Ufite amatwi yo kumva, niyumve

Inyigisho yo ku wa 3 w’icyumweru cya 3 gisanzwe, Umwaka C,giharwe

Ku ya 30 Mutarama 2013

Padiri Alexandre UWIZEYE

Ufite amatwi yo kumva, niyumve umugani w’umubibyi (Mk 4,1-20)

Bavandimwe, uyu mugani w’umubibyi twawumvise kenshi. Ndetse bamwe bawufashe mu mutwe. Kubera ko amagambo aryoha asubiwemo, reka tuwugarukeho gatoya.

Yezu amaze iminsi yigisha i Kafarinawumu. Uyu munsi yahinduye. Aratangira kwigishiriza ku nkombe y’inyanja ya Galileya. Kubera ko ari hagari, kandi akaba amaze kuba ikirangirire abantu benshi cyane bamuteraniye iruhande. Turamubona ajya mu bwato mu Nyanja, abantu bari ku nkombe y’inyanja bamuteze amatwi abigisha.

Mariko yajyaga atubwira ko Yezu yigisha, ntatunyuriremo muri make ibyo yigishije. Uyu munsi aratubwira ko Yezu yigisha byinshi avugira mu migani. Arahera ku mugani w’umubibyi. Yezu araza kuwusobanurira ba cumi na babiri bari bonyine. Arabategura kuzakomeza ubutumwa bwe amaze gusubira mu ijuru niyo mpamvu ashaka ko barushaho gusobanukirwa, bityo nabo bakazasobanurira abandi.

Yezu aragereranya abumva Ijambo rye n’ubwoko bune bw’ubutaka: iruhande rw’inzira, mu rubuye, mu mahwa no mu gitaka cyiza. Ariko urebye neza, ni ubwoko bubiri bw’ubutaka: ubutaka butera imbuto (ubanza ari nabwo bwinshi) n’ubwera imbuto.

Mwaza gushaka akanya mugasoma iyi vanjili mwitonze. Nta wayisobanura neza kurusha Yezu ubwe.

Ubundi buri wese akibaza ati “Ni ibiki bibuza Ijambo ry’Imana numva kwera imbuto ?”

Aho sinaba meze nk’ubutaka bw’iruhande rw’inzira, Ijambo Sekibi akarinkuramo?

Cyangwa se meze nko mu rubuye, Ijambo ry’Imana nakiranye ibyishimo ntirinshoremo imizi, haza amagorwa cyangwa ibitotezo ngahita ngwa, nkamera nk’utarigeze yumva Ijambo ry’Imana na rimwe?

Abavandimwe ba Yezu ni abakora ugushaka kw’Imana

Inyigisho yo ku wa 2 w’icyumweru cya 3 gisanzwe, Umwaka C

Ku wa 29 Mutarama 2013

Inyigisho yateguwe na Padiri Alexandre UWIZEYE

Abavandimwe ba Yezu ni abakora ugushaka kw’Imana (Mk 3,31-35)

Aya magambo Yezu yayavuze nyina na benewabo baje kumushaka. Aho kugira ngo batere intambwe nabo babe abigishwa be, barashaka kumutesha gahunda yatangiye kwigisha Inkuru nziza. Ibi byabereye i Kafarinawumu aho Yezu yari afite inzu.

Abari bahari:

  • Yezu.

Ari mu nzu. Ntagushidikanya ko arimo kwigisha. Abantu benshi bicaye bamukikije. Baramubwira ko benewabo bari hanze bamushaka. Arababaza ati « Benewacu uvuga ni bande ? » Arazengurutsa amaso mu bari bamukikije. Indoro ya Yezu, Mariko akunda kuyigarukaho. Aravuga ko benewabo ari abakora icyo Imana ishaka, mbese nk’aba bamukikije.

  • Nyina wa Yezu n’abavandimwe be

Baje kureba Yezu. Ntibinjira baraguma « hanze ». Bamutumaho ngo abasange « hanze » babonane. Barashaka ko asiga ibyo yakoraga n’abo bari kumwe.

  • Abantu benshi

Bari mu nzu. Baratuje, bicaye bakikije Yezu. Bamuteze amatwi.

Inyigisho

Turabona abavandimwe ba Yezu bafata urugendo baza kumureba. Ntibazanywe no kumva inyigisho ze. Baragira ngo bahamuvane « kuko bavugaga ngo « Yasaze !» (Mk 1,21). Ntibirirwa binjira mu nzu; baramutumaho ngo asohoke mu nzu areke ubutumwa bwe,aze yumve icyo bamubwira. Igisubizo Yezu atanga kigomba kuba kitarabashimishije.

Muri Paruwasi nakoraga mo ubutumwa hari inyigisho twahaga abakristu zitwa “Tumenye Bibiliya”. Twageze kuri ariya magambo ya Yezu aho avuga ati “Mama ni nde? Abavandimwe banjye ni bande?”, umukristu arabaza ati “Ese buriya Yezu ntiyasuzuguye umubyeyi we?”. Tureke iby’amarangamutima, twibande ku nyigisho y’ukwemera. Ese aho Mariya, Nyina wa Yezu we ntiyari akeneye gukura mu kwemera ! Ni uwambere mu rugendo rw’ukwemera. Ariko nkeka ko nawe byabaye ngombwa ko akora urugendo rwo gukura m’ukwemera.

Ingoma yibyayemo amahari ntishobora gukomera

Inyigisho yo ku wa mbere w’icyumweru cya 3 gisanzwe, Umwaka C

Ku wa 28 Mutarama 2013

Padiri Alexandre UWIZEYE

Ingoma yibyayemo amahari ntishobora gukomera (Mk 3,22-30)

Bavandimwe, Ivanjili tumaze kumva, iratugezaho impaka zakurikiye igitangaza Yezu yakoze cyo kwirukana roho mbi ; abigishamategeko bakanga kucyakira, ndetse bakiha kumutuka ku mugaragaro ngo yahanzweho na Belizebuli, ko ari we yirukanisha roho mbi.

Biramenyerewe ko bariya bigishamategeko barwanya Yezu bivuye inyuma. Uyu munsi ho birakomeye. Abigishamategeko baturutse i Yeruzalemu, ku cyicaro gikuru cy’idini y’Abayahudi. Ikirego barega Yezu kirakomeye. Baravuga ko Yezu ari umukozi wa Sekibi! Muzi ko Belizebuli ari rimwe mu mazina ya Shitani.

Aho uburiganya bwa bariya bigishamategeko bushingiye ni uko badahakana ko Yezu yakoze igitangaza cyo kwirukana roho mbi. Bararega Yezu ko akoresha ububasha butavuye ku Mana. Ngo yirukanisha roho mbi ububasha bwa shitani. Mu yandi magambo ni nk’aho shitani yiyirukana.

Mwigira agahinda nk’aho mwapfushije

Inyigisho yo ku cyumweru cya 3 gisanzwe, Umwaka C

Ku ya 27 MUTARAMA 2013

Padiri Cyprien BIZIMANA

AMASOMO: 1º. Neh 8, 1-4a.5-6.8-10; 

2º. 1 Kor 12, 12-30 cg. 1Kor 12, 12-14.27

3º.Lk 1, 1-4; 4, 14-21

Mwigira agahinda nk’aho mwapfushije

1. Ku munsi weguriwe Uhoraho Imana yanyu

Kuri iki cyumweru, imwe mu nyigisho YEZU ashaka kutugezaho ikubiye mu cyifuzo adufitiye cyo kubaho twishimye kuko urupfu rwatsiratsijwe. Ahora atwibutsa ko yatsinze urupfu akaba atetse i Jabiro aho yiteguye kutwakira. Mu kwitegura kuzamusanga igihe nikigera, aturinda agahinda gakomoka ku rupfu uru rusanzwe rw’umubiri ndetse n’urupfu rw’umutima.

Urupfu rw’umubiri ruratubabaza cyane kuko muri kamere yacu rwaradukomerekeje kuva kuri Adamu na Eva. Ikindi kandi, rutubabaza kuko ukwemera kwacu kukiri hasi cyane bigatuma twitekerereza gusa ibyo mu nsi maze ibyo mu ijuru dukwiye kurangamira no kwifuza bikatwihisha. Mu kwemera guke cyane, turi mu isi dusa n’abazindaye. Ni yo mpamvu urupfu rutubuza amahoro n’umutuzo.

Cyakora kubabazwa n’urupfu rwa roho byo, ni ikimenyetso cy’agatambwe kisumbuye mu kwemera. Urwo rupfu rwa roho rusobanura ikintu cyose gituma twitandukanya n’ Imana Data Umubyeyi wacu. Ni byo byabaye ku muryango w’Imana igihe Ezira abasomeye Igitabo cy’Amategeko y’Uhoraho bari barirengagije cyane cyane igihe bari baramaze batataniye mu mahanga ya kure. Ayo magambo y’Uhoraho yabasomewe n’ibisobanuro bahawe, byabageze ku mutima maze bumva ko bagiye kure y’Uhoraho, baraturika bararira. Ayo marira yabo ni ikimenyetso cyiza cyo kugarukira Uhoraho. Ayo ni amarira n’ishavu bisukura umutima.