Twaharanira dute Ingoma y’Imana muri iki gihe cya Adiventi

Inyigisho yo ku wa kane w’icyumweru cya 2 cya Adiventi, 

Ku ya 13 Ukuboza 2012

Amasomo matagatifu: Iz 41, 13-20; Mt 11, 11-15

Inyigisho ya Diyakoni Théoneste NZAYISENGA, Seminari Nkuru ya Nyakibanda 

1. Adiventi, igihe gikomeye cy’umwaka wa liturujiya 

Bavandimwe, dukomeje guhimbaza igihe cy’Adiventi, igihe gikomeye cya liturujiya, umwaka C. Igihe cy’Adiventi kimara ibyumweru bine, kikatwibutsa gutegereza Umukiza, twishimye, twambaza, twihana kugira ngo avukire mu mitima yacu. Nk’uko tumaze iminsi tubizirikana, Icyumweru cya 1 cy’Adiventi cyaranzwe n’imvugo ishushanya kandi ihishura ibihe bya nyuma, amaza n’ihindukira rya Nyagasani. Mu cyumweru cya 2 n’icya gatatu, Ibyanditswe bitagatifu bigaruka cyane kuri Yohani Batista, integuza ya Yezu Kristu: « Habayeho umugabo woherejwe n’Imana izina rye rikaba Yohani, yazanwe no guhamya iby’urwo rumuri kugira ngo bose bamukeshe kwemera » (Yh 1, 6). Ni na we Yezu ubwe atangira ubuhamya agira ati: « Mu bana babyawe n’abagore, ntihigeze kuboneka uruta Yohani Batista». Ni we Eliya abahanuzi nka Malakiya (3,23) bahanuye ko agomba kugaruka ku isi ngo atunganye amaza y’Umukiza. Bityo, Yezu yigisha ko Eliya yagarutse, ariko akaza ari Yohani Batista.

Nimwikorere umutwaro wanjye kandi mundebereho

Inyigisho yo ku wa 3 w’icyumweru cya 2 cya Adiventi

Ku ya 12 Ukuboza 2012 

AMASOMO: 1º. Iz 40, 25-31; 2º. Mt 11, 28-30 

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Nimwikorere umutwaro wanjye kandi mundebereho 

Ni ko YEZU KRISTU avuze. Abarushye n’abaremerewe muri uru rugendo turimo, ni benshi. Twese tuributswa ko tutahawe umutwaro urenze imbaraga zacu. N’ikimenyimenyi, ni uko umwaka ushira undi ugataha tugitaka ariko ubuzima bugakomeza. YEZU KRISTU aradukunda cyane. Aduhora hafi. Kumugirira icyizere ni byo biduha gukomera no gukomeza urugendo. Abakiri bato baradohoka n’abagabo b’inkorokoro bagasubira inyuma. Ariko abiringira Uhoraho bazongera kubona imbaraga.

Wowe ugiye gucika intege mu mubano wawe n’umugabo wawe, zirikana imyaka amasezerano yanyu amaze ! Buri munsi uraganya ukiganyira gukomeza. Nyamara imyaka ishize n’isigaye, ntaho bihuriye.

Mvuge iki se? Ibinyamubiri ni ibyatsi byose

Inyigisho yo ku wa kabiri w’icyumweru cya 2 cya Adiventi,

Ku ya 11 Ukuboza 2012

AMASOMO: 1º. Iz 40, 1-11;  2º. Mt 18, 12-14

Inyigisho yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Mvuge iki se? Ibinyamubiri byose ni ibyatsi

Kuva yacumura ku Mana bwa mbere, inyoko muntu irireba igahangayika. Iyo nta ngorane izi n’izi afite, muntu aba ku isi yishimye. Ariko uko kwishima kunyurwamo n’ubwoba bwo gupfa. Ahora ahangayitse kuko urupfu rumutwara igihe rushakiye kandi atazi. Ahorana igihunga cy’urwo runyagwa rumutungura rukamubika mu gitaka nta kubura umutwe. Nyuma y’urupfu nta kizere cy’ubuzima. Urwo rupfu ariko n’izo mpungenge byahimbaga Umwana w’Imana atarahinguka ku isi.

Mbere y’akanunu k’Inkuru Nziza ya YEZU KRISTU, abantu bahoraga batekereza ku mibereho yabo yo ku isi. Babagaho baharanira ubuhangange bw’isi. Habagaho abantu b’ibyatwa mu kwigarurira abandi n’ibihugu byinshi. Abami bateraga abandi abo birengeje bakabahigamira bakagenga amahanga menshi. Imiryango y’abantu yaharaniraga kugira amaboko no gukomera.

Mubwire abakutse umutima muti “Nimukomere…”

Inyigisho yo ku wa mbere w’icyumweru cya 2 cya Adiventi

Ku ya 10 Ukuboza 2012

AMASOMO: 1º. Iz 35, 1-10; 2º. Lk 5, 17-26

Yateguwe na Padiri Cyprien BIZIMANA

Mubwire abakutse umutima muti: “Nimukomere…”

Muri iki gihe, ubu butumwa burakenewe cyane. Mu gihe twitegura guhimbaza Noheli, ntidushobora gukora nk’aho ibintu byose bigenda neza cyangwa se nk’aho abantu bose bamerewe neza. Twemera ko ukwemera kudufasha kumererwa neza. Uri kumwe na YEZU KRISTU kandi amukunda kuruta byose na bose, ntashobora gusuhererwa bimuganisha mu kwiyahura n’aho yaba yagirijwe bingana iki? Ariko na none ntituyobewe uburemere bw’amakuba duhura na yo ku isi. Ntituyobewe uburyo aduhungabanya yuririye ku ntege nke cyane za kamere ya mwene Adamu woretswe na Sekibi mu ntangiriro y’iremwa rye. Ni yo mpamvu mu nyigisho ze, YEZU KRISTU yakunze kugaragariza indoro yihariye y’urukundo abamerewe nabi, aboro n’indushyi, abatsikamiwe ku buryo bwinshi.

Mvuze ko muri iki gihe turimo, abakutse umutima ari bo benshi sinaba nkabije. Hari abatewe ubwoba n’indwara z’ibyorezo zidafite kivura kandi zibabaza cyane nka kanseri, sida n’izindi.