Ibuka Nyagasani!

Inyigisho yo ku wa kane w’icyumweru cya 1 cy’Igisibo, C

Ku ya 21 Gashyantare 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Esitera 4,17k-m.r-t; 2º.Mt 7, 7-12

Ibuka Nyagasani, Wimenyekanye muri iki gihe cy’amage turimo!

Igitabo cya Esitera kidutekerereza ukuntu Abayisiraheli bari bageramiwe, maze umwamikazi Esitera agatakambira Uhoraho bakarokoka. Iyo mu Buperisi aho bari barajyanywe bunyago, Esitera mwene wabo yari yararongowe n’umwami. Igihe kimwe umunyamujinya Hamani wari igisonga cy’umwami akaba n’umuntu wiyemera cyane, aza kugambanira Abayahudi bose ngo bicwe. Esitera atakambira umwami maze ahubwo hamanikwa Hamani uwo, barokoka batyo. Ni inkuru ibabaje ariko ifite icyo itwigisha.

Mu gihe tubona ko turi mu mage n’akangaratete, nta wundi dukwiye gutakambira usibye Nyir’ububasha Nyagasani Imana Data Ushoborabyose. N’ubwo abantu biha kwigira ibihangange ugasanga bagomera abo bogeraho uburimiro, nta n’umwe ushobora kugenga ibiriho byose. Ni yo mpamvu mu gihe ibintu bidukomereye cyane, abemera YEZU KRISTU, nta muganda wundi bashobora guha isi uruta gutakambira Ushoborabyose. Igihe kiragera akimenyekanisha, Sekibi igatsindwa.

Ukwiheba kugomba kwimukira ukwizera gukomeye kuko ni YEZU ubwe utwemeza ko nidusaba tuzahabwa. Ntidushobora gutenguhwa n’Umubyeyi wacu We udashobora kuduhereza ibuye mu gihe tumusaba umugati; nta n’ubwo azigera aduhereza inzoka igihe tuzamusaba ifi. Iyo neza ye twifuza ko azahora ayitugaragariza akadutsindira amage, natwe tugomba kuyigaragariza abavandimwe bacu. Ibyo byiza twifuza kandi dusaba dukomeje, ni byo natwe tugomba kugirira benemuntu bose.

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU BUZIMA BWACU BWOSE.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

Hasigaye iminsi mirongo ine, Ninivi ikarimbuka

Inyigisho yo ku wa 3 w’icyumweru cya 1 cy’Igisibo, C

Ku ya 20 Gashyantare 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Yonasi 3, 1-10; 2º.Lk 11, 29-32

Hasigaye iminsi mirongo ine, Ninivi ikarimbuka

Amasomo y’uyu munsi atugaragarije uko Ijambo ry’Imana ritagenda amara masa koko. Ejo ni bwo twabyibazagaho. Nimurebe ukuntu umurwa mukuru wa Ashuru wari warugarijwe n’ubugome n’ubugizi bwa nabi ku buryo bwose wumvishe Ijambo ry’Imana Yonasi yamamaje maze ibintu bigahinduka. Umugani ugana akariho. Ijambo ry’Imana ni nk’umuriro usukura cyangwa igikoresho gityaye. Uwo muriro usukura n’icyo gikoresho gityaye, iyo bitwawe n’umunyabwoba bisa n’aho nta bubasha byifitemo. Umuriro usa n’uzimye, igikoresho kigahinduka igitiritiri. Abahawe ubutumwa bwo kubikoresha babwemeye nta gahato. Ni yo mpamvu rero abamamaza Ijambo ry’Imana na bo bagomba kwigiramo icyo kibatsi cy’umuriro cyangwa icyo igikoresho gityaye. Kuryamamazanya ikibatsi cyaryo, ni ko kurimburana n’imizi ubunangizi n’ibyaha byose kugira ngo bene muntu bagire ubugingo busagambye. Ni ngombwa guhora dusabira ingabire yo gutsinda ubwoba abahawe ubutumwa bwo kwamamaza YEZU KRISTU.

Uwo murimo usaba ubutwari bukomeye. Ni ugutinyuka cyane cyane mu bihe bikomeye. Ni ukubaho nk’abahanuzi bemeye gutotezwa bavunikira umukiro w’abavandimwe babo. Ni ugutinyuka nka bariya bose bemeye gukurikira KRISTU mu ntangiriro za Kiliziya bakarinda babizira. Ni ugukanguka tukumva ko ubwo bwitange na n’ubu bushoboka. No muri ibi bihe turimo, hirya no hino ku isi hari abantu batotezwa bakemera kubabara aho kubaho ari imberabyombi. Hari n’abiyemeje kugira ubucuti bukomeye na YEZU KRISTU ku buryo inyigisho zabo zijyana n’ibikorwa. Urugero rutari kure, ni igikorwa cy’ubutwari bukomeye Papa Benedigito XVI agaragaje. Mu myaka iyinga umunani amaze ayoboye Kiliziya, yewe na mbere yaho kuva kera agihabwa ubusaseridoti, ntiyigeze ahwema guhamagarira isi kugarukira YEZU KRISTU. Ubwo butumwa bwe burigaragaje cyane mu kwemera kureka icyubahiro cyo kuba Papa. Kuri twe twese, ni isomo rikomeye ryo gufata iby’Imana muri Kiliziya mu kuri kwabyo. Erega ubukristu si imibereho n’imyumvire y’iyi si ihindagurika!

Ijambo ry’Imana ntirigenda amara masa

Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 1 cy’Igisibo, C:

Ku ya 19 Gashyantare 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Iz 55, 10-11; 2º.Mt 6, 7-15

Ijambo ry’Imana ntirigenda amara masa

Twibuka ko ku cyumweru YEZU yatubwiye ko umuntu adatungwa n’umugati gusa. Yashakaga kudushishikariza guharanira n’umugati utanga ubugingo bw’iteka. Ejo bwo yatubwiye ko intungane ari zo zizajya muri ubwo bugingo bw’iteka. Hari abantu bibaza niba umuntu wabatijwe ashobora kubura ubugingo bw’iteka kandi yarigishijwe Inkuru Nziza agasobanurirwa ibijyanye n’ijuru n’umuriro! Uwabatijwe ntashobora kujya mu muriro w’iteka igihe cyose yihatira kuzanzamuka mu bitotsi by’urupfu agakurikiza Ijambo ry’Imana. Igihe cyose hari abantu bigomwa byose bagamije kwamamaza YEZU KRISTU igihe n’imburagihe kandi ari na ko bagaragaza injyana mu mvugo n’ingiro, hari abantu bakira umukiro bakarokoka umuriro w’iteka.

Hari igihe twibaza impamvu abapadiri bahora bigisha Ijambo ry’Imana ariko hagakomeza kuboneka ababatijwe bakivanga amasaka n’amasakaramentu; impamvu hirya no hino humvikana inyigisho nyinshi zishingiye ku Ijambo ry’Imana ariko hakanga mu isi hakagaragara ibikorwa by’urukozasoni; Ese ukuri k’uko Ijambo ry’Imana ridasubirirayo aho kwaba atari ko? Aha tuhasanga amayobera y’ubuyobe (le mystère de l’iniquité). Tuzi ko na YEZU KRISTU ubwe yigishije ku buryo butandukanye n’ubw’abafarizayi ariko abamukurikiye ni bake cyane. Uko biri kose, icy’ingenzi ni uko abigisha babikorana umutima wunze ubumwe na KRISTU, abasenga bagasenga bazi neza icyo bashaka, ibindi byose ni Nyagasani wenyine ubizi.

Kimwe mu bituma Ijambo ry’Imana ritadusagambamo, ni imisengere y’intica ntikize! Uko YEZU yabidusobanuriye mu Ivanjiri, hari igihe isengesho ryacu riba iryo gusukiranya amagambo gusa kandi tukanasenga gusa twerekeje amaso ku by’isi twishakira mu gihe umutima ukinguriye ijuru utaturangwaho ! Nk’isengesho rya Dawe uri mu ijuru rivugwa kenshi ariko wagira ngo ni Sekibi itubuza kuzirikana buri ngingo y’iryo sengesho no kuyicengezamo.

Dusabire ababatijwe bose gukunda byimazeyo YEZU KRISTU, bamutege amatwi kandi bagane umuryango w’ijuru nta bwoba. Dusabire abigisha Ijambo ry’Imana babikore bunze ubumwe na KRISTU. Umusaruro w’Ijambo ry’Imana uzakomeza kuboneka kandi abazemera kumurikirwa n’Inkuru Nziza n’ubuhamya bwa bagenzi babo, na bo bazera imbuto nyinshi.

YEZU KRISTU AKUZWE MU BUZIMA BWACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.

Intungane zizajya mu bugingo bw’iteka

Inyigisho yo ku wa mbere w’icyumweru cya 1 cy’Igisibo, C:

Ku ya 18 Gashyantare 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Lv 19, 1-2.11-18; 2º.Mt 25, 31-46

Intungane zizajya mu bugingo bw’iteka

Ejo YEZU yatwibukije ko umuntu adatungwa n’umugati gusa, ko anatungwa n’ijambo ryose rivuye mu kanwa k’Imana. Uyu munsi akomeje adusobanurira ko abatunwa n’ijambo rye bagaharanira ubutungane bazarangiza neza imibereho yabo hano ku isi: bazinjira mu ijuru bibonere ubugingo bw’iteka. Abasuzugura Ijambo rye bakikurikiranira gusa ibyo bashyira mu gifu kandi bakarangwa n’umutima mubi, abo bazajya mu bubabare bw’iteka, aho bazarira kandi bagahekenya amenyo ubuziraherezo.

Mu isomo rya mbere n’ivanjili, hose twabonyemo ibintu byose bishobora kutuvutsa ubugingo bw’iteka. Isoko y’ibyo bibi byose ni ugusuzugura Uhoraho. Ni We soko y’ibyiza byose. Iyo twisibiye amayira ayiganaho, ntidushobora kugera ku mazi afutse. Iyo soko y’Urukundo rutuganisha mu ijuru duciye ku bavandimwe bacu, ihorana ibyangombwa byose umuntu akenera mu rugendo rugana ijuru. Ni ho turonkere urumuri rwinjira mu mutima wacu rugacogoza umwijima, rukaduhuza n’abavandimwe. Amatwara dushobora kwigiramo y’agasuzuguro tugirira abaciye bugufi, uburiganya twigiramo tugamije inyungu zacu gusa, ubwirasi butuma twikanyiza tukaryamira abandi, ubujiji butuma tubaho turi imberabyombi n’andi matwara afifitse yose, byose tuzabitsinda twiyemeje kugarukira inzira y’UKURI YEZU KRISTU atugezaho. Iki gihe cy’igisibo gikomeze kudufasha kwiyungururamo imisemburo yose y’umuriro w’iteka. Nitwicishe bugufi twicuze koko.

YEZU KRISTU asingirizwe ibyiza byose adahwema kudukorera agamije kutuvugurura. Ingero nziza aduha z’abamukunda bakadutoza kumugana, abogeza Inkuru Nziza bagafasha urubyiruko kuva mu mwijima, abashinga ingo ku Rutare YEZU KRISTU, abakira ingabire y’ubuzima bakarera abana babo mu Rukundo rwa KRISTU, abitangira abakene, abihayimana b’indahemuka bakunda YEZU KRISTU bakatubera urugero mu mico no mu myifatire…Ibyo byose bitwereka ko gutangira ubuzima bw’ijuru tukiri hano ku isi bishoboka. Tunyure muri iyo nzira nziza dutsinde Sekibi ishaka kutworeka mu muriro w’iteka.

YEZU KRISTU ASINGIZWE MU MITIMA YACU.

UMUBYEYI BIKIRA MARIYA ADUHAKIRWE.