Izina rizura abazimu rikazahura abazimiye: Yezu

Inyigisho yo ku ya  3 Mutarama 2013, Igihe cya Noheli

AMASOMO: 1 Yohani 2, 29-3,6; Zaburi 98 (97), 1.3-6; Yohani 1, 29-34

Inyigisho yateguwe na Padiri Jérémie Habyarimana

Izina rizura abazimu rikazahura abazimiye: Yezu

Uyu munsi turibuka tunahimbaze igihe tubikunze IZINA RITAGATIFU RYA YEZU. Yohani Batista aramwerekana ahimbawe ko ari Ntama w’Imana uvanaho icyaha cy’isi. Naho Yohani Intumwa amwikize yihanukiriye rwose avuga ko Yezu yazanywe no kuvanaho ibyaha, kandi akaba nta cyaha kiba muri we. Kandi ko umuntu wese ugumye muri we, atongera gucumura ukundi. Naho ucumura wese ntiyamubonye kandi ntiyamumenye. Nyamara kumumenya ntawe ubyiha. Na Yohani Batista yagombye kumuhishurirwa. Maze atangira guhamya ko uwo yari asanzwe abona adasanzwe. Ahubwo ari Umwana w’Imana uvanaho icyaha cy’isi.

Umuntu wese uhakana Mwana ntaba ari kumwe n’Imana Data

Inyigisho yo ku ya 2 Mutarama 2013

AMASOMO: 1º. 1 Yh 2, 22-28;  2º.Yh 1, 19-28

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Umuntu wese uhakana Mwana ntaba ari kumwe n’Imana Data

Mu gihe dukomeje kwishimira amabanga ya YEZU wigize umuntu, Yohani akomeje kudushishikariza gukomera ku Butumwa bwe twumvishe. YEZU KRISTU, Umwana w’Imana wigize umuntu, ni we isi yose ikirizwamo dore ko ari na We byose bikesha kubaho. Yohani aduhamagarira abishimikiriye kwitandukanya na Nyamurwanyakristu asobanuye ko ari umuntu wese wanga kwemera ko YEZU KRISTU ari Imana yigize umuntu. Uwakumva ayo magambo yakwibwira ko atagifite akamaro kuko isi yose yumvishe Inkuru Nziza. Yee, ku isi yose hatangajwe ko YEZU KRISTU Umwana w’Imana yapfuye abambwe akazukira kudukiza! Nyamaa ariko duhora twiyumvira ko hirya no hino ku isi hari aho aba-KRISTU bagitotezwa n’abahakana iryo banga ry’ugucungurwa kwacu. Ku isi yose kandi tuhasanga abayoboke ba KRISTU muri Kiliziya badahwema guhuzagurika no kwitandukanya n’ukwemera bakiriye kuva babatizwa!

Bavuga ko Nyamurwanyakristu agiye kuza

Inyigisho yo ku wa 31 Ukuboza 2012, Igihe cya Noheli

AMASOMO: 1º. 1 Yh 2, 18-21; 2º. Yh 1, 1-18

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Bavuga ko Nyamurwanyakristu agiye kuza

Kuri uyu munsi urangiza umwaka wa gisivili, Yohani intumwa adufashije kuzirikana no gukomera kuri YEZU KRISTU wavukiye kutumurikira ngo tuve mu mwijima. Twongeye kuzirikana Ivanjili ya YEZU KRISTU uko yanditswe na Yohani, bityo twiyibutsa ko kwemera Izina rya YEZU kugera ku ndunduro ari ko kuba abana b’Imana by’ukuri. Ibyo avuga kuri Nyamurwanyakristu, ni byo bikwiye gutuma tuba maso tukirinda gusabayangwa muri iyi si.

Nyamurwanyakristu Yohani avuga ni umuntu uwo ari we wese wemeye KRISTU akagendana n’ikoraniro ry’abemera ariko nyuma agahinduka undi wundi kubera impamvu zinyuranye.

Nimurebe urukundo ruhebuje Imana Data yadukunze

Inyigisho ku munsi mukuru w’Urugo rutagatifu

Ku ya 30 Ukuboza 2012 

AMASOMO:1º. 1 Sam 1,20-22.24-28 ; 2º. 1 Yh 3, 1-2.21-24; 3º. Lk 2, 41-52

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Nimurebe urukundo ruhebuje Imana Data yadukunze 

1.Twizihije umuryango mutagatifu 

Ukwigira umuntu kw’Imana, ni ibanga rihanitse. Kugira ngo tuyimenye muri twe igendana natwe aho dutuye, ni ibintu bidapfa gushyikirwa. Nyuma y’imyaka irenga ibihumbi bibiri ibyo bibaye, turabizirikana tukumva tugiriye imbabazi abantu bo mu ikubitiro batabashije gusobanukirwa n’uko ibyahanuwe byujujwe. Dutekereze ubuzima bwa BIKIRA MARIYA: yagaragaraga nk’umukobwa nk’abandi. Tumwitegereze ari mu rugo hamwe na YOZEFU. Dutangazwe n’ukuntu babanaga bazira inenge n’ubwo ab’icyo gihe batabibonaga. Twitegereze YEZU: ukuntu yabaye umwana nk’abandi mu rugo, uburyo yajyanaga n’ababyeyi buri mwaka i Yeruzalemu gusenga. Tumwitegereze afite imyaka cumi n’ibiri nk’abandi bana b’icyo gihe…Iyo tuzirikanye cyane ubwo buzima bwabo, twiyumvisha ko bitari byoroshye icyo gihe kwemera ko ari Imana ubwayo iri ku isi.