyu munsi Yezu aratwereka inzira y’umunezero. Ni mu inyigisho irambuye yatangiye ku musozi akikijwe n’abigishwa be, yerekana inzira igana ku ihirwe rihoraho. Iryo hirwe ritangirira hano ku isi, igihe umuntu afashe icyemezo cyo gukurikira Yezu akaba umukristu bidasubirwaho. Iyo nyigisho yo muri Matayo umutwe wa gatanu, uwa gatandatu n’uwa karindwi ikubiyemo ubukungu bwinshi. Twari dukwiye kujya tuyisoma kenshi ikadutungira ubuzima.

  • Ihirwe ry’umunyarwanda wo hambere

Yezu aratangira atubwira abahire abo ari bo. Ese umuntu wahiriwe ni umeze ute ? Mu Rwanda rwo hambere, ivannjili itaratangira kuhamamazwa, umunezero w’umuntu bawushakiraga mu bintu bitatu by’ingenzi : kuramba, kubyara no gutunga. Uwabagaho igihe kirekire ku isi, afite ubuzima bwiza atarwaragurika, bavugaga ko yahiriwe. Gukenyuka wari nk’umuvumo. Ahandi bashakiraga umunezero ni mu rubyaro. Ukabyara abana benshi, abahungu n’abakobwa, ukagira abuzukuru n’abuzukuruza. Gupfa utabyaye byari igitutsi gikomeye. Aha gatatu bashakiraga umunezero ni mu bintu, mu bukungu bw’isi : inka, ibigega by’imyaka. Uwabaga afite ubuzima bwiza, akagira abana, akagira amatungo maremare n’amagufi, akagira ibigega by’imyaka, agatunga agatunganirwa, akabana neza n’abaturanyi bavugaga ko yahiriwe.