Uri mu rumuri agakomeza kwanga umuvandimwe we

Inyigisho yo ku wa 29 Ukuboza 2012, Mu gihe cya Noheli: 

AMASOMO: 1º. 1 Yh 2, 3-11; 2º.  Lk 2,22-35

Inyigisho ya Padiri Cyprien BIZIMANA 

Uri mu rumuri agakomeza kwanga umuvandimwe we 

Kuri uyu munsi wa kane nyuma yo kwishimira ko Urumuri rutangaje, dukomeje kwizihirwa mu mutima kuko urwo Rumuri tururimo rwose. Ariko na none twitonde, hari igipimo cya ngombwa. Tureke guhubuka. Tubanze twibaze niba dukunda abavandimwe bacu. 

Ikirangantego cy’Urumuri rutangaje, ni Urukundo. Utarangwa n’Urukundo, ni we wibwira ko ari mu Rumuri nyamara aba yibereye mu mwijima. Uwibwira ko ari mu Rumuri ariko akikundira abamukunda gusa, uwo na we ari mu mwijima. Twibuke ko YEZU yatubwiye ko umuvandimwe wacu ari umuntu wese waremwe mu ishusho ry’Imana. Yaba umunyamahanga, yaba uwo mu bundi bwoko cyangwa mu kandi karere, uwo ni umuvandimwe wanjye ngomba gukunda niba koko ndi mu Rumuri. Birumvikana ko hari abo nita inshuti kuko twegeranye mu bitekerezo kandi koko duharanira ibyiza by’ijuru nta kubusanya. Hagati yacu Urukundo ruriyongera, dukuza Imana maze tugakura mu Rukundo. Tugirana umusabano uhamye.

Barazira iki?

Inyigisho yo ku wa 28 Ukuboza 2012:

ABANA B’I BETELEHEMU BAHOWE YEZU

AMASOMO: 1º. 1 Yh 1, 5-10; 2,1-2;  2º. Mt 2, 13-18 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Barazira iki? 

Uko bisanzwe kuri iyi tariki, Kiliziya yibuka abana bose b’i Betelehemu bahitanywe na Herodi. Twibuka amarira y’abo babyeyi bahekuwe. Aho URUMURI rwatangaje umwijima washatse kuhabundikira! Aho ineza yigaragaje inabi n’ubugome byahacuze inkumbi! N’ uyu munsi, ni uko bigenda hari inzirakarengane nyinshi zinganjemo abana bari ku ibere ndetse n’abataravuka, zose zihitanwa n’ab’inabi yahumye amaso y’umutima. Abo bana bazize iki? Ab’iki gihe barazira iki?

Imana ni Urumuri kandi muri yo ntiharangwa umwijima na busa. Iyo umuntu yirata ngo yunze ubumwe n’Imana nyamara akagendera mu mwijima, aba abeshya, ntaba akora ibihuje n’Ukuri. Ni ko Yohani intumwa yabidusobanuriye. Herodi n’abandi bayahudi bibwiraga ko bazi Imana ya Israheli kandi bari bategereje ukwigaragaza kwayo kwahanuwe kuva kera n’abahanuzi. Nyamara Imana yarahingutse barayihiga.

Ibyo twiyumviye kuri Jambo Nyir’ubugingo

Inyigisho yo ku wa 27 Ukuboza  2012: 

MUTAGATIFU YOHANI INTUMWA

AMASOMO: 1º. 1 Yh 1, 1-4,  2º. Yh 20, 2-8

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA 

Ibyo twiyumviye kuri Jambo Nyir’ubugingo 

Turacyari mu byishimo bya Noheli. Urumuri rwarigaragaje. Abarwakiriye bishimiye kuva mu mwijima wari ubabundikiye. Ni mahire gukurikiza Noheli iminsi mikuru y’abatagatifu bakiriye Urumuri nta kujijinganya. Sitefano twahimbaje ejo, we yemeye gupfira YEZU rugikubita. YOHANI INTUMWA duhimbaza none yabaye indahemuka kuri YEZU KRISTU. Ntiyigeze atatira Inkuru Nziza. Nta gihe yigeze atakaza mu by’isi. Yamamaje YEZU KRISTU kugeza atashye mu ijuru. Yanditse Ivanjili yandika amabaruwa agamije gukomeza abavandimwe mu kwemera. Ni we kandi YEZU yeretse Bikira Mariya amubwira ko ari we Mama we. Iryo banga ry’urukundo rw’umubyeyi yarikomeyeho aranaridushyikiriza. Natwe dufite inshingano zo kurishyikiriza abandi.

Nuko Jambo yigira umuntu, abana natwe

Ku wa 26 Ukuboza 2012: MUTAGATIFU SITEFANO

AMASOMO: 1º. Int 6, 8-10;7, 54-60 ; 2º. Mt 10, 17-22

Inyigisho yateguwe na Padiri Alexandre UWIZEYE

Inyigisho ya Noheli 2012

Bavandimwe, none turahimbaza umunsi mukuru w’ivuka ry’umucunguzi wacu Yezu Kristu. Yezu twategerezaga, Yezu twahoraga twifuza, yavutse muri iri joro. Noheli nziza. Noheli y’amahoro n’ibyishimo. Tuzirikane ku rukundo Imana yakunze abantu, kugera ubwo itwoherereza Umwana wayo ngo aducungure.

  1. « Nuko Jambo yigira umuntu maze abana natwe… » (Yh 1,14)

Ibyo byabereye muri Israheli, hashize imyaka irenga 2000. Dore uko byagenze. Mariya n’umugabo we Yozefu batuye i Nazareti, mu ntara ya Galileya, mu majyaruguru y’igihugu cya Isiraheli. Kubera itegeko rya Kayizari Ogusito, Umwami w’abami w’i Roma, bagomba kujya i Betelehemu mu ntara ya Yudeya mu majyepfo ya Isiraheli, aho Yozefu akomoka kwibaruza. Rwari urugendo rw’iminsi hafi itatu. Byasabaga gucumbika. Yozefu na Mariya wari ukuriwe, bageze i Betelehemu, bashaka icumbi ribakwiriye, barazenguruka hose bararibura. Kubera ko batari bakize, babura ubakira. Bajya mu kiraro cy’amatungo, aho niho Yezu yavukiye. Hari akavure amatungo yariragamo. Bagasasamo utwenda, baryamishamo uruhinja.