Umuntu ntatungwa n’umugati gusa

Icyumweru cya mbere cy’Igisibo,  Umwaka C

Ku ya 17 Gashyantare 2013

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º.Ivug 26, 4-10;2º.Rom 10, 8-13;3º.Lk 4, 1-13

Umuntu ntatungwa n’umugati gusa

1.Turashukwa, si ibikino

Mu mwaka wa Liturujiya C, icyumweru cya mbere cy’igisibo kidufasha gutekereza ku bishuko bitwugarije. Dushobora gutangazwa n’uburyo YEZU KRISTU Umwana w’Imana Nzima yashutswe! Ntidutangare cyane cyangwa ntitubigire ibikino, Sekibi n’ubwo yatsinzwe izwiho gutinyuka no guhangara. Duhore turi maso rero kuko iyatinyutse kwegera YEZU itazaturebera izuba.

Kuba YEZU yarashutswe na Sekibi kariya kageni, ni isomo rikomeye kuri twebwe usibye ko turebye nabi byanatubera ingusho. Ni isomo rihanitse kuko mu buzima bwacu twiyemeza guhora turi maso kuko Sekibi itiganda mu kuduhangara yo yahangaye mbere na mbere uwayihangamuye. Iyo twemera ko turi ku rugamba, natwe dushaka intwaro zikwiye kugira ngo dutsinde. Iyo turangaye n’akanya gato Sekibi iraduhangara ikaduhangamura. Ni ko biba byagenze iyo nk’umukristu ukomeye yaba umulayiki yaba uwihayimana igihe kigeze akagwa mu byaha by’urukozasoni! Gushukwa kwa YEZU kandi gushobora kutubera impamvu yo guhezwayo: hari abantu babyitwaza bakibera mu byaha nta nkomanga, bavuga ngo “Na YEZU yarashutswe!”. Icyo dushobora kwibagirwa dutwawe n’iyo mitekerereze, ni uko YEZU yashutswe ariko ntatsindwe! Guharanira gutsinda muri We ni ko kwigira ku byo yaboneye mu butayu iminsi mirongo ine n’amajoro mirongo ine.

Ku wa gatatu w’ivu, Papa wacu Benedigito XVI, mu kiganiro asanzwe aha abakristu mu gitondo, yibanze kuri ibyo bishuko bya Sekibi arangiza adusobanurira ko kugira ngo tubitsinde tugomba gushyira Imana Data Ushoborabyose hajuru y’ibintu byose. Kurangamira Imana mbere ya byose, ni uguhora twibaza tuti: “Ariko ubundi icy’ingenzi mu buzima bwacu ni iki?”. Uwo mubyeyi wacu Papa, Umusimbura wa Petero intumwa (2005-2013) yaduhaye urugero mu mibereho ye yose kuko kuva akiri muto yaranzwe no gushyira imbere ubucuti bukomeye na YEZU KRISTU. Ntiyashatse amakuzo, amaraha n’icyubahiro by’isi. Ni na rwo rugero ruhanitse adusigiye kuko ku wa 11 gashyantare 2013 yiyemeje kurekura icyubahiro cyo kuba Papa ku bushake. Ni intwari yabyirukiye gutsinda. YEZU abisingirizwe.

Nazanywe n’abanyamahanga kugira ngo bisubireho

Inyigisho yo ku wa 6 nyuma y’uwa 3 w’Ivu, IGISIBO 2013

Ku ya 16 Gashyantare 2013, 

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Iz 58, 9b-14; 2º.Lk 5, 27-32

Nazanywe n’abanyamahanga kugira ngo bisubireho

Yezu Kristu nasingirizwe uburyo yazanywe natwe twese abanyabyaha kugira ngo dukire. Ibanga rikomeye umuntu ageraho iyo yemeye kumva Inkuru nziza ya YEZU KRISTU akemera kumukunda mbere ya byose, ni ukwiyinjiramo no kumenya mu by’ukuri imiterere y’umutima we. Uwakunze YEZU KRISTU ntaba akiri wa wundi ugenda yirata yibonekeza ashaka kwereka amaso y’abantu ko ari intungane! Nta muntu n’umwe w’intungane muri iyi si. Twese turi abanyantege nke. Ni na yo mpamvu nta muntu n’umwe ushobora kubeshya ko ibishuko bya Sekibi bitamugeraho. Abakunda YEZU KRISTU bakifuza kubana na We iteka mu ijuru, icya mbere gisa n’ikibatera ubwoba, ni ukwibona kure cyane y’iryo juru bifuza. Hari n’abagera aho biheba rwose bagahora bahangayitse.

Inyigisho za buri munsi bahabwa, ni zo YEZU KRISTU yifashisha kugira ngo abamurikire akoresheje Roho we Mutagatifu. Uwo Roho, ni we utubwiriza ibyo tugomba gukora byose kugira ngo dutsinde Sekibi. Ni yo mpamvu imyitozo yose dukora itugirira akamaro ikatuvana mu manga ya kure ikadutuza mu rwuri rutoshye. Twavuze ko muri iki gisibo twihatira gusenga, gusiba no gufasha. Ibyo byose, iyo tubibwirijwe na Roho Mutagatifu, nta kabuza bidutera kwegerana na YEZU KRISTU maze uburwayi bwose twifitemo tukabumuhereza akatuvura. Iyo umuntu adasengana ukwiziga n’ukwigomwa, mu by’ukuri imisengere ye imuheza ku mafunguro atamuhaza. Iyo misengere itamurikiwe na Roho Mutagatifu imushyira ahantu hari urumuri rw’intica ntikize, rwa rundi runyenyeretsa ariko ntiruboneshe neza!

Gukuraho ibyashikamiraga muntu byose

Ku wa 5 nyuma y’uwa 3 w’Ivu, IGISIBO 2013

15 gashyantare 2013

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

AMASOMO: 1º. Iz 58, 1-9a; 2º.Mt 9, 14-15 

Gukuraho ibyashikamiraga muntu byose 

Turacyari mu ntango z’igisibo. Iyi minsi mirongo ine, ishushanya imyitozo yose y’ubusabaniramana ikorwa n’abakristu cyangwa abigishwa bitegura amasakaramentu kugira ngo bazahimbaze bakeye Umunsi wa Nyagasani YEZU KRISTU, PASIKA ntagatifu yatwinjije mu bugingo bw’iteka.

Mu binyejena bya mbere bya Kiliziya, abayoboke ba KRISTU ntibahumekaga mu gisibo: bakoraga ibishoboka byose bakarangiza imyitozo yabaga iteganyijwe. Hari amasengesho yihariye bagombaga kuvuga mu gitondo ku manywa na ninjoro, bagatura igitambo buri munsi, bakicuza ibyaha neza nta bwoba nta soni…Abiteguraga amasakaramentu bo bagiraga iminsi myinshi yo kwiherera. Gusiba kurya ni kimwe mu bintu by’ingenzi buri wese yihatiraga. Mu misengere, hari byinshi bakomoraga mu muco w’abayahudi cyane cyane icyo cyerekeranye no gusiba kurya.

Umuyoboke wubahirizaga ibyo byose yiyumvaga mu mutima ko yiteguye neza Pasika. Mu gihe turimo, hari ibikorwa byinshi by’ubusabaniramana byibagiranye! Abayoboke bahuriye mu makoraniro anyuranye twishimira ko yavutse ku kibatsi cya Roho Mutagatifu cyaranze ikinyejana cya makumyabiri, ni bo benshi usanga bashishikajwe no kumenya icyo bakwiye gukora kugira ngo barusheho gushyikirana n’Imana Data Umubyeyi wacu. Umwe mu myitozo y’ingorabahizi, ni uwerekeranye no gusiba. Mu makoraniro tubyita kwiyiriza, gukora ubutayu n’izindi nyito zibisobanura. Uko gusiba guhangayikisha bamwe nk’aho ari cyo gikorwa simusiga cyonyine gitunganya roho zacu! Ni byo koko, gusiba kurya bigirira akamaro roho. Cyakora iyo bikorwa neza, ni ho imbuto ziba nyinshi.

Nukora utyo, uzagira ubugingo

Ku wa 4 nyuma y’uwa 3 w’ivu,  IGISIBO

14 Gashyantare 2013

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Ivug 30, 15-20; 2º.Lk 9, 22-25

Nukora utyo, uzagira ubugingo

Ejo twatangiye igisibo. YEZU KRISTU yatwibukije akamaro ko gusenga, gusiba no gufasha. Yanatwibukije uburyo bwiza bwo kubikora. Kubaho no gukora byose n’umutima ucuditse n’Uhoraho. Icyo twakora cyose tudafite uwo mutima urangamiye Nyagasani, nta reme cyaba gifite nta n’aho cyaba kituganisha.

Amasomo ya none na yo, aradufasha gushimangira iyo mibereho ibereye Nyagasani n’abantu. Umuntu wese umaze kumenya ubwenge abona imbere ye inzira ebyiri ashobora gukurikira: inzira y’icyiza kitigera kivuguruza ugushaka kw’Imana Data Ushoborabyose. Barahirwa abantu bose bashyigikirwa mu nzira nziza. Abagize amahirwe yo kuvukira mu bantu bazi Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU, bafite ibyangombwa bibashyigikira mu guhora bahitamo icyiza. Umuntu wese wakiriye YEZU KRISTU, nta kindi akwiye gushyira imbere kitari ukugaragariza abandi bose-cyane cyane abo akuriye, abo ashinzwe, abavandimwe n’inshuti-ko inzira nziza ikwiye gukurikizwa ari iduhuza na YEZU KRISTU watsinze urupfu akazuka. Uko kumenya icyiza no kugikurikirana, ntibibura ingorane zinyuranye. Ariko ikintu cyose cyashaka kuyitubuza, ntitugitinya turemera tukagihangara kabone n’aho cyatubamba ku musaraba. Ni bwo buzima YEZU yagaragaje, yabitubwiye mu ivanjili twasomye. Abamwemera kandi bari kumwe na We mu nzira y’Ubugingo, na bo bahora biteguye kubabara aho gupfa nabi. Natwe nidukora dutyo, tuzagira ubugingo hamwe na We.